• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I Fizi haravugwa imirwano ikaze.

minebwenews by minebwenews
February 4, 2025
in Regional Politics
0
I Fizi haravugwa imirwano ikaze.
150
SHARES
3.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Fizi haravugwa imirwano ikaze.

You might also like

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Amakuru aturuka mu bice byo muri teritware ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, avuga ko inyeshamba za Maï-Maï ku bufatanye n’ingabo z’u Burundi ziri kugaba ibitero bikomeye ku mutwe witwaje intwaro wa Red-Tabara urwanya Leta y’u Burundi.

Kuva ku Cyumweru kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, ibitero bikomeye byakomeje kugabwa ku mutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD mu Burundi.

Aya makuru avuga ko ibyo bitero by’ingabo z’u Burundi na Maï-Maï, ahanini byagabwe mu birindiro bya Red-Tabara biri ahitwa Bibwe no mu bindi bice biherereye muri utwo duce.

Agace ka Bibwe gaherereye muri Secteur ya Lulenge, muri teritware ya Fizi. Aha akaba ari mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa centre ya Minembwe.

Aya makuru Minembwe.com ikesha abaturiye utwo duce agira ati: “Nk’uko twabibabwiwe kuva mbere, CNCPS ya General Hamuri Yakutumba ku bufatanye n’ingabo z’u Burundi bakomeje kugaba ibitero ku mutwe wa Red-Tabara.”

Ikomeza igira iti: “Ibi bitero biri kugabwa mu birindiro by’uyu mutwe urwanya Leta y’u Burundi biri ahitwa Bibwe muri Fizi.”

Ni amakuru asobanura kandi ko ibyo bitero biri mu gukorwa gusa amasaha y’urukerera, ariko ko igihe cy’amanywa harimukuba ituze.

Igitangaje aya makuru akomeza avuga ko iz’i ngabo z’u Burundi n’aba barwanyi b’uyu mutwe wa Maï-Maï uyobowe na Gen Hamuri Yakutumba, bagaba ibyo bitero kuri Red-Tabata, ariko kandi bakagaruka inyuma bagasahura amatungo magufi y’abaturage bo mu bwoko bw’Abapfulero n’Abanyindu baturiye ibyo bice.

Amwe muri ayo matungu byavuzwe ko basahura arimo ihene, inkoko n’intama ndetse kandi bakiba n’imyaka y’aba baturage.

Ibitero by’ingabo z’u Burundi ku barwanyi ba Red-Tabara byakunzwe kuvugwa cyane umwaka ushize, aho ibyo bitero byagabwaga mu bice by’i Tombwe muri teritware ya Mwenga.

Kuri ubu bikaba byimuriwe i Lulenge muri teritware ya Fizi aho byavuzwe ko uyu mutwe wa Red-Tabara wimuriye ibirindiro byawo, nk’uko bikomeje kuvugwa.

Tags: BibweFiziIngabo z'u BurundiMaï Maï
Share60Tweet38Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails
Next Post
Abasirikare ba MONUSCO bakomerekeye mu mirwano, M23 kandi yafashe utundi duce turi mu mwinjiro wa Goma.

MONUSCO, haribazwa icyo yaba imaze muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?