• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 12, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hasabwe kuvana umu ijima ukigaragara mu biganiro bivugwa hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
March 15, 2025
in Regional Politics
0
Uko byagenze kugira ngo Tshisekedi yemere kuganira na m23.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hasabwe kuvana umu ijima ukigaragara mu biganiro bivugwa hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa.

Mu biganiro bivugwa ko bizahuza umutwe wa m23 na Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo biracyavugwamo urujijo, kubera ko kugeza ubu ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi butarabitangaza byeruye.

READ ALSO

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

Ibiro by’umukuru w’igihugu cya Angola bihuruka gutangaza ko perezida w’iki gihugu, Joao Lourenco, yiteguye kwakira ibiganiro by’imishikirano hagati ya m23 na Leta ya Congo.

Ndetse na nyuma yabwo gato, perezidansi y’iki gihugu cya Angola, yahise ikurikizaho irindi tangazo rimenyesha ko iyo mishyikirano izaba tariki ya 18/03/2025, kandi ko izabera i Luanda muri Angola.

Iyi mishyikirano ikaba igamije gushakira hamwe igisubizo kirambye cy’u mutekano muke w’u Burasizuba bwa Congo.

Nyuma y’aho Angola ishyize aya makuru hanze, ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa m23 n’uwa Twirwaneho ndetse n’indi, ryahise risohora itangazo rigaragaza ibigomba gusobanuka.

AFC muri iryo tangazo yabanje gushimira umuhate wa perezida wa Angola, Joao Lourenco, kuba yarakomeje gushyiramo imbaraga mu nzira zo gushaka amahoro n’ituze muri Repubulika ya demokarasi ya Congo no mu karere k’ibiyaga bigari.

Rivuga ko AFC yakiriye neza itangazo ryatanzwe na Angola, nyuma y’aho perezida Joao Lourenco aganiriye na perezida Felix Tshisekedi.
Iri huriro rikomeza rivuga ko nk’uko ryakunze kubivuga “nta wundi muti wa gisirikare wakemura umuzi w’ibibazo bikomeje kugaragara muri RDC.”

Maze rivuga kandi ko nubwo hatangajwe iby’ibi biganiro, ariko ko ubutegetsi bw’iki gihugu cya RDC butahwemye kurahira bukirenga ko budateze kuganira n’umutwe wa m23, ndetse ko n’umuvugizi wa Leta y’i Kinshasa, Patrick Muyaya aherutse gushimangira uwo murongo wa Tshisekedi wagaragaje kenshi ko udateze kuganira n’uyu mutwe.

Kubw’iyo mpamvu, AFC/M23 yagaragaje ingingo 2 zikwiye kubanza gukiranurwa kugira ngo hasobanuke ibyerekeye ibi biganiro. Risaba Angola ishyinzwe ubwo buhuza, gusobanura neza niba Tshisekedi yaremeye byeruye kuganira n’iri huriro bitaziguye.

Ubundi kandi AFC isaba ko hatangwa umucyo ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yemerejwe mu nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize imiryango ya SADC na EAC yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania tariki ya 08/02/2025.

Ku rundi ruhande, hari amakuru ataremezwa avuga ko Tshisekedi ari muntambara ikakaye, aho ubutegetsi bwe bu mumereye nabi, ni nyuma y’aho perezidansi ya Angola ishize ari ya makuru hanze nyuma yuko aganiriye na mugenzi we Joao Lourenco. Bikavugwa ko ibyo bishobora gushyira ubuzima bwe mu kaga gakomeye.

Nk’uko bivugwa hari uruhande rwo muri iyi Leta rutumva ibyo kuganira n’uyu mutwe wa m23, uru rusaba Tshisekedi guhita ava ku butegetsi, nyamara urundi narwo rugashigikira ko haba ibiganiro hagati ya m23 na Leta yabo, kuko rwo rwifuza ko iyi ntambara yashyirwaho akadomo kanyuma ubundi amahoro agasagamba.

Tutibagiwe kandi ko n’ubushize, Angola yemereye perezida Felix Tshisekedi ubugungiro, ariko ko nta bufasha izamuha bwa gisirikare, ni nyuma y’uruzinduko rwo mu ibanga uyu mukuru w’igihugu yari yagiriye i Luanda muri Angola, bikaza gushirwa hanze n’umwe mu banyamakuru b’i Kinshasa ukurikiranira hafi ibya perezida Felix Tshisekedi.

Hagataho, iyi nkuru Minembwe Capital News izakomeza kuyikurikiranira hafi.

Tags: I LuandaibiganiroKinshasaM23

Related Posts

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

September 10, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi

September 9, 2026
Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History
Regional Politics

Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History

September 9, 2026
Next Post
Umuganda udasanzwe wakorewe ku kibuga cy’indege cya Minembwe.

Umuganda udasanzwe wakorewe ku kibuga cy'indege cya Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
  • Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
  • C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?