Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I Fizi haravugwa imirwano ikaze.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 4, 2025
in Regional Politics
0
I Fizi haravugwa imirwano ikaze.
149
SHARES
3.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Fizi haravugwa imirwano ikaze.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amakuru aturuka mu bice byo muri teritware ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, avuga ko inyeshamba za Maï-Maï ku bufatanye n’ingabo z’u Burundi ziri kugaba ibitero bikomeye ku mutwe witwaje intwaro wa Red-Tabara urwanya Leta y’u Burundi.

Kuva ku Cyumweru kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, ibitero bikomeye byakomeje kugabwa ku mutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD mu Burundi.

Aya makuru avuga ko ibyo bitero by’ingabo z’u Burundi na Maï-Maï, ahanini byagabwe mu birindiro bya Red-Tabara biri ahitwa Bibwe no mu bindi bice biherereye muri utwo duce.

Agace ka Bibwe gaherereye muri Secteur ya Lulenge, muri teritware ya Fizi. Aha akaba ari mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa centre ya Minembwe.

Aya makuru Minembwe.com ikesha abaturiye utwo duce agira ati: “Nk’uko twabibabwiwe kuva mbere, CNCPS ya General Hamuri Yakutumba ku bufatanye n’ingabo z’u Burundi bakomeje kugaba ibitero ku mutwe wa Red-Tabara.”

Ikomeza igira iti: “Ibi bitero biri kugabwa mu birindiro by’uyu mutwe urwanya Leta y’u Burundi biri ahitwa Bibwe muri Fizi.”

Ni amakuru asobanura kandi ko ibyo bitero biri mu gukorwa gusa amasaha y’urukerera, ariko ko igihe cy’amanywa harimukuba ituze.

Igitangaje aya makuru akomeza avuga ko iz’i ngabo z’u Burundi n’aba barwanyi b’uyu mutwe wa Maï-Maï uyobowe na Gen Hamuri Yakutumba, bagaba ibyo bitero kuri Red-Tabata, ariko kandi bakagaruka inyuma bagasahura amatungo magufi y’abaturage bo mu bwoko bw’Abapfulero n’Abanyindu baturiye ibyo bice.

Amwe muri ayo matungu byavuzwe ko basahura arimo ihene, inkoko n’intama ndetse kandi bakiba n’imyaka y’aba baturage.

Ibitero by’ingabo z’u Burundi ku barwanyi ba Red-Tabara byakunzwe kuvugwa cyane umwaka ushize, aho ibyo bitero byagabwaga mu bice by’i Tombwe muri teritware ya Mwenga.

Kuri ubu bikaba byimuriwe i Lulenge muri teritware ya Fizi aho byavuzwe ko uyu mutwe wa Red-Tabara wimuriye ibirindiro byawo, nk’uko bikomeje kuvugwa.

Tags: BibweFiziIngabo z'u BurundiMaï Maï
Share60Tweet37Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Abasirikare ba MONUSCO bakomerekeye mu mirwano, M23 kandi yafashe utundi duce turi mu mwinjiro wa Goma.

MONUSCO, haribazwa icyo yaba imaze muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?