Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibya Kizza Besigye, nti bivugwaho rumwe muri Uganda, nyuma yo gufatirwa i Nairobi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 20, 2024
in World News
1
Ibya Kizza Besigye, nti bivugwaho rumwe muri Uganda, nyuma yo gufatirwa i Nairobi.
74
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibya Kizza Besigye, nti bivugwaho rumwe muri Uganda, nyuma yo gufatirwa i Nairobi.

You might also like

U Bubiligi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe, umwe mu bayobozi b’u Rwanda ararushimira.

Trump yasinye itegeko ribuza abantu bava mu bihugu birenge 10 kutazinjira muri Amerika.

Igitero Ukraine iheruka kugaba mu Burusiya cy’amateka, havuzwe igihugu cya yifashije.

Kizza Besigye utavugarumwe n’ubutegetsi bwa perezida Yoweli Kaguta Museveni mu gihugu cya Uganda, uwo byavugwaga ko yashimutiwe muri Kenya, byamenyekanye ko afungiwe muri iki gihugu cya Uganda ndetse uyu munsi yagombaga kwitaba urukiko rwa gisirikare, ariko urubanza rwe rukaba rwasubitswe.

Imwe mu ma radio yo muri iki gihugu cya Uganda, Radio Network, yatangaje ko urukiko rwa gisirikare rwasubitse urubanza rw’uyu munyapolitiki kuri uyu wa gatatu tariki ya 20/11/2024.

Ivuga ko iki cyemezo ko cyatangajwe na perezida w’urukiko rwa gisirikare, Brigadier Freeman Mugabe; wavuze ko Besigye yanze kuburana kuko yari yunganiwe n’abanyamategeko bashyizweho na Leta.

Umugore wa Besigye, Winnie Byanyima usanzwe ayobora ishami ry’umuryango w’Abibumbye rirwanya SIDA (UNIDS), yari yasabye ubutegetsi bwa Kampala kurekura vuba na bwangu umugabo we.

Amakuru ahamya ko Besigye yafatiwe i Nairobi muri Kenya ku wa gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo yari yitabiriye igikorwa cyo kumurika igitabo cyari cyahabereye.

Winnie Byanyima, umugore wa Besigye, yagize ati: “Ubu amakuru mfite ni uko afungiwe muri gereza ya gisirikare iri i Kampala. Twe nk’umuryango we ndetse n’umunyamategeko we, turifuza ko twamubona. Si umusirikare, none nu kubera iki afungiwe muri gereza ya gisirikare?”

Guverinoma ya Uganda n’igisirikare cyayo, ntacyo baratangaza kwifungwa rya Kizza Besigye.
Usibye ko polisi y’iki gihugu cya Uganda yatangaje ko idafite uyu munyapolitiki, bityo ko ntacyo yabivugaho, ni mu gihe yabazwaga n’ibiro ntara makuru by’u Bwongereza, Reuters.

Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Kenya, Korir Singoei yabwiye itangaza makuru ko Guverinoma y’iki gihugu itagize uruhare kwitabwa muri yombi rya Besigye.

Ariko kandi mu mezi make ashize, ubuyobozi bwa Kenya bwataye muri yombi abantu 36 basanzwe ari abarwanashyaka b’ishyaka rya Kizza Besigye, baza no koherezwa muri Uganda, bashinjwa ibyaha by’iterabwoba.

Tags: BesigyeKampalaUganda
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Bubiligi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe, umwe mu bayobozi b’u Rwanda ararushimira.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0

U Bubiligi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe, umwe mu bayobozi b'u Rwanda ararushimira. U Bubiligi bwemereye ishirahamwe ry'abakinyi bisiganwa ry'amagare kwitabira shampiyona (champion) y'isi iteganyijwe kubera i Kigali...

Read moreDetails

Trump yasinye itegeko ribuza abantu bava mu bihugu birenge 10 kutazinjira muri Amerika.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Trump yasinye itegeko ribuza abantu bava mu bihugu birenge 10 kutazinjira muri Amerika.

Trump yasinye itegeko ribuza abantu bava mu bihugu birenge 10 kutazinjira muri Amerika. Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, yasinye itegeko ribuza abantu bava mu...

Read moreDetails

Igitero Ukraine iheruka kugaba mu Burusiya cy’amateka, havuzwe igihugu cya yifashije.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Igitero Ukraine iheruka kugaba mu Burusiya cy’amateka, havuzwe igihugu cya yifashije.

Igitero Ukraine iheruka kugaba mu Burusiya cy'amateka, havuzwe igihugu cya yifashije. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zirashinjwa gufasha igisirikare cya Ukraine mu gitero karahabutaka giheruka kugaba ku butaka bw'u...

Read moreDetails

Hamenyekanye ibyo umuherwe Bill Gate agiye gufasha Afrika.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Hamenyekanye ibyo umuherwe Bill Gate agiye gufasha Afrika.

Hamenyekanye ibyo umuherwe Bill Gate agiye gufasha Afrika. Umunyamerika w'umukire ku rwego rw'isi, Bill Gate, yatangaje ko agiye gutanga inkunga ya miliyari 200 z'amadolari y'Amerika mu bikorwa bigamije...

Read moreDetails

Ingabo za Ukraine zigambye gukora igitero karahabutaka ku butaka bw’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Ingabo za Ukraine zigambye gukora igitero karahabutaka ku butaka bw’u Burusiya.

Ingabo za Ukraine zigambye gukora igitero karahabutaka ku butaka bw'u Burusiya. Abasirikare badasanzwe ba Ukraine bakoresha indege zitagira abapilote zizwi nka drones zikoreshwa mu ntambara bakoze igitero cy'amateka...

Read moreDetails
Next Post
RDC yiyambaje Canada ku kibazo cya M23.

RDC yiyambaje Canada ku kibazo cya M23.

Comments 1

  1. Ensuent says:
    7 months ago

    Unfortunately, there are no excellent pharmacotherapies for DO AO, and treatment revolves largely around addressing potential causative factors as well as the use of psychotherapy [url=https://fastpriligy.top/]priligy kaufen[/url] Phenotype and where of control over my erections or sexual acts

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?