• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibindi by’imbitse ku kiganiro perezida Félix Tshisekedi yaraye akoze, hamwe asa n’uwivuguriza ahandi avuga ko ari intungane.

minebwenews by minebwenews
February 23, 2024
in Regional Politics
0
Ibindi by’imbitse ku kiganiro perezida Félix Tshisekedi yaraye akoze, hamwe asa n’uwivuguriza ahandi avuga ko ari intungane.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibindi by’imbitse mu kiganiro Perezida Félix Tshisekedi yaraye akoze mu ijoro ryo k’uwa Kane, tariki ya 22/02/2024.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Iki kiganiro perezida Félix Tshisekedi yagikoranye na banyamakuru i Kinshasa k’umurwa mukuru w’i Gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni ikiganiro kibaye nicyambere kuva arahiriye ko ngera kuyobora RDC muri manda ye, ya Kabiri.

Tshisekedi yavuze ko i Nama aheruka guhurira na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, bahurira i Addis Ababa muri Ethiopa, ko yari i Nama yateguwe na perezida João Lourenço wa Angola, ayitegura nk’u muhuza wa genwe n’umuryango w’u bumwe bwa Afrika, Tshisekedi avuga ko iyo Nama ko “ntacyo yagezeho.”

Yongeraho ko perezida Lourenço yateguye indi Nama izaba itandukanye niyo yabaye i Addis Ababa, ikazaba iyo guhura na none n’aba bategetsi bombi ariko buri wese bakazahura ukwe, avuga ko ndetse iwe nibigenda neza azajya i Luanda k’uwa Kabiri wicyumweru gitaha.

Muri iki kiganiro perezida Félix Tshisekedi yabajijwe impamvu adashobora kuganira na M23, maze ahera mu myaka ya 2019 avuga ko uburyo uwo mutwe wari waraneshejwe mu mwaka w ‘ 2012 ko wongeye ukwisuganya ugaruwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, mu gihe ngo leta ya Kinshasa yo yari imaze igihe ikora ibikorwa byo gucyura mu Rwanda abarwanyi b’u mutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bwa Kigali.

Yagize ati: “Niyo mpamvu ntashobora kuganira na M23. K’umvikana cyangwa ibiganiro ndabishaka, ariko ndabishaka n’u Rwanda k’uko nirwo rushotora, naranabivuze mu Nama i Addis Ababa mbwira Kagame ubwe nti “Niwewe nshaka kubona imbere yanjye mu biganiro kugira ngo mubaze ngo ‘ni iki mushaka ku gihugu cyanjye n’abantu banjye?’ kuki mukomeza iteka kwica abo dusangiye igihugu no gusahura imitungo y’igihugu cyanjye?”

Kinshasa ishinja Kigali gufasha M23, ariko kandi Kigali nayo ishinja Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Perezida Félix Tshisekedi muri iki kiganiro hamwe yasaga nushaka amahoro ahandi bigasa nibyanze.

Haraho yagize ati: “Niteguye kuba mpagaritse ubukana bwanjye bw’intambara.”

Ku kibazo cy’ihuriro AFC rifatanya n’u mutwe wa M23, yagize ati: “nzahita nkoranya inteko nshinga mategeko imitwe yombi ntangaze intambara k’u Rwanda.”

Hari n’ubwo yigeze ku bivuga arimo kw’iyamamaza yagize ati: “Maze kubona imikorere ya perezida Paul Kagame, nara mubwiye nti ‘njyewe nawe birarangiye . Tuzongera kuvuganira gusa imbere y’Imana iducira urubanza.”

Iki kiganiro yaraye akoze mu ijoro avuga ibitandukanye nibyambere, yagize ati: “Njyewe intambara ntabwo nayitojwe, njyewe nzi amahoro, nzi iterambere, nzi ubuvandimwe, nzi ubufatanye aho niho nibona, si mu ntambara. Ariko ntibivuze ko uyidushakaho atazayibona, nushaka intambara tuzayirwana.”

Abajijwe kubyo yatangaje ubwo yarimo yiyamaza atangaza intambara k’u Rwanda, yasubije avuga ati: “Uko ibintu byifashe uyu munsi, nababwira ko ndi umuntu w’imbere ubirebera hafi ntibinyemerera gushira mu bikorwa ibyo navuze.”

Avuga ko ubu atakora ibyo yari yavuze, ko ubu hari “imihate ihagije ituma gutanga amahoro ari icyemezo cy’u bwenge kurusha mu mwanya w’intambara.”

Iki kiganiro perezida Félix Tshisekedi yagikoze mugihe intambara irushijeho guca ibintu mu Burasirazuba bwa RDC, abantu ba barirwa mu bihumbi bamaze guta izabo bava muri teritware ya Masisi Rutsuru na Nyiragongo. Naho u Mujyi wa Goma uzengurutswe n’ingabo za Gen Sultan Makenga.

            MCN.
Tags: Ari vuguruzaIkiganiro cya perezidaIntunganeTshisekedi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma y’uko perezida w’u Rwanda aganiriye na mugenzi we Salva Kiir, mu karere hitezwe amahoro.

Nyuma y'uko perezida w'u Rwanda aganiriye na mugenzi we Salva Kiir, mu karere hitezwe amahoro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?