Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibivugwa kuri Tshisekedi wamaze kwaka ubuhungiro aranabwemererwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 18, 2025
in Regional Politics
0
Ibivugwa kuri Tshisekedi wamaze kwaka ubuhungiro aranabwemererwa.
134
SHARES
3.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi wa RDC yatse ubuhungiro aranabwemererwa.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yemerewe ubuhungiro muri Angola nk’uko iyi nkuru yashyizwe hanze n’umwe mu banyamakuru bo muri RDC.

Ni amakuru yashyizwe hanze kuri uyu wa kabiri tariki ya 18/02/2025, aho yatangajwe bwa mbere n’umunyamakuru witwa Pero Luwara.

Akoresheje urubuga rwe rwa x, yatangaje ko perezida Félix Tshisekedi yagiriye uruzinduko rudasanzwe i Luanda muri Angola.

Asobanura ko yavuye i Kinshasa igihe c’isaha z’igitondo cyo kuri uyu wa kabiri, kandi ko yari mundege yaritwawe n’abapilote b’Abarusiya.

Ni amakuru kandi yemejwe na perezidansi ya Angola, biciye mu mashusho yagaragaje Tshisekedi ari kumwe na perezida João Lourenço wo muri iki gihugu.

Iyi nkuru y’uriya munyamakuru yakomeje ivuga ko uruzinduko rwa Tshisekedi yagiriye i Luanda rwari rugamije gusaba ubufasha bw’umutekano we bwite.

Uyu munyamakuru avuga ko Angola yamwemereye ubufasha bw’ubuhungiro ku giti cye, ariko ko idashobora kumutabara muburyo bwagisirikare.

Uyu mukuru w’i gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yazindukiye i Luanda mu gihe iwe umutekano ukomeje kuzamba, ahanini mu Burasirazuba bw’iki gihugu cye, kuko umutwe urwanya ubutegetsi bwe ukomeje kwigarurira imijyi ikomeye irimo uwa Goma na Bukavu.

Kimweho kandi, hari amakuru yo kuruhande Minembwe.com ikesha bamwe mu bakora mu nzego z’umutekano za RDC avuga ko abasirikare bo muri iyi Leta bo ku rwego rwa jenerali bari i Kinshasa batari kuvuga rumwe na perezida Félix Tshisekedi. Bamushinja kunanirwa gutsinda urugamba ingabo z’iki gihugu zihanganyemo n’umutwe wa M23.

Ndetse aya makuru akomeza avuga ko uko kutavuga rumwe hagati y’Abajenerali na perezida Tshisekedi, biri mubyatumye atitabira inama iheruka kubera i Dar es Salaam muri Tanzania, aho yari yahuriyemo abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa SADC n’uwa EAC yigaga ku mutekano w’u Burasirazuba bwa RDC.

Ibyo bikaba biri mu byotuma Tshisekedi ashaka ubuhungiro, nubwo bitaremezwa n’ibiro bye.

Tags: AngolaTshisekediUbuhungiro
Share54Tweet34Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Abasirikare ba UPDF bamaze kugera i Bunia muri RDC.

Abasirikare ba UPDF bamaze kugera i Bunia muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?