Havuzwe amakuru y’uburyo Abanyamulenge bongeye gutotezwa i Uvira.
I Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, ahimuriwe ibiro bikuru by’intara ku ruhande rwa Leta ya Congo, amakuru ava yo avuga ko guhohotera Abanyamulenge byongeye gufata indi ntera.
Ni bikubiye mu butumwa bugufi bwanditse, umwe mu baherereye muri iki gice cya Uvira yahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 19/06/2025.
Ubu butumwa yaduhahe bugira buti: “Hano i Uvira abantu turi gutotezwa cyane na Wazalendo. Biratubabaje si nabona uko mbisobanura!”
Uyu munya-b’Uvira mu butumwa bwe yakomeje agira ati: “Mu kanya aba Wazalendo binjiranye umugore wa Dr Ruturwa, bamufatiraho imbunda, barangije bamwaka amafaranga yose yar’afite aho. Rero sinzi uko abantu bagira ariko mudutabarize.”
Ni ubu butumwa bunagaragaza ko icyo gikorwa cyabaye igihe c’isaha ya saa ine z’igitondo cyo kuri uyu wa kane ku masaha ya Minembwe na Bukavu.
Mu bihe bitandukanye aha i Uvira Abanyamulenge bagiye bahototerwa, bagakorerwa n’iyicyarubozo, babikorewe n’imitwe yitwaje intwaro isanzwe ikorana byahafi n’Ingabo za Leta ya Congo.
Barahicirwa, bakanahafungirwa bazira inkomoko yabo n’amasura yabo, nk’uko biganda bisobanurwa n’imiryango itandukanye ahanini itegamiye kuri Leta.
Umusibo ejo ku wa gatatu, ni bwo hari hafashwe Abanyamulenge abari bageze aha i Uvira baturutse i Ndondo ya Bijombo.
Ni mu gihe bari bahazanye umurwanyi uwo baje bikoreye ku gipoyo. Wazalendo barabafata barabakubita, kandi babambura n’ibyabo.
Igitangaje, ibyo babikoze mu gihe aba Banyamulenge bari bazanye umurwanyi ku muvuriza i Uvira, baje baherekejwe n’abasirikare b’u Burundi bakorera muri iyo misozi y’i Ndondo ya Bijombo. Ariko ntacyo bafashije aba bari baherekeje.
Iyi Uvira ikomeje kuberamo ibi bikorwa byo guhohotera Abanyamulenge, ni yo yashyizwemo ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yuko ihuriro rya AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bifashe umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara tariki ya 16/02/2025.
Iyi mitwe yombi yanafashe n’ibindi bice byinshi byo muri iyi ntara harimo na komine ya Minembwe iherereye muri teritware ya Fizi.