• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 17, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I kiganiro cyahuje perezida Biden na Trump wahoze ari perezida w’Amerika, cyaranzwe n’ubushamirane bushaririye.

minebwenews by minebwenews
June 29, 2024
in Regional Politics
0
I kiganiro cyahuje perezida Biden na Trump wahoze ari perezida w’Amerika, cyaranzwe n’ubushamirane bushaririye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Washington DC, habaye ikiganiro mpaka cyahuje perezida Biden na Trump.

Ni mu ijoro ryo ku wa Kane, rishira ku wa Gatanu, Perezida w’Amerika Joe Biden na Donald Trump wahoze ari perezida muri icyo gihugu bahuriye mu kiganiro mpaka cyaranzwe n’ubushamirane kuva rugikubita.

READ ALSO

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

Impaka z’aba bategetsi ari n’abakandida mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka, zibanze ku ngingo z’ubukungu, ububanyi n’amahanga, uburenganzira bwo gukuramo inda ndetse n’ibijyanye n’abimukira bambuka umupaka na Megizike binjira muri Amerika.

Iki kiganiro mpaka cyatambukaga kuri televisiyo kirimo kuba cyabereye muri sitidiyo ya telivisiyo ya CNN mu mujyi wa Atlanta muri leta ya Georgia.

Donald Trump ashinja Biden gusubiza inyuma ubukungu bw’iki gihugu.

Yagize ati: “Tumeze nk’i gihugu gikennye cyane ku Isi, kandi ibyo ni urukozasoni. Ntitucyubashwe namba. Batubona nk’ibicucu.”

Joe Biden mu gusubiza Donald Trump yabanjye kumurebana igitsure kirimo uburakari bwinshi, maze agira ati: “Uyu niwe mu perezida wa mbere mubi wabayeho mu mateka y’Amerika. Uyu muntu ntasobanukiwe na busa, demokarasi y’Amerika.”

Mu minsi ishize, Trump yanenze imyiteguro ya Biden ku bijanye n’ikiganiro mpaka, ndetse avuga ko bizasaba ko abanza guterwa imiti na muganga ngo abashe kurangiza iminota 90 y’ikiganiro.

Yakunze kuvuga ko Biden atabasha ‘gutondeka n’interuro ebyiri.” Icyakora muri iyi minsi ya vuba, uyu wahoze ari perezida w’Amerika yahinduye imvugo kuri iyi ngingo. Yari amaze iminsi ateguza abamushyigikiye ko Biden ashobora kuza ari umuntu ukomeye kuruta uko yamugaragaza nk’u musaza.

Abanyamerika bakurikiranye iki kiganiro ari benshi. Trump mbere y’uko iki kiganiro kiba, yari aherutse gusubiza umwe mu bamujije kuri iyi ngingo, agira ati: “Ndakeka ko azaba ari uwo kujya impaka. Sinshaka kumukensa.”

Ku ruhande rwe, hagati mu kwezi gushize kwa Gatanu, mbere gato y’uko iki kiganiro mpaka cyemeranywaho, Biden yagize ati: “Donald Trump namutsinze mu biganiro mpaka bibiri mu 2020. Kuva icyo gihe, ntarongera kwitabira ikiganiro mpaka. Ubu arigira nk’aho ashaka kongera kujya impaka nanjye uransekeje nshuti.”

Iki kiganiro cyarimo Jill Biden yari muri Sitidiyo, Malania, umufasha wa Trump we ntiyari ahari, ariko aba Repubulikani bashaka kw’iyamamazanya na Trump nk’abazamubera visi perezida natsinda, bo bari bahari.

Mary Trump, mwishwa wa Trump witandukanije nawe, nawe yari i Atlanta, kandi yateganyaga kugaragaza ko ashigikiye Biden mu kiganiro cya nyuma y’izi mpaka z’abakandida, aho aba hafi y’aba bakandida baba bagaragariza uko bakandida babo bitwaye.

Muri iki kiganiro mpaka, aba bayobozi bombi bagaragaje ibitekerezo bihabanye ku bijyanye n’uko Amerika ikwiye kuyoborwa uherereye mu kwezi kwa mbere ku mwaka w’ 2025 ndetse no kuruhare ikwiye kugira mu miterere y’isi nk’i gihugu cy’igihangange mu bya gisirikare.

Perezida Biden arahamagarira ko Amerika yakomezanya ubufatanye bwa hafi n’ibindi bihugu byo mu Burayi, mu gihe Trump we ashaka ko Amerika yakwitarura ibindi bihugu.

Biden yahurije ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi ku gufasha Ukraine guhangana n’intambara u Burusiya bwayishoyeho mu 2022. Nyamara Trump we yagaragaje ugushidikanya ku nkunga Amerika ikomeje gutera ingabo za Ukraine.

Donald avuga ko azahita arangiza vuba iy’i ntambara ya Ukraine ariko ntagaragaze uburyo azayirangiza.

Gusa abakandida bombi bashigikiye igihugu cya Israel mu ntambara gihanganyemo n’u mutwe wa Hamas. Kimweho Biden aherutse kunenga Benjamin Netanyahu minisitiri w’intebe wa Israel, uburyo yitwaye nabi muri iyi mirwano, kandi avuga ko hari abanyapalastine bari kuyigwamo.

Trump we avuga ko Israel igomba gukora ibishoboka byose igakora ibyo ishyaka ku mutwe wa Hamas, ariko ikabikora vuba nabwangu.

Abasesenguzi benshi muri politiki y’Amerika bagenda bagaragaza ko Abanyamerika babarirwa muri za miliyoni bamaze kubura amahitamo muri aba bombi.

Ariko kandi ngo mubatora ntibabakunze bombi, ndetse bamwe bagaragaza ko botora umwe utari muri aba bombi.

           MCN.
Tags: AmerikaDonald TrumpIkiganiro mpakaJoe BidenUbushamirane

Related Posts

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC
Regional Politics

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

September 15, 2026
Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza
Regional Politics

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

September 14, 2026
Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR
Regional Politics

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

September 14, 2026
Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Next Post
Ibituma umuntu aryama ari muzima bugacya yapfuye (urupfu rw’ikirago), byatangajwe.

Ibituma umuntu aryama ari muzima bugacya yapfuye (urupfu rw'ikirago), byatangajwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Martin Fayulu Yashyize Hanze Ibyamubayeho mu Myigaragambyo ya C64; Anagaragaza Ibyo Yasabye Abapolisi
  • RDC : L’Assemblée nationale rejette la participation de l’AFC/M23 au dialogue national et fixe une ligne rouge
  • Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yanze uruhare rwa AFC/M23 mu biganiro by’Abanyekongo, ishyiraho umurong
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?