Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibirimo kuvugwa nyuma y’aho visi perezida wa Sudan y’Epfo atawe muri yombi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 27, 2025
in Regional Politics
0
Ibirimo kuvugwa nyuma y’aho visi perezida wa Sudan y’Epfo atawe muri yombi.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibirimo kuvugwa nyuma y’aho visi perezida wa Sudan y’Epfo atawe muri yombi.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Visi perezida wa Sudan y’Epfo, Machar Riek, yatawe muri yombi, ibyatumye ubwoba muri iki gihugu bwiyongera, aho bivugwa ko intambara yahita y’ubura, ndetse za ambasade z’ibihugu bimwe zihita zisaba abaturage bazo kuva ku butaka bw’iki gihugu inzira zikigendwa.

Amakuru ava muri iki gihugu avuga ko gufunga Machar Riek, ni itegeko ryatanzwe na perezida wa Sudan y’Epfo, Salva Kiir mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kane.

Ni amakuru avuga kandi ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu cya Sudan y’Epfo, bavuga ko ibyakozwe na perezida Salva Kiir byo guta muri yombi visi perezida we, bihabanye n’amasezerano y’amahoro yo muri 2018.

Aya makuru akomeza avuga ko naza ambasade za bimwe mu bihugu ziri muri iki gihugu zasabye abaturage bazo bakirimo kukivamo kuko hari impungenge ko ibintu bishobora kuba bibi.

Perezida Salva Kiir, mu ijoro ryaraye rikeye, nibwo yatanze itegeko ryo guta muri yombi visi perezida we, nk’uku iyi nkuru yashyizwe hanze n’ishyaka rya Machar.

Ubundi kandi abashinzwe kurinda umutekano wa visi perezida Machar na bo bambuwe imbunda bajanwa ahantu hatazwi.

Imodaka za gisirikare z’ibifaru zigera muri 20 zinjiye mu rugo rwa Machar ruri i Juba mu murwa mukuru w’iki gihugu cya Sudan y’Epfo, zihita zimuta muri yombi.

Ikindi cyavuzwe nuko ibiro by’ambasade zimwe zikorera muri iki gihugu zahise zifunga imiryango yazo, ubundi kandi zibuza abakozi bazo kujya ku kazi, zinasaba n’abaturage bazo guhita bava muri iki gihugu.

Ni mu gihe kandi n’intumwa yihariye ihagarariye umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye muri Sudan y’Epfo, yanenze iki gikorwa cyo guta muri yombi visi perezida.

Yagize ati: “Iri joro abayobozi b’iki gihugu bongeye gusubira mu makimbirane mu gihe harimo haterwa intambwe yo kuzana amahoro na demokarasi.”

Tags: RiekSudan y'EpfoVisi perezidaYatawe muri yombi
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye ikindi kiri bukurikireho nyuma y’aho mu Minembwe bakiriye Intare-Batinya.

Hamenyekanye ikindi kiri bukurikireho nyuma y'aho mu Minembwe bakiriye Intare-Batinya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?