• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 11, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Ibindi bitari byavuzwe mu buhanuzi buvuga kuri RDC.

minebwenews by minebwenews
May 12, 2025
in Religion
0
Ibindi bitari byavuzwe mu buhanuzi buvuga kuri RDC.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibindi bitari byavuzwe mu buhanuzi buvuga kuri RDC.

Umuhanuzi w’Imana akaba n’Umushumba muri rimwe mu matorero y’Abanyamulenge aherereye i Mbarara muri Uganda, Sodoki Kavoma, yavuze ko mbere yuko amasezerano yose yuzura ajyane n’ibyo Imana yasezeranyije abaturage bo mu Burasizuba bwa Congo, hazabanza kuba agahenge.

READ ALSO

Abacengenzi mu miryango: Inyigisho z’Umushumba Gedeon Kayoni mu giterane cy’abamama

Abanyamulenge Bakiriye Inkuru y’Akababaro: Umusaza Simoni Sebaganwa, Umuhanuzi Wubahwaga, Yitabye Imana

Bikubiye mu butumwa bwanditse Kavoma yahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, aho yagize ati: “Agahenge kazabanziriza kuzura kwa masezerano Imana yatanze ku gihugu cyacu.”

Nk’uko uyu muhanuzi uzwi cyane mu Burasizuba bwa Congo, ahanini cyane cyane mu Banyamulenge, yagaragaje ko agahenge kazaba, kazaba kameze nka ‘kayagirizo,’ ariko ko leta y’i Kinshasa izakomeza kwinangira, kandi ko kwinangira kwayo aribyo bizihutisha ibyo Imana yavuze.

Ati: “Agahenge kazakomoka mu masezerano y’ubwumvikane hagati y’impande zihanganye, ariko uriya mugabo azakomeza kwinangira. Kandi kwinangira kwe nibyo bizatuma ahasiga ubuzima.”

Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko nyuma y’uwo buvuga ko azahasiga ubuzima, abantu bazatangira gusubira iwabo aho bahoze batuye, bubakirwe kandi ngo bagire agaciro, ndetse kandi ngo n’abasirikare bazazamurwa mu ntera. Ariko ngo ibyo bizaba mukanya gato, maze ngo inkundura ibe.

Ubu bukaba ari ubuhanuzi buje bwiyongera ku bundi yari yatanze mbere yubu, nabwo bwavugaga ko mbere yuko mu Burasizuba bagera ku mahoro arambye, bizabanzirizwa n’urusaku ruzaba i Kinshasa, kandi ko urwo rusaku ruzanasiga ruhitanye ubuzima bw’umuyobozi ukomeye muri RDC.

Bwanavugaga ko nyuma yaruriya rusaku hazakurikiraho intambara ikomeye izabera ku mushashya, aho ni mu Kibaya cya Rusizi, Uvira n’umuhanda wa Uvira-Baraka.

Kavoma yagaragaje ko Imana yamuhishuriye ko nyuma y’ibyo byose hazakurikiraho kwikukira kw’i ntara.

Nyamara kandi yavuze ko mu rusaku ruzabera i Kinshasa ruzatuma haba ingaruka mbi ku muntu wese uvuga ururimi rw’ikinyarwanda uzaba ari kure yo mu Burasizuba bw’iki gihugu, mbese uzaba ari mu zindi ntara zigize iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ahanini i Kinshasa n’ahandi.

Hagataho, ubu buhanuzi buje mu gihe u Burundi bushinjwa guha imbunda Wazalendo no kwambutsa imbonerakure i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, mu rwego rwo kugira ngo bahungabanye umutekano muri iki gice.

Aya makuru akaba yarashizwe hanze n’ubuyobozi bwa AFC/M23.

Ubundi kandi ni mu gihe mu cyumweru gishize habaye imirwano ikomeye hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Congo mu misozi yo muri teritware ya Fizi na Uvira n’ahandi nka za Walungu.

Tags: AgahengeU Burasirazuba bwa RDCUbuhanuzi

Related Posts

Abacengenzi mu miryango: Inyigisho z’Umushumba Gedeon Kayoni mu giterane cy’abamama
Religion

Abacengenzi mu miryango: Inyigisho z’Umushumba Gedeon Kayoni mu giterane cy’abamama

September 6, 2026
Abanyamulenge Bakiriye Inkuru y’Akababaro: Umusaza Simoni Sebaganwa, Umuhanuzi Wubahwaga, Yitabye Imana
Religion

Abanyamulenge Bakiriye Inkuru y’Akababaro: Umusaza Simoni Sebaganwa, Umuhanuzi Wubahwaga, Yitabye Imana

September 2, 2026
ANTIKRISTO AZAVA MURI ISRAEL cyangwa AMERIKA? Ukuri kwa Bibiliya Kurimo Igisubizo Gitangaje
Religion

ANTIKRISTO AZAVA MURI ISRAEL cyangwa AMERIKA? Ukuri kwa Bibiliya Kurimo Igisubizo Gitangaje

August 31, 2026
Minembwe Capital News — Isesengura ry’Amateka, Imyemerere n’Ibihuha Bimaze Imyaka Bivugwa kuri “Illuminati”
Religion

Minembwe Capital News — Isesengura ry’Amateka, Imyemerere n’Ibihuha Bimaze Imyaka Bivugwa kuri “Illuminati”

August 27, 2026
“Kuva ku Bigishwa 12 Kugeza kuri Miliyari 2.3: Ibanga ry’Uko Ubukristo Bwafashe Isi, Amateka Yabwo n’Icyo Ibyo Bivuga ku Mana”
Religion

“Kuva ku Bigishwa 12 Kugeza kuri Miliyari 2.3: Ibanga ry’Uko Ubukristo Bwafashe Isi, Amateka Yabwo n’Icyo Ibyo Bivuga ku Mana”

August 16, 2026
Apostle Alice na Col. Cobra Bakomeje Urugendo rw’Ivugabutumwa muri Minembwe, Bageze mu Nsengero Zirenga 10: Menya Byinshi kuri Iyi Ziara n’Ubutumwa bw’Imana Buyikubiyemo
Religion

Apostle Alice na Col. Cobra Bakomeje Urugendo rw’Ivugabutumwa muri Minembwe, Bageze mu Nsengero Zirenga 10: Menya Byinshi kuri Iyi Ziara n’Ubutumwa bw’Imana Buyikubiyemo

August 12, 2026
Next Post
Akabi ngo gasekwa nka keza, ibyagaragaye i Uvira ni agahomeramunwa.

I "Uvira tugize ikibazo," ubutumwa butanzwe n'Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Abantu 26 Bahitanywe n’Inkongi i Bukavu: AFC/M23 Itangaje Iminsi 3 y’Icyunamo
  • Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
  • FARDC, Ingabo z’u Burundi n’Imitwe Yitwaje Intwaro Bageze mu Bice bya Rurambo na Ndondo: Amakuru Mashya ku Miterere y’Ingabo Ziri Kuzamuka Ziva i Uvira
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?