
I Goma, k’u murwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu Gihugu ca Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ahagana isaha z’umugoroba z’ejo hashize tariki ya 13/01/2024, umwe mu ba polisi ba RDC, yatswe imbunda ye, aranakomeretswa.
Bya vuzwe ko uriya mu polisi yakomerekejwe n’Abantu bari bitwaje imbunda ariko kugeza ubu bakaba batarabasha ku menyekana.
Ni bya bereye ahitwa Magagi, ha herereye muri Quartier Ndosho, mu Mujyi wa Goma, nk’uko iy’inkuru tuyikesha bwana Lonely.
Yagize ati: “Umupolisi yarakomeretse bikabije . Ayo mabandi yaramukubise cyane kandi bamurasa isasu ku rutugu. Imbunda ye barayitwaye.”
Ibi bibaye mu gihe abashinzwe umutekano bari baheruka gutanga amabwiriza areba bamotari kutongera gukora nyuma ya sakumi na zibiri (18h).
Ibyo Meya w’u Mujyi wa Goma, yaje kunenga y’ivuye inyuma avuga ko icyo cyemezo kibangimira abaturage ko kandi bishobora kuzana inzara kubakora akazi ko gutwara abantu bakoresheje moto.
Mw’itangazo abashinzwe umutekano bari bashize hanze mu Cyumweru gishize, ribuza abamotari gukora akazi nyuma ya saa kumi nebyiri, rya vugako ba bihagaritse kumpangura z’umutekano muke.
Imfu zahato nahato i Goma, zakomeje kwiyongera ahanini mu mpera z’u mwaka w’2023, ndetse n’ambere yaho.
Bruce Bahanda.