Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Havuzwe ibyo Trump yaganiriye na Obama, abagabo batacyanaga uwaka.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 10, 2025
in World News
0
Havuzwe ibyo Trump yaganiriye na Obama, abagabo batacyanaga uwaka.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe ibyo Trump yaganiriye na Obama, abagabo batacyanaga uwaka.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Hatahuwe ibyo Donald Trump yaganiriye na Barack Obama wayoboye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu kiganiro cyatunguye abatari bake.

Iki kiganiro Obama na Trump bakigiranye ahar’ejo tariki ya 09/1/2025 ubwo bari mu muhango wo gushingura uwahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Jimmy Carter uheruka kwitaba Imana.

Nk’uko amakuru avuga iki kiganiro aba bagabo bombi bagikoze bari kongorerana, bakaba kandi bari begeranye, ibyatunguye benshi kuko bataheruka kwegerana.

Umwe munararibonye mu gutahura ibiganiro bya bereye muri bucece, yavuze ibyo Trump yaganiriye na Obama.

Gusa muri icyo kiganiro byagaragaye ko Trump yubashye mugenzi we Obama yasimbuye ariko bakaba batarakunze guhuza mu kahise kabo. Kandi byagaragaye ko Obama ari we wateruga ingingo, akongorera uwabo, nawe agahita asa nushaka ku mwegera cyane kugira ngo amwumve, ngo yanagendaga amusubiza azunguza umutwe, awuroza hasi ubundi hejuru. bikavugwa ko yemeraga ibyo yamubwiraga.

Amashusho yashyizwe hanze y’aba banyacyubahiro, yagiye agarukwaho cyane n’ibitangaza makuru no kumbuga nkoranyambaga.

Aharero, niho abahanga mu gutahura ibiganiro nk’ibi byabereye mu rwongorerano, bagendeye ku bimenyetso by’umunwa no kuzunguza umutwe bijanye naho uwuganisha.

Bavuze ko “baganiraga ku ngingo zikomeye!”

Uwitwa Jeremy Freeman, umuhanga mu gusoma ibimenyetso by’iminwa agatahura ibyatangazwaga mu kiganiro cya bucece, yavuze ko Obama na Trump bashobora kuba baganiraga kubyerekeye amasezerano mpuzamahanga.

Uyu muhanga mu kiganiro yagiranye n’itangaza makuru ryo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, The new York Post, yavuze ko muri iki kiganiro cya Obama na Trump, baganiraga bati: “Ubu ntibyashoboka ko tubiganiraho, twazashaka ikindi gihe, kandi tukareba ahantu hatuje. Iyi ni ngingo y’ingira kamaro, dukwiye kuzabikoraniriraho ahandi hantu kugira ngo tubiganireho byimbitse atari uyu mwanya.”

Byavuzwe kandi ko Trump na Obama bari kumwe n’abafasha babo aho hafi ku ruhande.

Trump ubwo yasubizaga Obama, yagize ati: “Nafashe icyemezo cyo kubivamo. Byari ibyingenzi. Urabyiyumvisha ariko?”

Nanone kandi hagaragaye irindi jambo Trump yavuze muri iki kiganiro, aho bavuze ko yabanje kumwenyura ubundi akagira ati: “Ariko rero nzabikora.” Aha kamera ngozahitaga zibavaho.

Kimweho byavuzwe ko muri manda ya mbere ya Trump, yahagaritse umushinga w’amasezerano ya Obama wo muri 2015 w’ingufu za kirimbuzi hamwe na Iran, ndetse anakura igihugu cye mu masezerano ya 2016 ku ngamba z’imihindagurikire y’ibihe y’ipari mu Bufaransa, ariko ntibyemezwa koko ari iz’ingingo baganiraho muri icyo kiganiro.

Tags: ObamaTrump
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
I Fizi hafungiwe abasore ba Banyamulenge, abandi bishwe.

Ibiturika byinshi byumvikaniye ku misozi ya Uvira, menya ukwabyo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?