Ibiro bikuru bya perezida wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika, whitehouse.gv byasohoye itangazo rivuga ku bitero Iran yagabye kuri Israel, ryerekana neza ko Amerika yafashije Israel muburyo bweruye.
Ni itangazo ryerekana ko ryandikiwe muri Whitehouse, nyuma y’uko igisirikare cya leta ya Iran kimaze kugaba ibitero kuri Israel.
Iritangazo ritari rigufi ritangira rivuga ko Iran hamwe nabo bakorana bakorera muri Yemen, Siriya na Iraki, bagabye igitero cy’indege kitigeze kibaho ku bigo bya gisirikare muri Israel.
Itangazo rivuga ko Amerika itishimiye ibyo Iran yakoze mu kugaba ibitero.
Rigira riti: “Turamagana twivuye inyuma ibitero byagabwe muri Israel mu buryo bukomeye.”
Rikomeza rivuga ko ‘ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu rwego rwo gushigikira igihugu cya Israel, ingabo za Amerika zashwanyaguje Indege hamwe n’ibisasu bya Misile byari byagabwe kuri Israel. Drone hafi ya zose zari zagabye ibitero zahanuwe.’
Iritangazo ry’ibiro bikuru bya perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, rikomeza rivuga ko Joe Biden aheruka kuvugana na minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, kugira ngo Amerika yereke Israel ko iyishigikiye, ko ndetse yiyemeje guharanira umutekano wa baturage baturiye i Gihugu cya Israel.
Itangazo rinashimangira rivuga ko Joe Biden yabwiye Benjamin Netanyahu ko Israel yerekanye ubushobozi budasanzwe bwo kwirinda no gutsinda ibitero bitigeze bibaho. Biden yakomeje abwira Netanyahu ko abanzi ba Israel batazagira icyo batwara igihugu cya Israel.
Iritangazo rivuga kandi ko Biden azahamagara bagenzi be bo muri G7 kugira ngo bashake igisubizo cy’u bubanyi n’amahanga ku gitero cy’u bugome Iran yakoze.
Itangazo risoza rivuga ko Igihugu cya leta Zunze Ubumwe z’Amerika kizakomeza gushyigikira Israel n’ubwo muri ibi bihe bitoroshye kandi ko Amerika itazatezuka ku kurwanya ibyihebe.

MCN.