• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, August 17, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

I Uvira ubwoba ni bwose nyuma y’uko abahatuye batangiye kwikanga abaje kuyifata.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 4, 2025
in Conflict & Security
0
Abantu babiri bishwe barashwe i Uvira muri iri joro.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Uvira ubwoba ni bwose nyuma y’uko abahatuye batangiye kwikanga abaje kuyifata.

You might also like

Col. Gisore w’Umunyamulenge wo muri FARDC yaguye mu mpanuka y’indege.

Muri Manyema haravugwa imirwano y’amakundura hagati ya FARDC na Wazalendo.

Iby’uko Kivu yaba igiye kuba igihugu byongeye gufata indi ntera.

I Uvira ahimuriwe ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo ku rwego rw’i gihugu nyuma y’aho umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara, bikanze abarwanyi b’uyu mu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bageze muri iki gice ni mu gihe ngo batangiye kubona bamwe muri abo barwayi mu bice biherereye muri iyi teritware ya Uvira na Fizi zisanzwe zipakanye.

Ni amakuru yiriwe avugwa mu mujyi wa Uvira ku munsi w’ejo ku wa gatandatu tariki ya 03/05/2025, aho bamwe bagaragazaga ko abarwanyi ba M23 n’aba Twirwaneho ko baje gufata uyu mujyi.

Ibi bikaba byaratumye muri iki gice cya Uvira haba ubwoba bwinshi butigeze kuhaba, ki mwe kandi n’abandi n’abo bakunze amatwara ya M23 bishimiye ayo makuru.

Bamwe mubatangabuhamya baho babwiye Minembwe Capital News ko hari amakuru yatangiye kuvugwa n’Abapfulero batuye i Uvira ko batangiye kubona abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 muri Sange, ndetse ngo no mu misozi ya Uvira uturutse i Ndondo ya Bijombo.

Umwe muri abo yagize ati: “Turi kumva bavuga ngo M23 babonetse muri Sange. Ariko abo barwanyi ntibarigaragaza, kandi n’abandi bagaragaye mu misozi ya Runingu uturutse iyo ruguru.”

Agace ka Sange ni kamwe mu duce dutuwe cyane tugize ikibaya cya Rusizi ho muri teritware ya Uvira.

I Kibaya cya Rusizi cyose kiracyagenzurwa n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ndetse naho muri Sange haracyari Wazalendo, FDLR, ingabo z’u Burundi kimwe kandi n’iza FARDC.

Kimwecyo aba barwanyi b’uyu mutwe wa M23 mu minsi itatu ishize, bigaruriye uduce duherereye muri teritware ya Walungu dupakanye n’iyi teritware ya Uvira, kandi twegereye cyane iki Kibaya cya Rusizi.

Bivugwa ko bashobora gukomeza urugamba, muri ubwo buryo bakaba bakwigarurira ikibaya cya Rusizi n’umujyi wa Uvira uwo uruhande rwa Leta ruturukamo rugaba ibitero mu duce tugenzurwa n’uyu mutwe wa M23, nk’uko bakunze kubivuga ko bazakurikirana umwanzi iyo aturuka kugira ngo bamucyecyekeshe.

Kurundi ruhande aba baturiye i Uvira bavuga kandi ko hari abandi barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho baturutse muri Fizi kandi ko n’abo baje gutera aha i Uvira kugira ngo naho bahigarure nk’uko bagaruriye Minembwe, Mikenke ndetse n’imujyi ikomeye nk’uwa Kamanyola, Bukavu n’ahandi.

Ubutumwa n’ubundi baduhaye bukomeza bugira buti: “Twirwaneho na M23 baramanutse bava mu misozi ya Fizi. Baza bambaye umwamboro w’ingabo z’u Burundi bekomereza i ka Kuku, Tubuki, Kilumbi, Kanguli, Lusuku no kwa Mulima. Bageze ahitwa Kichula bafata inzira y’ishyamba bafata urugendo rurerure bagana mu Bibogobogo mbere yuko bagera hano i Uvira.”

Aya makuru akomeza agira ati: “Bahenze FARDC n’ingabo z’u Burundi kuko bambaye umwamboro w’ingabo z’u Burundi. Barashaka kwigarurira Fizi yose na Uvira.”

Ariko nyamara nubwo aya makuru agaragaza ko aba barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 ko bageze muri biriya bice byavuzwe haruguru, si ukuri kuko kwa Mulima n’abiriya bice bindi bikigenzurwa n’ingabo z’u Burundi iza FARDC ndetse n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.

Ubundi kandi ingabo z’u Burundi usibye kuba arizo ziri kwa Mulima zigenzura kandi no mu Rusuku, Bibogobogo ndetse no kuri Babengwe ho mu Lulenge muri teritware ya Fizi.

Zinagenzura n’igice cy’i Ndondo ya Bijombo yose ho muri teritware ya Uvira.

Tags: M23TwirwanehoUbwobaUvira
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Col. Gisore w’Umunyamulenge wo muri FARDC yaguye mu mpanuka y’indege.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Auto Draft

Col. Gisore w'Umunyamulenge wo muri FARDC yaguye mu mpanuka y'indege. Colonel Gisore uzwi cyane ku izina rya Kigofero yaguye mu mpanuka y'indege y'igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Muri Manyema haravugwa imirwano y’amakundura hagati ya FARDC na Wazalendo.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Amerika yafatiye ibihano bikakaye umwe mu mitwe yitwaje intwaro ukorana byahafi n’ingabo za RDC.

Muri Manyema haravugwa imirwano y'amakundura hagati ya FARDC na Wazalendo. Imirwano iracyakomeje hagati y'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Wazalendo basanzwe bakorana byahafi mu ntara...

Read moreDetails

Iby’uko Kivu yaba igiye kuba igihugu byongeye gufata indi ntera.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Iby’uko Kivu yaba igiye kuba igihugu byongeye gufata indi ntera.

Iby'uko Kivu yaba igiye kuba igihugu byongeye gufata indi ntera. Repubulika ya Kivu yaba igiye kubaho, ni gikorwa cyibazwa nyuma y'aho igihugu cya Kenya cyohereje umuntu i Goma...

Read moreDetails

Imirwano yakajije umurego hagati ya Wazalendo na FARDC muri Manyema.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Amerika yafatiye ibihano bikakaye umwe mu mitwe yitwaje intwaro ukorana byahafi n’ingabo za RDC.

Imirwano yakajije umurego hagati ya Wazalendo na FARDC muri Manyema. Imirwano ikomeye hagati y'ihuriro rya Wazalendo n'ingabo za Republika ya demokarasi ya Congo zisanzwe zifatanya kurwanya ihuriro rya...

Read moreDetails

Bibogobogo:Amafaranga yaragiye guhembwa Abalimu, Wazalendo bayanyaze.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Bibogobogo:Amafaranga yaragiye guhembwa Abalimu, Wazalendo bayanyaze.

Bibogobogo:Amafaranga yaragiye guhembwa Abalimu, Wazalendo bayanyaze. Abarwanyi bo mu ihuriro rya Wazalendo basanzwe bakorana byahafi na Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, banyaze amafaranga yaragenewe guhemba Abalimu...

Read moreDetails
Next Post
I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?