• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, April 8, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

I Mulenge: Imirwano y’Akanya Gato Yasigiye Ingabo z’u Burundi Isomo Rikomeye

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 18, 2026
in Conflict & Security
0
I Mulenge: Imirwano y’Akanya Gato Yasigiye Ingabo z’u Burundi Isomo Rikomeye
82
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Mulenge: Imirwano y’Akanya Gato Yasigiye Ingabo z’u Burundi Isomo Rikomeye

You might also like

AFC/M23 Yamaganye Leta y’i Kinshasa Ikomeje Kugaba Ibitero ku Baturage, Igaragaza Aho Byagabwe

AFC/M23 Yafashe Agace kingenzi muri teritware ya Kaleh

FARDC and Burundian Forces Resume Pillaging in Ndondo

Amakuru yizewe Minembwe Capital News ikesha abari hafi y’aho byabereye avuga ko habaye imirwano ikomeye ariko yamaze akanya gato mu gace k’i Bisambu byunamiye mu Kalingi, uvuye mu Rwitsankuku, mu bilometero bike uvuye kuri Point Zero, ahari ibirindiro bikomeye by’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Aho kuri Point Zero hacumbikiye ihuriro ry’ingabo zirimo iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ingabo z’u Burundi, imitwe ya Wazalendo, abarwanyi ba FDLR (Forces Démocratiques de Libération du Rwanda) n’abacanshuro.

Iyo mirwano yabaye mu masaha ya kare y’igitondo. Ubuhamya bw’abaturage batuye muri ako gace bugaragaza ko ingabo z’u Burundi ari zo zagabye igitero, zigerageza gusubira mu Kalingi, agace kagenzurwa n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho, uherutse kuhambura izo ngabo mu mpera z’icyumweru gishize.

Umwe mu batuye muri ibyo bice yabwiye Minembwe Capital News ati:

“Habaye imirwano ikomeye hakurya ya Rwiko, mu misozi ya Kalingi, hejuru y’ibishanga abatuye mu Kalingi bakunze kwita ibyo kwa Gitandara. Nubwo yamaze akanya gato, yari ikomeye cyane.”

Yongeyeho ko igitero cy’ingabo z’u Burundi cyahuye n’igisubizo gikomeye, ku buryo hari abasirikare benshi bahasize ubuzima, nubwo umubare nyawo w’abaguye muri iyo mirwano utaramenyekana.

“Ingabo z’u Burundi zakubiswe bikomeye. Intumbi zabo zaracyagaragaraga mu Bisambu, ariko ntitwashoboye kuzibara.”

Amakuru akomeza avuga ko, usibye igihombo cy’abasirikare, hari n’ibikoresho bya gisirikare byafashwe. Abitabiriye icyo gitero ku ruhande rw’ingabo z’u Burundi bavugwa ko bari hagati ya 150 na 200.

Nubwo imirwano yamaze umwanya muto, abari aho bahamya ko yakoreshejwemo intwaro ziremereye n’izoroheje zirimo amabombe, imbunda za “twelve” na mashini gan.

Muri uwo mwanya kandi, indi mirwano yumvikanye mu bice bya Nyaruhinga hafi ya Mukoko, ugana kwa Mulima. Na yo yaranzwe n’urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, ibintu byateye ubwoba abaturage batuye muri ibyo bice, bamwe bahita bahungira mu misozi no mu bihuru.

Kugeza ubu, ihuriro ry’ingabo za Leta riracyagenzura agace ka Point Zero ndetse n’igice gito cya Rwitsankuku. Ku rundi ruhande, umutwe wa MRDP-Twirwaneho ugenzura igice kinini cya Rwitsankuku n’inkengero za Point Zero, birimo Kalingi n’uduce tuhakikije.

Iyi mirwano yongeye kugaragaza ubukana bw’intambara ikomeje mu misozi ya Minembwe, aho impande zihanganye zikomeje gushaka kwigarurira uduce tw’ingenzi mu buryo bwa gisirikare, cyane cyane ahari ibirindiro bikomeye n’inzira z’ingenzi zihuza imisozi n’ibibaya.

Nubwo yamaze akanya gato, iyi mirwano isigiye isomo rikomeye ingabo z’u Burundi n’abafatanyabikorwa bazo, mu gihe impande zombi zikomeje guhangana ku duce dufatwa nk’ingenzi mu ntambara ikomeje mu Burasirazuba bwa RDC.

Tags: ImirwanoKalingiRwiko
Share33Tweet21Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

AFC/M23 Yamaganye Leta y’i Kinshasa Ikomeje Kugaba Ibitero ku Baturage, Igaragaza Aho Byagabwe

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
AFC/M23 Yamaganye Leta y’i Kinshasa Ikomeje Kugaba Ibitero ku Baturage, Igaragaza Aho Byagabwe

AFC/M23 Yamaganye Leta y’i Kinshasa Ikomeje Kugaba Ibitero ku Baturage, Igaragaza Aho Byagabwe Itangazo rya AFC/M23 ryo kuri uyu wa 07/04/2026 risobanura uko umutekano uhagaze n’ibikorwa bya gisirikare...

Read moreDetails

AFC/M23 Yafashe Agace kingenzi muri teritware ya Kaleh

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
AFC/M23 Yafashe Agace kingenzi muri teritware ya Kaleh

AFC/M23 Yafashe Agace kingenzi muri teritware ya Kaleh Umujyi muto wa Tushunguti, uherereye muri teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Read moreDetails

FARDC and Burundian Forces Resume Pillaging in Ndondo

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
FARDC and Burundian Forces Resume Pillaging in Ndondo

FARDC and Burundian Forces Resume Pillaging in Ndondo Reliable sources from Ndondo in the Bijombo groupement report that security continues to deteriorate in the area, with looting and...

Read moreDetails

FARDC n’Ingabo z’u Burundi Bongeye Gusahura ku Ndondo

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
Ibitero Bikomeye by’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC byibasiye Abaturage b’i Ndondo

FARDC n’Ingabo z’u Burundi Bongeye Gusahura ku Ndondo Amakuru yizewe aturuka mu bice by’i Ndondo muri grupema ya Bijombo agaragaza ko umutekano ukomeje kuzamba muri ibyo bice, aho...

Read moreDetails

Mikenge: MRDP-Twirwaneho Ihanganye na FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
Mikenge: MRDP-Twirwaneho Ihanganye na FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo

Mikenge: MRDP-Twirwaneho Ihanganye na FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 07/04/2026, habaye igitero gikomeye mu gace ka Mikenge, muri secteur ya Tombwe,...

Read moreDetails
Next Post
Ubumwe bw’u Burayi mu Ntumbero ku Bibazo by’Ubutabazi n’Umutekano muri RDC

Ubumwe bw’u Burayi mu Ntumbero ku Bibazo by’Ubutabazi n’Umutekano muri RDC

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?