• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Havuzwe impamvu FARDC iri gukubitwa kubi muri Kivu Yaruguru.

minebwenews by minebwenews
December 20, 2024
in Regional Politics
0
Havuzwe impamvu FARDC iri gukubitwa kubi muri Kivu Yaruguru.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe impamvu FARDC iri gukubitwa kubi muri Kivu Yaruguru.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ubutumwa buri muri audio Minembwe.com ikesha umurwanyi wo muri Wazalendo bugaragaza ko Ingabo z’u Burundi zitagihembwa nk’uko byari bitegekanyijwe, bityo zikaba zitakija mu rugamba, ibyatumye Ingabo za leta ya Kinshasa zamburwa ibice byinshi muri teritware ya Lubero n’ahandi.

Ni ubutumwa bwatanzwe nyuma y’aho M23 yirukanye FARDC n’abambari bayo mu mijyi myinshi iri muri teritware ya Lubero, iyo ni nka Mingi yafashwe ku wa gatatu, n’indi irimo Mambasa, Alimbongo na Matembe byafashwe ku Cyumweru no ku wa mbere.

Ubwo butumwa bukavuga ko ingabo z’u Burundi zashyizwe muri Wazalendo zitakirwana, ngo kuko nta mushahara zigihabwa ko ahubwo izo bagahawe zirya abayobozi bo hejuru bo mu Gihugu cyabo.

Ati: “M23 iri huta nk’ama inite(irtime), kandi nta kiyitangira, kuko FARDC ihabwa amafaranga nti rwana, abarwanaga mbere ni ingabo z’u Burundi zibarizwa muri Wazalendo. Kubera nta mushahara duhabwa natwe twabivuyemo. Rero biri mu biri gutuma FARDC yamburwa ibice byinshi.”

Uwo murwanyi aduha ubu butumwa, yavuze ko “umusirikare w’u Burundi uri mu Burasirazuba bwa RDC bitegekanyijwe ko ahabwa $ 400, ariko $ 50 ni yo yakira mu ntoki, izindi $ 350 zikoherezwa mu miryango yabo binyuze kuri Banki nkuru y’u Burundi(BRB).

Nyamara n’izo zinyuze kuri Banki nkuru y’u Burundi, ntizitangwa mu miryango yabo ziri umukwiro, kuko ziragabanywa cyane.

Yagize ati: “Ayo yitwa ko yoherezwa mu Burundi barayaturya. Ntayo duhabwa, ashobora no kumara amezi atatu imiryango itayabona. Kandi n’aya $50 bavuga ko baduhera kuri terrain ntabwo bayaduha. Dutunzwe no kwiba, twiba igihe twagiye muri operasiyo.”

Yakomeje avuga ko amasezerano yasinywe hagati ya perezida w’u Burundi n’uwa RDC, ni uko buri musirikare uri muri RDC w’umurundi ahabwa $500, ariko ko batazi uko zigaburwa.

Kimweho yemeje ko hari batayo idasanzwe(special) y’ingabo z’u Burundi ihabwa amafaranga buri kwezi. Iyo batayo kuri ubu iherereye muri centre ya Lubero muri Kivu Yaruguru.

Ibyo abitangaje mu gihe FARDC yakubiswe impande zose, usibye muri Lubero no muri Walikale nuko. Ku munsi w’ejo hashize M23 yarwaniye mu duce turimo ahitwa Kaina no mu nkengero zayo, ndetse biza kurangira uwo mutwe uhigaruriye, nk’uko byagiye bitangazwa ku mbugankoranyambaga.

Ni mirwano yongeye gutuma abaturage bo muri ibyo bice bata izabo, bamwe bakaba barahunze berekeza muri Kivu y’Amajy’epfo, abandi i Goma ku murwa mukuru w’intara ya Kivu Yaruguru.

Tags: FardcGukubitwaIngabo z'u BurundiWazalendo
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Byuzuye wari ufungiwe Uvira yafunguwe.

Byuzuye wari ufungiwe Uvira yafunguwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?