• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I kiganiro cyahuje perezida Biden na Trump wahoze ari perezida w’Amerika, cyaranzwe n’ubushamirane bushaririye.

minebwenews by minebwenews
June 29, 2024
in Regional Politics
0
I kiganiro cyahuje perezida Biden na Trump wahoze ari perezida w’Amerika, cyaranzwe n’ubushamirane bushaririye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Washington DC, habaye ikiganiro mpaka cyahuje perezida Biden na Trump.

You might also like

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

Ni mu ijoro ryo ku wa Kane, rishira ku wa Gatanu, Perezida w’Amerika Joe Biden na Donald Trump wahoze ari perezida muri icyo gihugu bahuriye mu kiganiro mpaka cyaranzwe n’ubushamirane kuva rugikubita.

Impaka z’aba bategetsi ari n’abakandida mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka, zibanze ku ngingo z’ubukungu, ububanyi n’amahanga, uburenganzira bwo gukuramo inda ndetse n’ibijyanye n’abimukira bambuka umupaka na Megizike binjira muri Amerika.

Iki kiganiro mpaka cyatambukaga kuri televisiyo kirimo kuba cyabereye muri sitidiyo ya telivisiyo ya CNN mu mujyi wa Atlanta muri leta ya Georgia.

Donald Trump ashinja Biden gusubiza inyuma ubukungu bw’iki gihugu.

Yagize ati: “Tumeze nk’i gihugu gikennye cyane ku Isi, kandi ibyo ni urukozasoni. Ntitucyubashwe namba. Batubona nk’ibicucu.”

Joe Biden mu gusubiza Donald Trump yabanjye kumurebana igitsure kirimo uburakari bwinshi, maze agira ati: “Uyu niwe mu perezida wa mbere mubi wabayeho mu mateka y’Amerika. Uyu muntu ntasobanukiwe na busa, demokarasi y’Amerika.”

Mu minsi ishize, Trump yanenze imyiteguro ya Biden ku bijanye n’ikiganiro mpaka, ndetse avuga ko bizasaba ko abanza guterwa imiti na muganga ngo abashe kurangiza iminota 90 y’ikiganiro.

Yakunze kuvuga ko Biden atabasha ‘gutondeka n’interuro ebyiri.” Icyakora muri iyi minsi ya vuba, uyu wahoze ari perezida w’Amerika yahinduye imvugo kuri iyi ngingo. Yari amaze iminsi ateguza abamushyigikiye ko Biden ashobora kuza ari umuntu ukomeye kuruta uko yamugaragaza nk’u musaza.

Abanyamerika bakurikiranye iki kiganiro ari benshi. Trump mbere y’uko iki kiganiro kiba, yari aherutse gusubiza umwe mu bamujije kuri iyi ngingo, agira ati: “Ndakeka ko azaba ari uwo kujya impaka. Sinshaka kumukensa.”

Ku ruhande rwe, hagati mu kwezi gushize kwa Gatanu, mbere gato y’uko iki kiganiro mpaka cyemeranywaho, Biden yagize ati: “Donald Trump namutsinze mu biganiro mpaka bibiri mu 2020. Kuva icyo gihe, ntarongera kwitabira ikiganiro mpaka. Ubu arigira nk’aho ashaka kongera kujya impaka nanjye uransekeje nshuti.”

Iki kiganiro cyarimo Jill Biden yari muri Sitidiyo, Malania, umufasha wa Trump we ntiyari ahari, ariko aba Repubulikani bashaka kw’iyamamazanya na Trump nk’abazamubera visi perezida natsinda, bo bari bahari.

Mary Trump, mwishwa wa Trump witandukanije nawe, nawe yari i Atlanta, kandi yateganyaga kugaragaza ko ashigikiye Biden mu kiganiro cya nyuma y’izi mpaka z’abakandida, aho aba hafi y’aba bakandida baba bagaragariza uko bakandida babo bitwaye.

Muri iki kiganiro mpaka, aba bayobozi bombi bagaragaje ibitekerezo bihabanye ku bijyanye n’uko Amerika ikwiye kuyoborwa uherereye mu kwezi kwa mbere ku mwaka w’ 2025 ndetse no kuruhare ikwiye kugira mu miterere y’isi nk’i gihugu cy’igihangange mu bya gisirikare.

Perezida Biden arahamagarira ko Amerika yakomezanya ubufatanye bwa hafi n’ibindi bihugu byo mu Burayi, mu gihe Trump we ashaka ko Amerika yakwitarura ibindi bihugu.

Biden yahurije ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi ku gufasha Ukraine guhangana n’intambara u Burusiya bwayishoyeho mu 2022. Nyamara Trump we yagaragaje ugushidikanya ku nkunga Amerika ikomeje gutera ingabo za Ukraine.

Donald avuga ko azahita arangiza vuba iy’i ntambara ya Ukraine ariko ntagaragaze uburyo azayirangiza.

Gusa abakandida bombi bashigikiye igihugu cya Israel mu ntambara gihanganyemo n’u mutwe wa Hamas. Kimweho Biden aherutse kunenga Benjamin Netanyahu minisitiri w’intebe wa Israel, uburyo yitwaye nabi muri iyi mirwano, kandi avuga ko hari abanyapalastine bari kuyigwamo.

Trump we avuga ko Israel igomba gukora ibishoboka byose igakora ibyo ishyaka ku mutwe wa Hamas, ariko ikabikora vuba nabwangu.

Abasesenguzi benshi muri politiki y’Amerika bagenda bagaragaza ko Abanyamerika babarirwa muri za miliyoni bamaze kubura amahitamo muri aba bombi.

Ariko kandi ngo mubatora ntibabakunze bombi, ndetse bamwe bagaragaza ko botora umwe utari muri aba bombi.

           MCN.
Tags: AmerikaDonald TrumpIkiganiro mpakaJoe BidenUbushamirane
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails

Ese Wari Uzi ko Afurika Yigeze Kuba Umugabane Ukize Kurusha Indi ku Isi?Amateka, Ishema n’Inzira yo Kongera Kwiyubaka

by Bahanda Bruce
January 22, 2026
0
Ese Wari Uzi ko Afurika Yigeze Kuba Umugabane Ukize Kurusha Indi ku Isi?Amateka, Ishema n’Inzira yo Kongera Kwiyubaka

Ese Wari Uzi ko Afurika Yigeze Kuba Umugabane Ukize Kurusha Indi ku Isi?Amateka, Ishema n’Inzira yo Kongera Kwiyubaka Ese wari uzi ko mu bihe bya kera cyane, Afurika...

Read moreDetails
Next Post
Ibituma umuntu aryama ari muzima bugacya yapfuye (urupfu rw’ikirago), byatangajwe.

Ibituma umuntu aryama ari muzima bugacya yapfuye (urupfu rw'ikirago), byatangajwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?