• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibindi byimbitse ku gitero umutwe wa Red Tabara, wagabye ku ngabo z’u Burundi i Buringa, mu Ntara ya Bubanza.

minebwenews by minebwenews
February 27, 2024
in Regional Politics
0
Ibindi byimbitse ku gitero umutwe wa Red Tabara, wagabye ku ngabo z’u Burundi i Buringa, mu Ntara ya Bubanza.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye ibindi byimbitse ku gitero umutwe wa Red Tabara uheruka kugaba ku ikambi y’igisirikare cy’u Burundi, iherereye ahitwa i Buringa, mu Ntara ya Bubanza, mu Majyaruguru y’i gihugu cy’u Burundi.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Ni mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 25/02/2024, ubwo umutwe wa Red Tabara wagabaga igitero ku ngabo z’u Burundi z’iherereye mu ma kambi abiri, ari mu bice byo mu Ntara ya Bubanza.

Ayo makambi abiri, bivugwa ko imwe yari ahitwa kwa Ndombolo, indi ikaba yari ahitwa Mpanda, muri Buringa, nk’uko ibi bya tangajwe n’umuvugizi wa Red Tabara.

Ikinyamakuru cya SOS media Burundi, cyatangaje ko abaturage baturiye ibyo bice ko batigeze batabarwa n’igisirikare cy’u Burundi, bitandukanye nibyo leta y’u Burundi yashize mu itangazo nyuma yakiriya gitero.

Ati: “Abaturage ntibigeze batabarwa n’igisirikare cy’u Burundi, hubwo ibitero bya gabwe mu ma kambi y’abasirikare abasirikare barayata barahunga.”

Itangazo rya leta ryo ri vugaga ko Red Tabara yagabye ibitero mu baturage, maze ngo abasirikare batabara abaturage, biza kurangira umusirikare umwe wa leta akomeretse.

Urubuga rwo, rwa Pacifique Nininahazwe ruvuga ko ibyo umutwe w’inyeshamba wa Red Tabara wakoze bitari bimenyerewe, ngo ni mu gihe izo nyeshamba zagabye ibitero ku ngabo z’i gihugu bikarangira za kambi zigisirikare zigaruriwe na ziriya nyeshamba.

Ati: “Ni ubwa mbere twumva ibitero bya Red Tabara bagabye ku basirikare b’u Burundi, abasirikare bagata i kambi zabo bagahunga, posisiyo zabo zigasigaramo ibikoresho gusa. Ibyo bitubwira ko inyeshamba za Red Tabara zigeze k’urundi rwego, mu bushobozi no mu bwinshi.”

Yakomeje agira ati: “Ku ki ingabo za leta zidakomeza umutekano w’i Gihugu cyabo? Ikindi buriya kuba abasirikare b’u Burundi barataye ibirindiro byabo byerekana ko barwanye n’abantu ba barusha imbaraga, mu bundi buryo bofata igihugu.”

Muri kiriya gitero Red Tabara yagabye ku ngabo z’u Burundi cyaguyemo abasirikare b’u Burundi ba barirwa muri batandatu barenga, harimo n’abakomeretse benshi, ndetse hatwikwa n’imodoka zibiri zigisirikare cy’u Burundi. Ikindi n’uko hasenywe inyubako y’ingoro y’i Shyaka riri k’ubutegetsi rya CNDD FDD, yari iherereye muri Buringa, ibi bya vuzwe n’ikinyamakuru cya Sos media Burundi.

Ubundi kandi Red Tabara yambuye Ingabo z’u Burundi ibikoresho byinshi bya gisirikare, birimo n’imbunda zimwe izirasa kure.

Hari hashize amezi abiri gusa umutwe wa Red Tabara ugabye kandi igitero mugace ka Vugizo, mu Gatumba, aha hana umupaka w’igihugu cy’u Burundi na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Igitero cyasize aba barirwa muri 20 irenga bahasize ubuzima barimo abasirikare b’u Burundi 9.

     MCN.
Tags: BuringaIbindi by'imbitseKu gitero umutwe wa Red TabaraWagabye ku ngabo z'u Burundi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails
Next Post
Uruzinduko rwa Bintou Keita, muri Kamanyola rwaba rugamije iki?

Uruzinduko rwa Bintou Keita, muri Kamanyola rwaba rugamije iki?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?