• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatangajwe Abarundi bamaze kwicwa mu myaka 4 perezida Evariste Ndayishimiye amaze ayoboye u Burundi.

minebwenews by minebwenews
September 3, 2024
in Regional Politics
0
Hatangajwe Abarundi bamaze kwicwa mu myaka 4 perezida Evariste Ndayishimiye amaze ayoboye u Burundi.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatangajwe Abarundi bamaze kwicwa mu myaka ine perezida Evariste Ndayishimiye amaze ayoboye u Burundi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni raporo yashyizwe hanze n’ishirahamwe rya FECODE, riyobowe na Pacifique Nininahazwe, aho muri iyi raporo avuga ko mu myaka ine perezida Evariste Ndayishimiye amaze ayoboye u Burundi hamaze kwicwa abantu babarirwa 120, hakaba hari n’abandi baburiwe irengero.

Mu minisi mike ishize, amashirahamwe arengera ikiremwa muntu ku Isi arimo na Amnesty international, yemeje ko abenegihugu bishwe cyane mu Burundi mu myaka ine perezida Ndayishimiye amaze ayoboye iki gihugu, kandi anagaragaza ko abishwe ahanini bagiye bicwa n’inzego zishinzwe ubutasi bafatanije n’Imbonerakure.

Ishirahamwe rya FECODE, binyuze mu matohoza ryakozwe, azwi nka “ndondeza” rihamya ko abantu rimaze kumenya bishwe kuri iyi ngoma ya Evariste Ndayishimiye ari 120.

FECODE ivuga ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka w’ 2024, abo yamenye baburiwe irengero muri iki gihugu cy’u Burundi ni 25.

Uyoboye FECODE, Pacifique Nininahazwe, mu kiganiro aheruka guha ijwi ry’Amerika, yavuze ko ikibabaje kikanatera ubwoba ari ishirahamwe ry’igihugu rishinzwe kurengera ikiremwa muntu (CNIDH) mu Burundi ritagaraza akaga Abarundi bahura nako, ni mu gihe mu byegeranyo rimaze gukora bigera muri bitanu, byo kuva mu mwaka w’ 2019, nta na hamwe ryigeze rivuga ku Barundi bagiye baburirwa irengero.

FECODE yo ikaba yagaragaje ko hari abantu 166 baburiwe irengero muri iyi myaka ine, u Burundi bumaze buyobowe na Evariste Ndayishimiye.

Amwe mu mashirahamwe akorera muri iki gihugu, arimo nka ACOPA Burundi na FOLUCON F, aharanira ku bungabunga amahoro n’umutekano mu Burundi, yavuze ko raporo zirimo gusohoka muri iyi minsi zivuga kwihonyora rikorerwa ikiremwa muntu muri iki gihugu zitarimo ukuri, ndetse avuga ko ibyo bishobora kwanduza isura y’iki gihugu n’amatora ateganyijwe kuba.

Umwe wo muri ayo mashirahamwe utarashatse kuvuga amazina ye ubwo yavuganaga n’ijwi ry’Amerika, yamaganye abavuga ko mu Burundi hubahirizwa ikiremwa muntu.

Yagize ati: “Ababona uko, ni Abarundi bakorera mu mashirahamwe akorera mu kwaha ku butegetsi bwa CND FDD. Ni nde murundi utazi ko mu Burundi nta burenganzira bwa muntu buharangwa?”

Muri raporo ya ririya shirahamwe rya Amnesty international iheruka kuja hanze, yerekanye ko abaharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi n’abenegihugu batidegembya.

Ivuga ko abenshi bafunzwe, abandi baricwa n’abandi benshi baburirwa irengero hamwe n’abahunze iki gihugu.

Iri shirahamwe rikagaragaza ko mu bikunzwe gutangazwa na perezida Evariste Ndayishimiye ku bijanye n’uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu, bidashyirwa mu ngiro ko hubwo bihera mu magambo gusa.

             MCN
Tags: AbarundiAyoboyeBishweEvariste NdayishimiyeMu myaka ine
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umubare w’imfungwa zaguye muri Gereza ya Makala i Kinshasa wa menyekanye.

Umubare w'imfungwa zaguye muri Gereza ya Makala i Kinshasa wa menyekanye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?