Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Havuzwe uko intambara yahinduye isura aho y’injiye mu gihugu cy’u Burusiya ivuye ku butaka bwa Ukraine.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 9, 2024
in Regional Politics
0
Havuzwe uko intambara yahinduye isura aho y’injiye mu gihugu cy’u Burusiya ivuye ku butaka bwa Ukraine.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe uko intambara yahinduye isura aho y’injiye mu gihugu cy’u Burusiya ivuye ku butaka bwa Ukraine.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni ibyatangajwe n’abategetsi b’u Burusiya aho bavuga ko igisirikare cya Ukraine cyambutse ku butaka bwabo akaba rero ariho hari kubera intambara.

Abasirikare ba Ukraine bagera ku 1.000, bafite n’ibimodoka by’i ntambara bya rutura bikabakaba 20, ndetse na za drone z’intambara zitatangajwe umubare, nibyo Ingabo za Ukraine zambukanye ku butaka bw’u Burusiya, nk’uko Abarusiya babitangaje.

Banavuga ko intambara ihanganishije ingabo za Ukraine n’iz’u Burusiya kwiri kubera mu gace ka Kursk ko mu Burusiya. Ibi bikaba byatumye leta y’u Burusiya ishiraho amategeko y’intambara kandi ikaba ikomeje no guhungisha abaturage bayo bava muri ibyo bice, ni mu gihe na Ukraine nayo yasabye abaturage bayo baturiye umupaka kuhava aho binavugwa ko abo baturage bagera ku 6.000.

Mu makuru amaze kuja hanze avuga ko igisirikare cya Ukraine ko cyamaze kwigarurira ahantu hangana n’ibirometero 10 uvuye ku mupaka wayo. Andi makuru yatanzwe n’urubuga rwa Telegram rwitwa Rybar, ruri hafi n’igisirikare cy’u Burusiya rwo rwatangaje ko igisirikare cya Ukraine ko cyamaze kwigarurira ahantu hangana n’ibirometero 25 ho kubutaka bw’u Burusiya uvuye ku mupaka wa Ukraine.

Ndetse ko kandi aba basirikare ba Ukraine ngo bakaba bafashe n’iriba rya gaze iryo Abarusiya bavomaga bakohereza mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi.

Ku rundi ruhande abategetsi b’u Burusiya batangaje ko Ingabo zabo zabashe guhagarika ibitero by’ingabo za Ukraine no kuzibuza gukomeza kuja imbere, perezida Vladimir Putin yatangaje ko ‘ari agasomborotso ko mu rwego rwo hejuru.’

Mu gihe umugaba w’ingabo z’igihugu cye we yavuze ko nubwo abasirikare ba Ukraine binjiye ku butaka bw’u Burusiya ariko ko igisirikare cye cyabashe kwica abasirikare benshi ba Ukraine, kandi ngwabandi barenga 200 bakaba bakomeretse.

Ntacyo Ukraine iratangaza kuri iki gitero, usibye ko bakivuga mu marenga. Bityo perezida Zelensky Volodymyr kuri uyu wa Kane tariki ya 08/08/2024, yashimiye ingabo ze kubera ukuntu zizi gutungurana no kugera ku ntego zayo. Ariko ntiyigeze akomoza kuri Kursk ahari kubera imirwano ku butaka bw’u Burusiya.

Naho umujanama wa Perezida wa Ukaraine yakoresheje urubuga rwa x, avuga ati: “Intambara ni ntambara uwaguteye agomba kwirengera ingaruka zayo byanze bikunze.”

Ni ubwa mbere igisirikare cya Ukraine kugaba igitero gikaze ku butaka bw’u Burusiya. Ubundi yakoraga udutero shuma cyangwa duto kandi nabwo igakoresha ikorana buhanga nka drone n’ibibunda birasa kure. Ubu rero ho byahindutse.

Inshuti za Ukraine zatunguwe kumva ibyo bitero ni mu gihe Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zasabye Ukraine kuyiha amakuru ahagije kuri ibyo bitero byambutse umupaka.

               MCN.
Tags: IntambaraKurskYahinduye isura
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Menya byinshi ku gitaramo icamamare mu muzika wa Gospal Israel Mbonyi ari gutegura i Nairobi.

Menya byinshi ku gitaramo icamamare mu muzika wa Gospal Israel Mbonyi ari gutegura i Nairobi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?