• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibivugwa ku ngabo za SADC zatashye mu cyiciro cya kabiri.

minebwenews by minebwenews
May 5, 2025
in Regional Politics
0
Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibivugwa ku ngabo za SADC zatashye mu cyiciro cya kabiri.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ingabo z’u muryango w’iterambere rya Afrika y’Amajyepfo (SADC), zari zimaze iminsi ingana n’umwaka n’igice mu butumwa buzwi nka SAMIDRC mu Burasizuba bwa Congo, zatashye mu cyiciro cya kabiri zinyuze ku butaka bw’u Rwanda.

Amakuru avuga ko zibanza kwikusanyiriza ku butaka bwa Tanzania nyuma yokuva ku butaka bw’u Rwanda, zikabona gucyurwa mu bihugu byabo muri Malawi na Afrika y’Epfo mu gihe iza Tanzania zo zihita zijanwa mu bigo zahozemo mbere.

Tariki ya 29/04/2025, ni bwo icyiciro cya mbere cyavuye mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho cyari kigizwe n’abasirikare 57. Kikaba cyarimo imodoka 13 zitwaye ibikoresho byinshi bya gisirikare.

Bivugwa ko iki cyiciro cya mbere cyari kigiye mu rwego rwo kugira ngo gitegurire bagenzi babo aho bazabasanga bakitegura kwinjira mu bihugu byabo.

Aha’rejo rero tariki ya 04/05/2025, icyiciro cya kabiri nacyo cyahagurutse kiva ku mupaka wa RDC n’u Rwanda wa Rubavu ahagana mu masaha y’umugoroba. Iki cyarimo Imodoka zitwaye ibikoresho n’izitwaye abasirikare.

Iki cyiciro cya kabiri cyarimo Imodoka 34, izari zitwaye ibikoresho bya gisirikare ziruta izari zitwaye abasirikare.

Ikamyo ya mbere yari twaye ibikoresho yageze ahitwa Muhoko ahagana isaha ya saa moya z’ijoro. Gusa ntiharamenyekana umubare w’abasirikare bari baherekeje ibi bikoresho byagisirikare.

Mu kiganiro umugaba mukuru w’Ingabo za Afrika y’Epfo, Gen.Rudzan Maphwanya, yagiranye n’igitangaza makuru yaribwiye ko ingabo zabo zavuye RDC mu cyiciro cya mbere zageze muri Tanzania.

Yagize ati: “Ubu bamaze kugera mu gace abasirikare bose bazahurizwamo, bategurira abandi ngo n’abo baze.”

Bitaganyijwe ko ingabo zose za SADC zizava muri RDC zinyuze k’utaka bw’u Rwanda, zikabona kwerekeza mu gice zizahurizwamo zose muri Tanzania.

Uyu mugaba mukuru w’Ingabo za Afrika y’Epfo yanavuze ko gahunda yo kuvana ingabo zabo mu Burasizuba bwa Congo izarangirana n’ukwezi kwa gatanu turimo.

Anavuga ko banyuzwe n’uburyo ingabo zabo zitwaye neza mu Burasizuba bwa Congo. Gusa hari abavuga ko zivanyeyo igisebo ku rugamba kuko zari zimaze hafi amezi ane mu bigo bicungirwa umutekano n’umutwe wa M23 uwo zari zaraje kurwanya zifasha igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Aba basirikare nibamara kugera ku butaka bwa Tanzania, hazakurikiraho uburyo bwo kubacyura mu bihugu byabo. Ni muri ubwo buryo Afrika y’Epfo yavuze ko izacyura ababo ikoresheje inzira y’ikirere mu gihe ibikoresho byabo izabicyura ikoresheje inzira y’amazi kuko bizajyabishyirwa mu mato.

Abo muri Tanzania bo bazahita batangira koherezwa mu bigo babarizwagamo mbere yuko baja muri RDC mu gihe aba Malawi n’abo bazahitamo uburyo bacyurwa iwabo.

Tags: Icyiciro cya kabiriSADC
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Imirwano yabaye ejo mu misozi y’i Mulenge yafatiwemo imbunda ziremereye.

Ibikoresho bikaze byafatiwe mu gitero cyazindutse kigabwa mu gice cya Mukoko.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?