• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Havuzwe uko intambara yahinduye isura aho y’injiye mu gihugu cy’u Burusiya ivuye ku butaka bwa Ukraine.

minebwenews by minebwenews
August 9, 2024
in Regional Politics
0
Havuzwe uko intambara yahinduye isura aho y’injiye mu gihugu cy’u Burusiya ivuye ku butaka bwa Ukraine.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe uko intambara yahinduye isura aho y’injiye mu gihugu cy’u Burusiya ivuye ku butaka bwa Ukraine.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni ibyatangajwe n’abategetsi b’u Burusiya aho bavuga ko igisirikare cya Ukraine cyambutse ku butaka bwabo akaba rero ariho hari kubera intambara.

Abasirikare ba Ukraine bagera ku 1.000, bafite n’ibimodoka by’i ntambara bya rutura bikabakaba 20, ndetse na za drone z’intambara zitatangajwe umubare, nibyo Ingabo za Ukraine zambukanye ku butaka bw’u Burusiya, nk’uko Abarusiya babitangaje.

Banavuga ko intambara ihanganishije ingabo za Ukraine n’iz’u Burusiya kwiri kubera mu gace ka Kursk ko mu Burusiya. Ibi bikaba byatumye leta y’u Burusiya ishiraho amategeko y’intambara kandi ikaba ikomeje no guhungisha abaturage bayo bava muri ibyo bice, ni mu gihe na Ukraine nayo yasabye abaturage bayo baturiye umupaka kuhava aho binavugwa ko abo baturage bagera ku 6.000.

Mu makuru amaze kuja hanze avuga ko igisirikare cya Ukraine ko cyamaze kwigarurira ahantu hangana n’ibirometero 10 uvuye ku mupaka wayo. Andi makuru yatanzwe n’urubuga rwa Telegram rwitwa Rybar, ruri hafi n’igisirikare cy’u Burusiya rwo rwatangaje ko igisirikare cya Ukraine ko cyamaze kwigarurira ahantu hangana n’ibirometero 25 ho kubutaka bw’u Burusiya uvuye ku mupaka wa Ukraine.

Ndetse ko kandi aba basirikare ba Ukraine ngo bakaba bafashe n’iriba rya gaze iryo Abarusiya bavomaga bakohereza mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi.

Ku rundi ruhande abategetsi b’u Burusiya batangaje ko Ingabo zabo zabashe guhagarika ibitero by’ingabo za Ukraine no kuzibuza gukomeza kuja imbere, perezida Vladimir Putin yatangaje ko ‘ari agasomborotso ko mu rwego rwo hejuru.’

Mu gihe umugaba w’ingabo z’igihugu cye we yavuze ko nubwo abasirikare ba Ukraine binjiye ku butaka bw’u Burusiya ariko ko igisirikare cye cyabashe kwica abasirikare benshi ba Ukraine, kandi ngwabandi barenga 200 bakaba bakomeretse.

Ntacyo Ukraine iratangaza kuri iki gitero, usibye ko bakivuga mu marenga. Bityo perezida Zelensky Volodymyr kuri uyu wa Kane tariki ya 08/08/2024, yashimiye ingabo ze kubera ukuntu zizi gutungurana no kugera ku ntego zayo. Ariko ntiyigeze akomoza kuri Kursk ahari kubera imirwano ku butaka bw’u Burusiya.

Naho umujanama wa Perezida wa Ukaraine yakoresheje urubuga rwa x, avuga ati: “Intambara ni ntambara uwaguteye agomba kwirengera ingaruka zayo byanze bikunze.”

Ni ubwa mbere igisirikare cya Ukraine kugaba igitero gikaze ku butaka bw’u Burusiya. Ubundi yakoraga udutero shuma cyangwa duto kandi nabwo igakoresha ikorana buhanga nka drone n’ibibunda birasa kure. Ubu rero ho byahindutse.

Inshuti za Ukraine zatunguwe kumva ibyo bitero ni mu gihe Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zasabye Ukraine kuyiha amakuru ahagije kuri ibyo bitero byambutse umupaka.

               MCN.
Tags: IntambaraKurskYahinduye isura
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Menya byinshi ku gitaramo icamamare mu muzika wa Gospal Israel Mbonyi ari gutegura i Nairobi.

Menya byinshi ku gitaramo icamamare mu muzika wa Gospal Israel Mbonyi ari gutegura i Nairobi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?