Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Ibindi bitari byavuzwe mu buhanuzi buvuga kuri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 12, 2025
in Religion
0
Ibindi bitari byavuzwe mu buhanuzi buvuga kuri RDC.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibindi bitari byavuzwe mu buhanuzi buvuga kuri RDC.

You might also like

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

Umuhanuzi w’Imana akaba n’Umushumba muri rimwe mu matorero y’Abanyamulenge aherereye i Mbarara muri Uganda, Sodoki Kavoma, yavuze ko mbere yuko amasezerano yose yuzura ajyane n’ibyo Imana yasezeranyije abaturage bo mu Burasizuba bwa Congo, hazabanza kuba agahenge.

Bikubiye mu butumwa bwanditse Kavoma yahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, aho yagize ati: “Agahenge kazabanziriza kuzura kwa masezerano Imana yatanze ku gihugu cyacu.”

Nk’uko uyu muhanuzi uzwi cyane mu Burasizuba bwa Congo, ahanini cyane cyane mu Banyamulenge, yagaragaje ko agahenge kazaba, kazaba kameze nka ‘kayagirizo,’ ariko ko leta y’i Kinshasa izakomeza kwinangira, kandi ko kwinangira kwayo aribyo bizihutisha ibyo Imana yavuze.

Ati: “Agahenge kazakomoka mu masezerano y’ubwumvikane hagati y’impande zihanganye, ariko uriya mugabo azakomeza kwinangira. Kandi kwinangira kwe nibyo bizatuma ahasiga ubuzima.”

Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko nyuma y’uwo buvuga ko azahasiga ubuzima, abantu bazatangira gusubira iwabo aho bahoze batuye, bubakirwe kandi ngo bagire agaciro, ndetse kandi ngo n’abasirikare bazazamurwa mu ntera. Ariko ngo ibyo bizaba mukanya gato, maze ngo inkundura ibe.

Ubu bukaba ari ubuhanuzi buje bwiyongera ku bundi yari yatanze mbere yubu, nabwo bwavugaga ko mbere yuko mu Burasizuba bagera ku mahoro arambye, bizabanzirizwa n’urusaku ruzaba i Kinshasa, kandi ko urwo rusaku ruzanasiga ruhitanye ubuzima bw’umuyobozi ukomeye muri RDC.

Bwanavugaga ko nyuma yaruriya rusaku hazakurikiraho intambara ikomeye izabera ku mushashya, aho ni mu Kibaya cya Rusizi, Uvira n’umuhanda wa Uvira-Baraka.

Kavoma yagaragaje ko Imana yamuhishuriye ko nyuma y’ibyo byose hazakurikiraho kwikukira kw’i ntara.

Nyamara kandi yavuze ko mu rusaku ruzabera i Kinshasa ruzatuma haba ingaruka mbi ku muntu wese uvuga ururimi rw’ikinyarwanda uzaba ari kure yo mu Burasizuba bw’iki gihugu, mbese uzaba ari mu zindi ntara zigize iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ahanini i Kinshasa n’ahandi.

Hagataho, ubu buhanuzi buje mu gihe u Burundi bushinjwa guha imbunda Wazalendo no kwambutsa imbonerakure i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, mu rwego rwo kugira ngo bahungabanye umutekano muri iki gice.

Aya makuru akaba yarashizwe hanze n’ubuyobozi bwa AFC/M23.

Ubundi kandi ni mu gihe mu cyumweru gishize habaye imirwano ikomeye hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Congo mu misozi yo muri teritware ya Fizi na Uvira n’ahandi nka za Walungu.

Tags: AgahengeU Burasirazuba bwa RDCUbuhanuzi
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails

Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n’abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n’abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe.

Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n'abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe. Abanya-Minembwe barimo n'abayobozi batandukanye bari bitabiriye igiterane cyari kigamije gushima Imana ku bintu bitatu Imana...

Read moreDetails
Next Post
Akabi ngo gasekwa nka keza, ibyagaragaye i Uvira ni agahomeramunwa.

I "Uvira tugize ikibazo," ubutumwa butanzwe n'Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?