• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibitaravuzwe ku ngabo z’u Burundi ziherereye mu misozi miremire y’Imulenge.

minebwenews by minebwenews
July 24, 2024
in Regional Politics
0
Ibitaravuzwe ku ngabo z’u Burundi ziherereye mu misozi miremire y’Imulenge.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibitaravuzwe ku ngabo z’u Burundi ziherereye mu misozi miremire y’Imulenge.

You might also like

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Ni bikubiye mu butumwa bwanditse abaturage baturiye ibice byo mu misozi miremire y’Imulenge bahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, buvuga ko Ingabo z’u Burundi ziri mu bice by’itombwe, Minembwe, Rurambo n’i Ndondo ko haribyo zakijije bitari bike.

Hagati y’ukwezi kwa Gatandatu n’ukwakarindwi umwaka w’ 2022, nibwo abasirikare b’u Burundi bagera kuri 600 bageze muri Kivu y’Amajy’epfo, ku masezerano y’ibihugu byombi. Muri icyo gihe bahise bavangwa n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bakora ibatayo yahawe izina rya TAFOC.

Nyuma bagiye boherezwa mu bice bitandukanye byo mu misozi miremire y’Imulenge kandi bagenda bakomeza kwiyongera, harimo aboherejwe mu bice byo muri teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira.

Ubu butumwa twahawe bugaragaza ko aba basirikare b’u Burundi bafashije muri byinshi, ahanini batumye Inka z’Abanyamulenge zidakomeza kunyagwa.

Muri ubu butumwa hatanzwemo urugero ruvuga ko “mu gihe cyose Inka z’Abanyamulenge zinyagiwe mu bice bigenzurwa n’ingabo z’u Burundi zikanyagwa na Maï Maï, aba basirikare bahita bazikurikira mupaka za nka zikaboneka kandi igihe zitabonetse bagashorera iz’Ababembe baherereye mu bice izo nka zerekejemo zinyazwe”

Ibi bikaba byaratumye Maï Maï igabanya umuvuduko wo kunyaga Inka z’Abanyamulenge.

Bugira buti: “Nta nka yonyagirwa mu bice bigenzurwa n’ingabo z’u Burundi. Ni gihe zinyazwe bo barazikurikira kugeza bazigaruye, zirya zanyazwe zabura bagashorera iz’Ababembe. Kandi barazishitsa bakazigenera n’ubundi ababa bazinyazwe.”

Ikindi cyavuzwe n’uko ibyo ingabo z’u Burundi zari zarabwiwe n’abanzi ba Banyamulenge ko Twirwaneho ikorana na Red Tabara umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, basanze ataribyo hubwo basanga Twirwaneho ari abana beza, kuko barindira abaturage umutekano.

Bunavuga kandi ko hari ibice ingabo z’u Burundi zagiye ziyambaza Twirwaneho kubafasha ku rwanya Red Tabara, nka hitwa mu Gitoga, Twirwaneho n’iyo yafashe iya mbere mu kurasa uwo mutwe wa Red Tabara, ndetse no mu bindi bice by’i Ndondo ya Bijombo, Itombwe na Fizi.

Ibi byatumye ingabo z’u Burundi zisobanukirwa byinshi, ariko kandi aba basirikare bakaba bafitanye igihango bagiranye na leta ya Kinshasa kandi ari yo ishinjwa gukangurira Maï Maï na FDLR kurwanya ubwoko bw’Abanyamulenge.

Ibi nabyo bituma iz’i ngabo zitizerwa ijana ku jana, ariko uruhare rw’iz’ingabo mu kugarura Inka z’Abanyamulenge ziba zanyazwe, Abanyamulenge batanze ubu butumwa bararuzirikana.

Kuri ubu nta ngabo z’u Burundi zikirangwa mu bice byo muri Komine ya Minembwe, kuko nyuma y’uko umutwe wa Red Tabara usubiranyemo na Maï Maï ahagana mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, iz’i ngabo zahise zerekeza iy’i Lulenge abandi bagana iyo mu Cyohagati cyaza Rwera.

Udasize ko abandi bo muri iz’i ngabo babarizwa ku Ndondo ya Bijombo na Rurambo.

Hagati aho, umutekano uracameze neza mu misozi miremire y’Imulenge nyuma y’ibitero byayogoje aka karere ahanini mu mwaka ushize byumwihariko mu mpera zawo.

            MCN.
Tags: IbitaravuzweImulengeIngaboIngabo z'u Burundi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe uko Kayini yishe Abel, hakurikizaho Imana ku mwirukana.

Havuzwe uko Kayini yishe Abel, hakurikizaho Imana ku mwirukana.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?