• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibitaravuzwe ku ngabo z’u Burundi ziherereye mu misozi miremire y’Imulenge.

minebwenews by minebwenews
July 24, 2024
in Regional Politics
0
Ibitaravuzwe ku ngabo z’u Burundi ziherereye mu misozi miremire y’Imulenge.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibitaravuzwe ku ngabo z’u Burundi ziherereye mu misozi miremire y’Imulenge.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni bikubiye mu butumwa bwanditse abaturage baturiye ibice byo mu misozi miremire y’Imulenge bahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, buvuga ko Ingabo z’u Burundi ziri mu bice by’itombwe, Minembwe, Rurambo n’i Ndondo ko haribyo zakijije bitari bike.

Hagati y’ukwezi kwa Gatandatu n’ukwakarindwi umwaka w’ 2022, nibwo abasirikare b’u Burundi bagera kuri 600 bageze muri Kivu y’Amajy’epfo, ku masezerano y’ibihugu byombi. Muri icyo gihe bahise bavangwa n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bakora ibatayo yahawe izina rya TAFOC.

Nyuma bagiye boherezwa mu bice bitandukanye byo mu misozi miremire y’Imulenge kandi bagenda bakomeza kwiyongera, harimo aboherejwe mu bice byo muri teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira.

Ubu butumwa twahawe bugaragaza ko aba basirikare b’u Burundi bafashije muri byinshi, ahanini batumye Inka z’Abanyamulenge zidakomeza kunyagwa.

Muri ubu butumwa hatanzwemo urugero ruvuga ko “mu gihe cyose Inka z’Abanyamulenge zinyagiwe mu bice bigenzurwa n’ingabo z’u Burundi zikanyagwa na Maï Maï, aba basirikare bahita bazikurikira mupaka za nka zikaboneka kandi igihe zitabonetse bagashorera iz’Ababembe baherereye mu bice izo nka zerekejemo zinyazwe”

Ibi bikaba byaratumye Maï Maï igabanya umuvuduko wo kunyaga Inka z’Abanyamulenge.

Bugira buti: “Nta nka yonyagirwa mu bice bigenzurwa n’ingabo z’u Burundi. Ni gihe zinyazwe bo barazikurikira kugeza bazigaruye, zirya zanyazwe zabura bagashorera iz’Ababembe. Kandi barazishitsa bakazigenera n’ubundi ababa bazinyazwe.”

Ikindi cyavuzwe n’uko ibyo ingabo z’u Burundi zari zarabwiwe n’abanzi ba Banyamulenge ko Twirwaneho ikorana na Red Tabara umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, basanze ataribyo hubwo basanga Twirwaneho ari abana beza, kuko barindira abaturage umutekano.

Bunavuga kandi ko hari ibice ingabo z’u Burundi zagiye ziyambaza Twirwaneho kubafasha ku rwanya Red Tabara, nka hitwa mu Gitoga, Twirwaneho n’iyo yafashe iya mbere mu kurasa uwo mutwe wa Red Tabara, ndetse no mu bindi bice by’i Ndondo ya Bijombo, Itombwe na Fizi.

Ibi byatumye ingabo z’u Burundi zisobanukirwa byinshi, ariko kandi aba basirikare bakaba bafitanye igihango bagiranye na leta ya Kinshasa kandi ari yo ishinjwa gukangurira Maï Maï na FDLR kurwanya ubwoko bw’Abanyamulenge.

Ibi nabyo bituma iz’i ngabo zitizerwa ijana ku jana, ariko uruhare rw’iz’ingabo mu kugarura Inka z’Abanyamulenge ziba zanyazwe, Abanyamulenge batanze ubu butumwa bararuzirikana.

Kuri ubu nta ngabo z’u Burundi zikirangwa mu bice byo muri Komine ya Minembwe, kuko nyuma y’uko umutwe wa Red Tabara usubiranyemo na Maï Maï ahagana mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, iz’i ngabo zahise zerekeza iy’i Lulenge abandi bagana iyo mu Cyohagati cyaza Rwera.

Udasize ko abandi bo muri iz’i ngabo babarizwa ku Ndondo ya Bijombo na Rurambo.

Hagati aho, umutekano uracameze neza mu misozi miremire y’Imulenge nyuma y’ibitero byayogoje aka karere ahanini mu mwaka ushize byumwihariko mu mpera zawo.

            MCN.
Tags: IbitaravuzweImulengeIngaboIngabo z'u Burundi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe uko Kayini yishe Abel, hakurikizaho Imana ku mwirukana.

Havuzwe uko Kayini yishe Abel, hakurikizaho Imana ku mwirukana.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?