Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibitero birimo n’ingabo z’u Burundi byagabwe mu mihana itandukanye y’Abanyamulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 3, 2025
in Regional Politics
0
I Kilembwe ingabo za Fardc ntizitsa umwuka munda, naho Bibogobogo hatewe
105
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibitero birimo n’ingabo z’u Burundi byagabwe mu mihana itandukanye y’Abanyamulenge.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Imihana itandukanye y’Abanyamulenge irahazwi nk’i Mulenge, muri Kivu y’Amajyepfo, yagabwemo ibitero, aho bivugwa ko imitwe yitwaje intwaro ya FDLR na Wazalendo ifatanyije n’ingabo z’u Burundi kw’ari yo yagabye ibyo bitero.

Kuva ku wa gatanu w’i cyumweru gishize abaturiye i Ndondo ya Bijombo bavuze ko iwabo hanyuze ingabo z’u Burundi zaje zinutse i Uvira.

Bavuga ko izi ngabo zigizwe n’ibatayo zibiri.
Nk’uko babivuze zari zerekeje mu Minembwe, kandi ko ubwazo nazo zabwiye aba baturage ko ari yo zerekeje.

Ati: “Ku wa ganu, abasirikare b’u Burundi banyuze kw’ Irango ari benshi, barara ahitwa mu Kagogo. Zari ziturutse i Uvira, zitubwira ko zigiye mu Minembwe, zari batayo zibiri.”

Ni mu gihe Twirwaneho iheruka kwigarurira ibigo by’ingabo z’u Burundi n’ibya FARDC byabaga mu Mikenke na Kamombo.
Ibi bigo Twirwaneho yabyigaruriye nyuma y’aho mu Minembwe na Mikenke ndetse no mu Cyohagati, Abanyamulenge bakomezaga kugabwaho ibitero by’iri huriro rigizwe n’ingabo z’u Burundi, FARDC, FDLR na Wazalendo.

Kuzamuka kw’aya mabatayo abiri y’ingabo z’u Burundi, biri murwego rwo gutanga musaada nyuma y’aho izari mu Kamombo na Mikenke zitsinzwe.

Uyu munsi rero, tariki ya 03/03/2025, byavuzwe ko iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ririmo ingabo z’u Burundi ryagabye ibitero ahatuwe n’Abanyamulenge.

Umwe mu baturage yatubwiye ko ibyo bitero byagabwe mu majyepgo ya Minembwe, Mikenke na Bibogobogo.

Yagize ati: Mu Minembwe tubyukiye mu ntambara. Umwanzi yaduteye ku Gipimo mu Biziba na Bilalombili mu Mikenke.”

Ibindi bitero byavuzwe mu Bibogobogo naho hatuwe n’Abanyamulenge, aho amakuru ava yo avuga ko uwabateye yaturutse mu Mutambara mu b’Abembe. Ntibiramenyekana neza ko aba Wazalendo bateye ku Gipimo na Bibogobogo barikumwe n’ingabo z’u Burundi. Gusa bizwi ko izi ngabo z’u Burundi ari zo zagabye igitero ku Bilalombili mu Mikenke.

Amakuru amwe avuga ko Twirwaneho igihagaze neza mu mirwano, ngo kuko yabashe gusubiza inyuma ibyo bitero byose yagabweho muri izi mpande zitandukanye.

Nyamara kandi, andi makuru avuga ko mu Mikenke imirwano yaremereye, ariko ko ku Gipimo Twirwaneho yashubije inyuma uwayigabyeho igitero.

Uherereye mu Mikenke yagize ati: “Adui yaje ari mwinshi ku Bilalombili, ariko ubu twamwirukanye . Ari guhunga yerekeje u ruhande rwo mu Rwitsankuku.”

Iyi mirwano ibaye mu gihe mu mpera z’icyumweru gishize, i Bukavu hashyizweho guverineri n’abavisi guverineri babiri b’iyi ntara ya Kivu y’Epfo. Ni ubuyobozi bwashyizweho n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC), ribarizwamo imitwe ibiri yagisirikare uwa m23 n’uwa Twirwaneho.

Tags: BibogobogoIbiteroMikenkeMinembwe
Share42Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo za FARDC, iz’u Burundi, FDLR na Wazalendo zatwitse imihana y’Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo.

Ingabo za FARDC, iz'u Burundi, FDLR na Wazalendo zatwitse imihana y'Abanyamulenge muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?