• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

I Uvira ubwoba ni bwose nyuma y’uko abahatuye batangiye kwikanga abaje kuyifata.

minebwenews by minebwenews
May 4, 2025
in Conflict & Security
0
Abantu babiri bishwe barashwe i Uvira muri iri joro.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Uvira ubwoba ni bwose nyuma y’uko abahatuye batangiye kwikanga abaje kuyifata.

You might also like

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

I Uvira ahimuriwe ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo ku rwego rw’i gihugu nyuma y’aho umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara, bikanze abarwanyi b’uyu mu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bageze muri iki gice ni mu gihe ngo batangiye kubona bamwe muri abo barwayi mu bice biherereye muri iyi teritware ya Uvira na Fizi zisanzwe zipakanye.

Ni amakuru yiriwe avugwa mu mujyi wa Uvira ku munsi w’ejo ku wa gatandatu tariki ya 03/05/2025, aho bamwe bagaragazaga ko abarwanyi ba M23 n’aba Twirwaneho ko baje gufata uyu mujyi.

Ibi bikaba byaratumye muri iki gice cya Uvira haba ubwoba bwinshi butigeze kuhaba, ki mwe kandi n’abandi n’abo bakunze amatwara ya M23 bishimiye ayo makuru.

Bamwe mubatangabuhamya baho babwiye Minembwe Capital News ko hari amakuru yatangiye kuvugwa n’Abapfulero batuye i Uvira ko batangiye kubona abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 muri Sange, ndetse ngo no mu misozi ya Uvira uturutse i Ndondo ya Bijombo.

Umwe muri abo yagize ati: “Turi kumva bavuga ngo M23 babonetse muri Sange. Ariko abo barwanyi ntibarigaragaza, kandi n’abandi bagaragaye mu misozi ya Runingu uturutse iyo ruguru.”

Agace ka Sange ni kamwe mu duce dutuwe cyane tugize ikibaya cya Rusizi ho muri teritware ya Uvira.

I Kibaya cya Rusizi cyose kiracyagenzurwa n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ndetse naho muri Sange haracyari Wazalendo, FDLR, ingabo z’u Burundi kimwe kandi n’iza FARDC.

Kimwecyo aba barwanyi b’uyu mutwe wa M23 mu minsi itatu ishize, bigaruriye uduce duherereye muri teritware ya Walungu dupakanye n’iyi teritware ya Uvira, kandi twegereye cyane iki Kibaya cya Rusizi.

Bivugwa ko bashobora gukomeza urugamba, muri ubwo buryo bakaba bakwigarurira ikibaya cya Rusizi n’umujyi wa Uvira uwo uruhande rwa Leta ruturukamo rugaba ibitero mu duce tugenzurwa n’uyu mutwe wa M23, nk’uko bakunze kubivuga ko bazakurikirana umwanzi iyo aturuka kugira ngo bamucyecyekeshe.

Kurundi ruhande aba baturiye i Uvira bavuga kandi ko hari abandi barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho baturutse muri Fizi kandi ko n’abo baje gutera aha i Uvira kugira ngo naho bahigarure nk’uko bagaruriye Minembwe, Mikenke ndetse n’imujyi ikomeye nk’uwa Kamanyola, Bukavu n’ahandi.

Ubutumwa n’ubundi baduhaye bukomeza bugira buti: “Twirwaneho na M23 baramanutse bava mu misozi ya Fizi. Baza bambaye umwamboro w’ingabo z’u Burundi bekomereza i ka Kuku, Tubuki, Kilumbi, Kanguli, Lusuku no kwa Mulima. Bageze ahitwa Kichula bafata inzira y’ishyamba bafata urugendo rurerure bagana mu Bibogobogo mbere yuko bagera hano i Uvira.”

Aya makuru akomeza agira ati: “Bahenze FARDC n’ingabo z’u Burundi kuko bambaye umwamboro w’ingabo z’u Burundi. Barashaka kwigarurira Fizi yose na Uvira.”

Ariko nyamara nubwo aya makuru agaragaza ko aba barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 ko bageze muri biriya bice byavuzwe haruguru, si ukuri kuko kwa Mulima n’abiriya bice bindi bikigenzurwa n’ingabo z’u Burundi iza FARDC ndetse n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.

Ubundi kandi ingabo z’u Burundi usibye kuba arizo ziri kwa Mulima zigenzura kandi no mu Rusuku, Bibogobogo ndetse no kuri Babengwe ho mu Lulenge muri teritware ya Fizi.

Zinagenzura n’igice cy’i Ndondo ya Bijombo yose ho muri teritware ya Uvira.

Tags: M23TwirwanehoUbwobaUvira
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe Amakuru aturuka i Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko havukiye...

Read moreDetails

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n'uwahoze ayoboye iki gihugu Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika ya demokarasi ya Congo imyaka 18, yahurije i Nairobi muri Kenya...

Read moreDetails

M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'umutwe wa M23 byemaze gushyira umukono ku masezerano yerekeranye n'ishyirwa mu bikorwa ry'ihagarikwa...

Read moreDetails

Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe

Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe Amakuru ava mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, avuga ko nyuma y'aho Colonel Rubaba Ntagawa ahamagajwe...

Read moreDetails

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya Colonel Rubaba Ntagawa, umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo ukuriye ibatayo ifite ibirindiro mu Bibogobogo muri teritware ya...

Read moreDetails
Next Post
I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?