Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibindi by’imbitse ku kiganiro perezida Félix Tshisekedi yaraye akoze, hamwe asa n’uwivuguriza ahandi avuga ko ari intungane.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 23, 2024
in Regional Politics
0
Ibindi by’imbitse ku kiganiro perezida Félix Tshisekedi yaraye akoze, hamwe asa n’uwivuguriza ahandi avuga ko ari intungane.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibindi by’imbitse mu kiganiro Perezida Félix Tshisekedi yaraye akoze mu ijoro ryo k’uwa Kane, tariki ya 22/02/2024.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Iki kiganiro perezida Félix Tshisekedi yagikoranye na banyamakuru i Kinshasa k’umurwa mukuru w’i Gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni ikiganiro kibaye nicyambere kuva arahiriye ko ngera kuyobora RDC muri manda ye, ya Kabiri.

Tshisekedi yavuze ko i Nama aheruka guhurira na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, bahurira i Addis Ababa muri Ethiopa, ko yari i Nama yateguwe na perezida João Lourenço wa Angola, ayitegura nk’u muhuza wa genwe n’umuryango w’u bumwe bwa Afrika, Tshisekedi avuga ko iyo Nama ko “ntacyo yagezeho.”

Yongeraho ko perezida Lourenço yateguye indi Nama izaba itandukanye niyo yabaye i Addis Ababa, ikazaba iyo guhura na none n’aba bategetsi bombi ariko buri wese bakazahura ukwe, avuga ko ndetse iwe nibigenda neza azajya i Luanda k’uwa Kabiri wicyumweru gitaha.

Muri iki kiganiro perezida Félix Tshisekedi yabajijwe impamvu adashobora kuganira na M23, maze ahera mu myaka ya 2019 avuga ko uburyo uwo mutwe wari waraneshejwe mu mwaka w ‘ 2012 ko wongeye ukwisuganya ugaruwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, mu gihe ngo leta ya Kinshasa yo yari imaze igihe ikora ibikorwa byo gucyura mu Rwanda abarwanyi b’u mutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bwa Kigali.

Yagize ati: “Niyo mpamvu ntashobora kuganira na M23. K’umvikana cyangwa ibiganiro ndabishaka, ariko ndabishaka n’u Rwanda k’uko nirwo rushotora, naranabivuze mu Nama i Addis Ababa mbwira Kagame ubwe nti “Niwewe nshaka kubona imbere yanjye mu biganiro kugira ngo mubaze ngo ‘ni iki mushaka ku gihugu cyanjye n’abantu banjye?’ kuki mukomeza iteka kwica abo dusangiye igihugu no gusahura imitungo y’igihugu cyanjye?”

Kinshasa ishinja Kigali gufasha M23, ariko kandi Kigali nayo ishinja Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Perezida Félix Tshisekedi muri iki kiganiro hamwe yasaga nushaka amahoro ahandi bigasa nibyanze.

Haraho yagize ati: “Niteguye kuba mpagaritse ubukana bwanjye bw’intambara.”

Ku kibazo cy’ihuriro AFC rifatanya n’u mutwe wa M23, yagize ati: “nzahita nkoranya inteko nshinga mategeko imitwe yombi ntangaze intambara k’u Rwanda.”

Hari n’ubwo yigeze ku bivuga arimo kw’iyamamaza yagize ati: “Maze kubona imikorere ya perezida Paul Kagame, nara mubwiye nti ‘njyewe nawe birarangiye . Tuzongera kuvuganira gusa imbere y’Imana iducira urubanza.”

Iki kiganiro yaraye akoze mu ijoro avuga ibitandukanye nibyambere, yagize ati: “Njyewe intambara ntabwo nayitojwe, njyewe nzi amahoro, nzi iterambere, nzi ubuvandimwe, nzi ubufatanye aho niho nibona, si mu ntambara. Ariko ntibivuze ko uyidushakaho atazayibona, nushaka intambara tuzayirwana.”

Abajijwe kubyo yatangaje ubwo yarimo yiyamaza atangaza intambara k’u Rwanda, yasubije avuga ati: “Uko ibintu byifashe uyu munsi, nababwira ko ndi umuntu w’imbere ubirebera hafi ntibinyemerera gushira mu bikorwa ibyo navuze.”

Avuga ko ubu atakora ibyo yari yavuze, ko ubu hari “imihate ihagije ituma gutanga amahoro ari icyemezo cy’u bwenge kurusha mu mwanya w’intambara.”

Iki kiganiro perezida Félix Tshisekedi yagikoze mugihe intambara irushijeho guca ibintu mu Burasirazuba bwa RDC, abantu ba barirwa mu bihumbi bamaze guta izabo bava muri teritware ya Masisi Rutsuru na Nyiragongo. Naho u Mujyi wa Goma uzengurutswe n’ingabo za Gen Sultan Makenga.

            MCN.
Tags: Ari vuguruzaIkiganiro cya perezidaIntunganeTshisekedi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma y’uko perezida w’u Rwanda aganiriye na mugenzi we Salva Kiir, mu karere hitezwe amahoro.

Nyuma y'uko perezida w'u Rwanda aganiriye na mugenzi we Salva Kiir, mu karere hitezwe amahoro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?