• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I Kaziba M23 yiswe abamaraika bo mu ijuru, nubwo hari ibindi abaho bakicyifuza.

minebwenews by minebwenews
May 15, 2025
in Regional Politics
0
I Kaziba M23 yiswe abamaraika bo mu ijuru, nubwo hari ibindi abaho bakicyifuza.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Kaziba M23 yiswe abamaraika bo mu ijuru, nubwo hari ibindi abaho bakicyifuza.

You might also like

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abaturage b’i Kaziba muri teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho abarwanyi bo mu mutwe wa M23 baheruka gufata bagaragaje ko aba barwanyi bakora ibyiza nk’abamaraika bo mu ijuru, gusa bakifuza ko bakomeza bakagura ibirindiro.

Ni mu butumwa MCN ikesha umwe mu baturage batuye i Kaziba witwa Cosmos Birindwa, mu butumwa yaduhaye bugira buti: “Njyewe ndi Kaziba, ni ho M23 iheruka gufata. Izi nshuti nta kibazo cyazo, bari kudukorera neza, yewe ndetse bakora nk’abamaraika bo mu juru.”

Ibyingenzi Cosmos yagaragaje uyu mutwe ukomeje kubakorera iwabo, harimo ko wabahaye ubwisanzure, umutekano, ntamabariyeri akirangwa muri icyo gice nk’ayahabaga igihe cya FARDC n’ibindi.

Ati: “Ubu dufite amahoro, turaryama tugasinzira. Turatembera nta mabariyeri akihaba nk’ayahabaga igihe cya mbere.”

Ikibazo uyu munya-kaziba yagaragaje ni uko bo bifuza ko uyu mutwe wa M23 ukomeza imirwano ukirukana ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta mu misozi yo muri iki gice, ngo kuko nyuma y’aho FARDC n’abambari bayo batsinzwe urugamba bahungiye mu misozi iri hejuru y’aho.

Ndetse yanavuze ko bafite amakuru avuga ko ziriya ngabo za Leta ziri gukomeza kwiyongera muri iriya misozi, ngo kuko zigamije kongera kwisubiza iki gice cya Kaziba.

Ati: “Dufite amakuru ko ziriya ngabo za Leta zikomeje kwiyongera mu misozi. Zirateganya kwisubiza Kaziba, n’inkengero zayo. Ni icyo kiduteye ubwoba.”

Kubw’aba banya-kaziba ni uko abarwanyi bo muri uyu mutwe wa M23 bokwirukana iri huriro ry’ingabo za Congo bagafata teritware yose ya Walungu, ndetse n’iya Uvira, iturukamo Wazalendo, FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi zikagaba ibitero mu duce twamaze kubohorwa n’uyu mutwe.

Nko mu byumweru bitatu bishize, ni bwo abarwanyi b’uyu mutwe bafashe umujyi wa Kaziba, n’utundi duce duherereye muri ibyo bice, birimo na grupema ya Luciga yo muri cheferi ya Luhwinja izwiho kuba yibitseho ubutunzi kamere.

Kuva ibyo bice byigaruriwe n’uyu mutwe, amahoro yadutashyemo, ubundi abaturage bahabwa agaciro gatandukanye no mu bihe byashyize ubwo barebwaga n’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo.

Tags: AbamaraikaKazibaM23
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails
Next Post
M23 yahanuye drone y’Ingabo za Congo muri Kivu y’Epfo.

M23 yahanuye drone y'Ingabo za Congo muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?