Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Havuzwe aho ingabo za FARDC zerekeje ziva mu mujyi wa Uvira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 16, 2025
in Conflict & Security
0
Havuzwe aho ingabo za FARDC zerekeje ziva mu mujyi wa Uvira.
113
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe aho ingabo za FARDC zerekeje ziva mu mujyi wa Uvira.

You might also like

Abunganira Mutamba bagize icyo basaba urukiko.

AFC/M23 yambuye ihuriro ry’Ingabo za RDC uduce twinshi.

Hatowe ibisasu n’imbunda byari byarahishwe na FARDC n’Ingabo z’u Burundi.

Abasirikare benshi ba Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) hamwe n’imitwe yitwaje intwaro isanzwe ikorana byahafi nazo irimo uwa FDLR n’uwa Wazalendo bavuye mu mujyi wa Uvira baja i Luvungi mu rwego rwo kugira ngo zitangire kugaba ibitero i Kamanyola, Nyangenzi n’i Bukavu, ahagenzurwa na AFC/M23.

Luvungi ni agace gaherereye mu Kibaya cya Rusizi ahazwi nko muri Plaine Dela Ruzizi akaba ari ho hari uduce tugabanya teritware ya Walungu na Uvira muri Kivu y’Amajyepfo.

Amasoko yacu atandukanye avuga ko ku cyumweru tariki ya 13/04/2025, ni bwo abasirikare benshi ba Leta y’i Kinshasa bavuye mu mujyi wa Uvira berekeza muri aka gace ka Ruvungi.

Ubwo berekezaga muri ako gace, amakuru avuga ko bajyanye n’abarwanyi bo muri iriya mitwe yitwaje intwaro isanzwe ikorana byahafi n’iki gisirikare cya RDC.

Ariko nk’uko aya makuru akomeza abivuga abasirikare ba Leta ntabwo bavuye bose muri Uvira, hubwo hasigaye ikindi gice gito hamwe kandi na Wazalendo bake ndetse na FDLR.

Aya makuru agira ati: “FARDC, FDLR na Wazalendo hafi yabose, bavuye mu mujyi wa Uvira baja i Luvungi. Barashaka gutangiza intambara kuri AFC/M23 mu bice yabambuye.”

Akomeza agira ati: “Ariko ntabwo bagiye bose, hari abandi bake basigaye hano mu mujyi wa Uvira.”

Kuva umutwe wa M23 wigarurira i Kamanyola mu mpera z’ukwezi kwa kwa mbere uyu mwaka wa 2025, ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa RDC zakomeje kuyigabamo ibitero bigamije kuyigarurira ariko uyu mutwe uka bisubiza inyuma.

Inshuro zirenga zine muri uku kwezi gushize, iri huriro ryagabye ibitero kuri uyu mutwe mu duce ugenzura two muri iki Kibaya cya Rusizi, bikarangira bisubijwe inyuma.

M23 igenzura igice kinini cyo mu Kibaya cya Rusizi, kuko niyo ireba agace ka Gatogota haherereye mu ntera ngufi uvuye i Luvungi, n’utundi dusozi twingenzi two muri ako gace.

Tags: FardcLuvungiUvira
Share45Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Abunganira Mutamba bagize icyo basaba urukiko.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Abunganira Mutamba bagize icyo basaba urukiko.

Abunganira Mutamba bagize icyo basaba urukiko. Mu rubanza Constant Mutamba wabaye minisitiri w'ubutabera wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, abanyamategeko bamwunganira barubwiriyemo urukiko rusesa imanza rumuburanisha ko yarugejejwemo...

Read moreDetails

AFC/M23 yambuye ihuriro ry’Ingabo za RDC uduce twinshi.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
AFC/M23 yateye indi ntambwe ikomeye mu rugamba irimo rwo kubohora RDC.

AFC/M23 yambuye ihuriro ry'ingabo za RDC uduce twinshi. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryafashe uduce twagenzurwaga n'ingabo za Congo, duherereye muri teritware ya Masisi mu ntara ya...

Read moreDetails

Hatowe ibisasu n’imbunda byari byarahishwe na FARDC n’Ingabo z’u Burundi.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Hatowe ibisasu n’imbunda byari byarahishwe na FARDC n’Ingabo z’u Burundi.

Hatowe ibisasu n'imbunda byari byarahishwe na FARDC n'Ingabo z'u Burundi. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryatoraguye ibisasu n'intwaro zari zarahishwe mu bice byo mu mujyi wa Goma...

Read moreDetails

Kivu y’Epfo: Abakora ubutabazi bari kugerageza bashakisha abagwiriwe n’ikirombe.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Kivu y’Epfo: Abakora ubutabazi bari kugerageza bashakisha abagwiriwe n’ikirombe.

Kivu y'Epfo: Abakora ubutabazi bari kugerageza bashakisha abagwiriwe n'ikirombe. Mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, abakora ubutabazi bari gukoresha amaboko gusa hamwe n'ibikoresho biciriritse mu kugerageza...

Read moreDetails

Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Leta y'i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw'igihugu. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yatangaje ko igiye gukora ibishoboka byose kugira ngo igarure amahoro...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe aho ingabo za FARDC zerekeje ziva mu mujyi wa Uvira.

DRC Soldiers and Armed Groups Leave Uvira for Luvungi to Launch Attacks on M23-Controlled Areas

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?