• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibindi wa menya ku biganiro byahuje u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo mu birwa by’i Zanzibar.

minebwenews by minebwenews
July 8, 2024
in Regional Politics
0
Ibindi wa menya ku biganiro byahuje u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo mu birwa by’i Zanzibar.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibindi wa menya ku biganiro byahuje u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo mu birwa by’i Zanzibar.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Mu gitondo cy’ejo hashize tariki ya 07/07/2024, abategetsi ba RDC n’u Rwanda, bahuriye mu birwa bya Zanzibar ho mu gihugu cya Tanzania baganira ku mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’ungirije wa RDC, Gracia Yamba Kazadi, niwe wari uyoboye intumwa z’iki gihugu mu gihe iz’u Rwanda zo zari ziyobowe na minisitiri w’ubabanye n’amahanga wayo, bwana Olivier Duhungirehe aho yari kumwe na Gen James Kabarebe n’abandi banyacyubahiro batandukanye.

Byitabiriwe kandi n’abaminisitiri barimo uwa Uganda w’ubanye n’amahanga, uwa Tanzania, uwa Sudan y’Epfo n’umunyamabanga mukuru w’umuryango wa EAC.

Nk’uko bigaragara mu makuru iriya nama yageneye itangaza makuru, ku ngingo yizweho y’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC, inama yemeje ko “impande zishyamiranye mu bice byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bigomba gutekana kandi hagakorwa ibishoboka byose kugira ngo amahoro arambye abashye kuboneka.”

Ibi byaje gushimangirwa n’ubutumwa minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Duhungirehe yashize hanze akoresheje x, agira ati: “Inama yabaye mu buryo bwubaka kandi bushingiye ku bisubizo byo kugera ku mahoro arambye. Abaminisitiri baturutse mu bihugu bibiri bituranye, kandi mu biganiro bagaragaje ubushake bushimangira ko bashaka amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ni muri urwo rwego hafashwe imyanzuro yogukomeza ibiganiro bya Luanda na Nairobi.”

Iyi nama yabaye mu gihe Amerika yasabye ko haba agahenge hagati y’abarwanyi ba M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Congo, aka gahenge katangiye isaha ya saa sita z’ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 05/07/2024.

Menya ko iyi nama yabereye mu yindi, y’abaminisitiri b’ubanye n’amahanga bo mu bihugu bigize umuryango wa Afrika y’i Burasirazuba (EAC) aho bari i Zanzibar. Biteganijwe ko imara iminsi itatu.

Hagati aho intambara irakomeje mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, hagati y’ihuriro ry’Ingabo za RDC na M23 .

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, cy’ejo hashize iri huriro ry’ingabo za RDC ryagabye ibitero mu birindiro bya M23 biherereye i Kirumba no mu bindi bice byo muri teritware ya Lubero.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko M23 yasubije inyuma ibyo bitero kandi yambura ririya huriro ry’ingabo za leta ya Kinshasa ibikoresho byinshi by’agisirikare, birimo n’imbunda ziremereye, nk’uko amasoko yacu abivuga.

          MCN.
Tags: Ibindi wa menya ku biganiroU Rwanda na CongoZanzibar
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Mu gihe cya gahenge, FARDC n’abambari bayo bagabye ibitero mu birindiro bya M23 n’ahatuwe n’abaturage.

Mu gihe cya gahenge, FARDC n'abambari bayo bagabye ibitero mu birindiro bya M23 n'ahatuwe n'abaturage.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?