• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, February 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

I Uvira ubwoba ni bwose nyuma y’uko abahatuye batangiye kwikanga abaje kuyifata.

minebwenews by minebwenews
May 4, 2025
in Conflict & Security
0
Abantu babiri bishwe barashwe i Uvira muri iri joro.
86
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Uvira ubwoba ni bwose nyuma y’uko abahatuye batangiye kwikanga abaje kuyifata.

You might also like

Rugeyo Yasubije Kongolo ku By’Ibitero bya Drones muri teritware ya Fizi

Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23

AFC/M23 Yigaruriye Uduce Twinshi twa Masisi Nyuma y’Imirwano Ikaze Yahuje Ingabo za RDC n’Abafatanyabikorwa Bazo

I Uvira ahimuriwe ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo ku rwego rw’i gihugu nyuma y’aho umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara, bikanze abarwanyi b’uyu mu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bageze muri iki gice ni mu gihe ngo batangiye kubona bamwe muri abo barwayi mu bice biherereye muri iyi teritware ya Uvira na Fizi zisanzwe zipakanye.

Ni amakuru yiriwe avugwa mu mujyi wa Uvira ku munsi w’ejo ku wa gatandatu tariki ya 03/05/2025, aho bamwe bagaragazaga ko abarwanyi ba M23 n’aba Twirwaneho ko baje gufata uyu mujyi.

Ibi bikaba byaratumye muri iki gice cya Uvira haba ubwoba bwinshi butigeze kuhaba, ki mwe kandi n’abandi n’abo bakunze amatwara ya M23 bishimiye ayo makuru.

Bamwe mubatangabuhamya baho babwiye Minembwe Capital News ko hari amakuru yatangiye kuvugwa n’Abapfulero batuye i Uvira ko batangiye kubona abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 muri Sange, ndetse ngo no mu misozi ya Uvira uturutse i Ndondo ya Bijombo.

Umwe muri abo yagize ati: “Turi kumva bavuga ngo M23 babonetse muri Sange. Ariko abo barwanyi ntibarigaragaza, kandi n’abandi bagaragaye mu misozi ya Runingu uturutse iyo ruguru.”

Agace ka Sange ni kamwe mu duce dutuwe cyane tugize ikibaya cya Rusizi ho muri teritware ya Uvira.

I Kibaya cya Rusizi cyose kiracyagenzurwa n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ndetse naho muri Sange haracyari Wazalendo, FDLR, ingabo z’u Burundi kimwe kandi n’iza FARDC.

Kimwecyo aba barwanyi b’uyu mutwe wa M23 mu minsi itatu ishize, bigaruriye uduce duherereye muri teritware ya Walungu dupakanye n’iyi teritware ya Uvira, kandi twegereye cyane iki Kibaya cya Rusizi.

Bivugwa ko bashobora gukomeza urugamba, muri ubwo buryo bakaba bakwigarurira ikibaya cya Rusizi n’umujyi wa Uvira uwo uruhande rwa Leta ruturukamo rugaba ibitero mu duce tugenzurwa n’uyu mutwe wa M23, nk’uko bakunze kubivuga ko bazakurikirana umwanzi iyo aturuka kugira ngo bamucyecyekeshe.

Kurundi ruhande aba baturiye i Uvira bavuga kandi ko hari abandi barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho baturutse muri Fizi kandi ko n’abo baje gutera aha i Uvira kugira ngo naho bahigarure nk’uko bagaruriye Minembwe, Mikenke ndetse n’imujyi ikomeye nk’uwa Kamanyola, Bukavu n’ahandi.

Ubutumwa n’ubundi baduhaye bukomeza bugira buti: “Twirwaneho na M23 baramanutse bava mu misozi ya Fizi. Baza bambaye umwamboro w’ingabo z’u Burundi bekomereza i ka Kuku, Tubuki, Kilumbi, Kanguli, Lusuku no kwa Mulima. Bageze ahitwa Kichula bafata inzira y’ishyamba bafata urugendo rurerure bagana mu Bibogobogo mbere yuko bagera hano i Uvira.”

Aya makuru akomeza agira ati: “Bahenze FARDC n’ingabo z’u Burundi kuko bambaye umwamboro w’ingabo z’u Burundi. Barashaka kwigarurira Fizi yose na Uvira.”

Ariko nyamara nubwo aya makuru agaragaza ko aba barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 ko bageze muri biriya bice byavuzwe haruguru, si ukuri kuko kwa Mulima n’abiriya bice bindi bikigenzurwa n’ingabo z’u Burundi iza FARDC ndetse n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.

Ubundi kandi ingabo z’u Burundi usibye kuba arizo ziri kwa Mulima zigenzura kandi no mu Rusuku, Bibogobogo ndetse no kuri Babengwe ho mu Lulenge muri teritware ya Fizi.

Zinagenzura n’igice cy’i Ndondo ya Bijombo yose ho muri teritware ya Uvira.

Tags: M23TwirwanehoUbwobaUvira
Share34Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Rugeyo Yasubije Kongolo ku By’Ibitero bya Drones muri teritware ya Fizi

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ubutegetsi bwa RDC Kugaba Ibitero bya Drone i Rubaya

Rugeyo Yasubije Kongolo ku By’Ibitero bya Drones muri teritware ya Fizi Rumenge Rugeyo Olivier, wigeze kwiyamamariza kuba Umudepite ku rwego rw’Igihugu muri Teritwari ya Fizi, yasohoye inyandiko zikomeye...

Read moreDetails

Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23

Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23 Inyandiko zatangajwe na Bertrand Bisimwa akoresheje urubuga rwe rwa X ntizishobora gufatwa nk’amagambo asanzwe ajyanye n’ibihe byihariye. Ziri mu murongo...

Read moreDetails

AFC/M23 Yigaruriye Uduce Twinshi twa Masisi Nyuma y’Imirwano Ikaze Yahuje Ingabo za RDC n’Abafatanyabikorwa Bazo

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ntambara Yahinduye Isura mu Burasirazuba bwa RDC

AFC/M23 Yigaruriye Uduce Twinshi twa Masisi Nyuma y’Imirwano Ikaze Yahuje Ingabo za RDC n’Abafatanyabikorwa Bazo Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 26/02/2026, uduce twinshi turimo Chugi,...

Read moreDetails

RDC:Julianna Lumumba Yiyemeje Guhangana na Louise Mushikiwabo ku Buyobozi bwa OIF

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
RDC:Julianna Lumumba Yiyemeje Guhangana na Louise Mushikiwabo ku Buyobozi bwa OIF

RDC:Julianna Lumumba Yiyemeje Guhangana na Louise Mushikiwabo ku Buyobozi bwa OIF Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) yinjiye mu cyiciro gishya cy’urugamba rwa dipolomasi mpuzamahanga, itangaza ko yashyize...

Read moreDetails

Kunanirwa kw’Imishyikirano, Gukomeza Imirwano n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere- Isesengura

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bagabye Ibindi Bitero Simusiga mu Gace kamwe ka Masisi, mu Gihe AFC/M23 Ikomeje Kwigarurira Uduce

Kunanirwa kw’Imishyikirano, Gukomeza Imirwano n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere-Isesengura Kunanirwa kw’imishyikirano n’abahuza mpuzamahanga, hamwe no gukomeza kwiyongera kw’imirwano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bikomeje...

Read moreDetails
Next Post
I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?