• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, July 26, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

I Uvira ubwoba ni bwose nyuma y’uko abahatuye batangiye kwikanga abaje kuyifata.

minebwenews by minebwenews
May 4, 2025
in Conflict & Security
0
Abantu babiri bishwe barashwe i Uvira muri iri joro.
86
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Uvira ubwoba ni bwose nyuma y’uko abahatuye batangiye kwikanga abaje kuyifata.

You might also like

La RDC à un Tournant Décisif : Martin Fayulu Réclame un Dialogue Inclusif avec la Participation de l’AFC/M23 et Lance un Ultimatum au Président Tshisekedi

RDC Mu Ihurizo Rikomeye: Martin Fayulu Yasabye Ibiganiro Birimo AFC/M23, Atanga Ultimatum Ikomeye Kuri Perezida Tshisekedi

Col. Mitabu du MRDP-Twirwaneho : « La guerre ne vise pas seulement à prendre Gipupu, elle vise à renverser le pouvoir de Tshisekedi »

I Uvira ahimuriwe ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo ku rwego rw’i gihugu nyuma y’aho umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara, bikanze abarwanyi b’uyu mu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bageze muri iki gice ni mu gihe ngo batangiye kubona bamwe muri abo barwayi mu bice biherereye muri iyi teritware ya Uvira na Fizi zisanzwe zipakanye.

Ni amakuru yiriwe avugwa mu mujyi wa Uvira ku munsi w’ejo ku wa gatandatu tariki ya 03/05/2025, aho bamwe bagaragazaga ko abarwanyi ba M23 n’aba Twirwaneho ko baje gufata uyu mujyi.

Ibi bikaba byaratumye muri iki gice cya Uvira haba ubwoba bwinshi butigeze kuhaba, ki mwe kandi n’abandi n’abo bakunze amatwara ya M23 bishimiye ayo makuru.

Bamwe mubatangabuhamya baho babwiye Minembwe Capital News ko hari amakuru yatangiye kuvugwa n’Abapfulero batuye i Uvira ko batangiye kubona abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 muri Sange, ndetse ngo no mu misozi ya Uvira uturutse i Ndondo ya Bijombo.

Umwe muri abo yagize ati: “Turi kumva bavuga ngo M23 babonetse muri Sange. Ariko abo barwanyi ntibarigaragaza, kandi n’abandi bagaragaye mu misozi ya Runingu uturutse iyo ruguru.”

Agace ka Sange ni kamwe mu duce dutuwe cyane tugize ikibaya cya Rusizi ho muri teritware ya Uvira.

I Kibaya cya Rusizi cyose kiracyagenzurwa n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ndetse naho muri Sange haracyari Wazalendo, FDLR, ingabo z’u Burundi kimwe kandi n’iza FARDC.

Kimwecyo aba barwanyi b’uyu mutwe wa M23 mu minsi itatu ishize, bigaruriye uduce duherereye muri teritware ya Walungu dupakanye n’iyi teritware ya Uvira, kandi twegereye cyane iki Kibaya cya Rusizi.

Bivugwa ko bashobora gukomeza urugamba, muri ubwo buryo bakaba bakwigarurira ikibaya cya Rusizi n’umujyi wa Uvira uwo uruhande rwa Leta ruturukamo rugaba ibitero mu duce tugenzurwa n’uyu mutwe wa M23, nk’uko bakunze kubivuga ko bazakurikirana umwanzi iyo aturuka kugira ngo bamucyecyekeshe.

Kurundi ruhande aba baturiye i Uvira bavuga kandi ko hari abandi barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho baturutse muri Fizi kandi ko n’abo baje gutera aha i Uvira kugira ngo naho bahigarure nk’uko bagaruriye Minembwe, Mikenke ndetse n’imujyi ikomeye nk’uwa Kamanyola, Bukavu n’ahandi.

Ubutumwa n’ubundi baduhaye bukomeza bugira buti: “Twirwaneho na M23 baramanutse bava mu misozi ya Fizi. Baza bambaye umwamboro w’ingabo z’u Burundi bekomereza i ka Kuku, Tubuki, Kilumbi, Kanguli, Lusuku no kwa Mulima. Bageze ahitwa Kichula bafata inzira y’ishyamba bafata urugendo rurerure bagana mu Bibogobogo mbere yuko bagera hano i Uvira.”

Aya makuru akomeza agira ati: “Bahenze FARDC n’ingabo z’u Burundi kuko bambaye umwamboro w’ingabo z’u Burundi. Barashaka kwigarurira Fizi yose na Uvira.”

Ariko nyamara nubwo aya makuru agaragaza ko aba barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 ko bageze muri biriya bice byavuzwe haruguru, si ukuri kuko kwa Mulima n’abiriya bice bindi bikigenzurwa n’ingabo z’u Burundi iza FARDC ndetse n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.

Ubundi kandi ingabo z’u Burundi usibye kuba arizo ziri kwa Mulima zigenzura kandi no mu Rusuku, Bibogobogo ndetse no kuri Babengwe ho mu Lulenge muri teritware ya Fizi.

Zinagenzura n’igice cy’i Ndondo ya Bijombo yose ho muri teritware ya Uvira.

Tags: M23TwirwanehoUbwobaUvira
Share34Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

La RDC à un Tournant Décisif : Martin Fayulu Réclame un Dialogue Inclusif avec la Participation de l’AFC/M23 et Lance un Ultimatum au Président Tshisekedi

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
RDC Mu Ihurizo Rikomeye: Martin Fayulu Yasabye Ibiganiro Birimo AFC/M23, Atanga Ultimatum Ikomeye Kuri Perezida Tshisekedi

La RDC à un Tournant Décisif : Martin Fayulu Réclame un Dialogue Inclusif avec la Participation de l’AFC/M23 et Lance un Ultimatum au Président Tshisekedi MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails

RDC Mu Ihurizo Rikomeye: Martin Fayulu Yasabye Ibiganiro Birimo AFC/M23, Atanga Ultimatum Ikomeye Kuri Perezida Tshisekedi

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
RDC Mu Ihurizo Rikomeye: Martin Fayulu Yasabye Ibiganiro Birimo AFC/M23, Atanga Ultimatum Ikomeye Kuri Perezida Tshisekedi

RDC Mu Ihurizo Rikomeye: Martin Fayulu Yasabye Ibiganiro Birimo AFC/M23, Atanga Ultimatum Ikomeye Kuri Perezida Tshisekedi MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iri mu...

Read moreDetails

Col. Mitabu du MRDP-Twirwaneho : « La guerre ne vise pas seulement à prendre Gipupu, elle vise à renverser le pouvoir de Tshisekedi »

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: “Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi”

Col. Mitabu du MRDP-Twirwaneho : « La guerre ne vise pas seulement à prendre Gipupu, elle vise à renverser le pouvoir de Tshisekedi » MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: “Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi”

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: “Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi”

Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: "Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi" MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Umuyobozi wa gisirikare wa MRDP-Twirwaneho, Colonel Mitabu, yatangaje ko...

Read moreDetails

Kivu y’Amajyepfo: Imvura Idasanzwe Yateje Ibyangiritse Bikomeye ku Baturage

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Kivu y’Amajyepfo: Imvura Idasanzwe Yateje Ibyangiritse Bikomeye ku Baturage

Kivu y’Amajyepfo: Imvura Idasanzwe Yateje Ibyangiritse Bikomeye ku Baturage MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Imvura nyinshi ivanze n'urubura yangije bikomeye agace ka Cifunzi, gaherereye muri Grupema ya Kalonge, muri...

Read moreDetails
Next Post
I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?