Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I Nakivale, mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba, havugiwemo amagambo akomeye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 13, 2024
in Regional Politics
0
I Nakivale, mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba, havugiwemo amagambo akomeye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Nakivale, mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba, havugiwemo amagambo akomeye.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ni umuhango ukozwe ku nshuro ya 20, aho Abanyamulenge bari hirya no hino ku isi bibutse ababo ba guye mu Gatumba, ahagana mu mwaka w’ 2004, bityo ni Nakivale bakaba bibutse.

Kw’ibuka muri Nakivale ho mu gihugu cya Uganda, umuhango wabereye mu itorero rya New Jerusalem riyobowe na Reverend Joseph Mwumvirwa.

Muri uyu muhango wo kw’ibuka aba Banyamulenge 165 baguye mu Gatumba, Bishop Lawis Muhoza wabwirije ijambo ry’Imana, yavuze ko Abanyamulenge ko bari bakwiye kugira ubumwe kugira ngo babone uburyo bwiza “bwo kwinginga Imana kugira ngo ibakirize igihugu cyabo kirimo intambara zikomeye.”

Yagize ati: “Nti wahendahenda Imana ngo ikumve ufite amacakubiri. Dusabwa kugira ubumwe, kandi tukareba kure ku hazoza hejo ha Banyamulenge.”

Bishop Lewis Muhoza yanakunguriye Abanyamulenge gukorera hamwe no kugira iyerekwa ku gihugu cyabo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Nyuma, Reverend Joseph Mwumvirwa wari unayoboye uyu muhango, yaje kuvuga ko Abanyamulenge bari i Nakivale ko bagomba gutekereza kure gusumba ibyo bari gucamo uyu munsi. Ndetse aza no kuvuga ko hagomba kuba imisanzu izaja yoherezwa i Mulenge kugira ngo ije gufasha Abanyamulenge basamburiwe i Mihana bakaba bari mu mazu y’inshuti n’abavandimwe babo mu Minembwe, i Ndondo ya Bijombo n’ahandi.

Joseph Mwumvirwa yanashimangiye ibi abwira abari muri uyu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba ko bagomba gukora ibishoboka byose bakarwana mu buryo bwose bushoboka, kugira ngo bazagere ku mahoro arambye mu gihugu cyabo.

Yagize ati: “Njyewe, si mbahisha ndi Twirwaneho ijana ku ijana, kandi igihe cyose nshobora kurwana. Kurwana si ugufata imbunda gusa, oya, dushobora kurwana dusenga, dutanga imisanzu, ndetse kandi dushobora no gutabara.”

Uyu mushumba mukuru w’itorero rya New Jerusalem, yanavuze ko ku rwana bikorwa mu buryo bwinshi, ariko asaba ko uko abantu barwana kose bagomba kurwana kugira ngo Abanyamulenge n’abandi Banye-kongo bose muri rusange bazagere ku gihugu gifite amahoro n’umutekano birambye.

Tubibutsa ko uyu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba muri Nakivale, bawuhaye insanganyamatsiko igira iti: “Kw’ibuka ubwicanyi bwa korewe Abanyamulenge mu 2004 mu Gatumba: Imyaka 20 yakarengane no kudahana.”

Igitangaje, kugeza ubu Abanyamulenge bafite ababo baguye mu Gatumba, ntibarabona ubutabera, hubwo bakomeje kwicwa mu Burasirazuba bwa RDC bazira ubwoko bwabo.

                MCN.
Tags: AbanyamulengeGatumbaKwibuka
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
I Nakivale, mu muhango wo kw’ibuka abaguye mu Gatumba, havugiwemo amagambo akomeye.

Nyanduhura uri mu barokotse ubwicanyi bwa Gatumba, yatanze ubuhamya bukomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?