Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’igitero cyagabwe ku Bilalombili mu Mikenke.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 25, 2025
in Regional Politics
0
I Fizi: Mai-Mai iri mugahinda gakomeye nyuma yuko uwari umuyobozi wayo aryamiye ukuboko kwa bagabo.
102
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’igitero cyagabwe ku Bilalombili mu Mikenke.

You might also like

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Uyu munsi ku wa kabiri tariki ya 25/03/2025, ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ryongeye kugaba igitero ku Bilalombili mu Mikenke, ariko kiza gusubizwa inyuma n’abarwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho.

Bilalombili yagabwemo igitero ni umuhana umwe mu mihana myinshi igize akarere ka Mikenke ho muri secteur ya Itombwe muri teritware ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ahagana isaha ya saa moya n’igice zo muri iki gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, ni bwo ririya huriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zahagabye igitero.

Uyu muhana wagabwamo igitero usanzwe utuwe n’Abanyamulenge, nyuma yuko iri huriro ririmo FARDC, FDLR, FDNB na Wazalendo riwugabyemo igitero, abarwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho barwanirira Abanyamulenge batabaye maze barikubita inshuro.

Kuri ubu amakuru agera kuri Minembwe Capital News, avuga ko iri huriro ryakwiriye imishwaro nyuma yuko uyu mutwe wa Twirwaneho uryerekejeho imitutu y’imbunda zabo.

Imirwano yaherukaga muri iki gice mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo kandi iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa zakigabagaho ibitero.
Icyo gihe kandi Twirwaneho yarikubise kubi rikizwa n’amaguru.

Iyi mirwano ibaye mu gihe abarwanyi bo mu mutwe wa m23 babarirwa mu bihumbi baraye bahurutse mu Mikenke, aho baje baturutse i Kaziba muri Walungu.
Icyo tutaramenya kuri Minembwe Capital News ni uko n’abo boba babaye muri iyo mirwano yazindutse ibera muri icyo gice bahurutsemo.

Izi ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta izirimo ingabo z’u Burundi, iza Congo, n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo, zigaba ibitero ku Banyamulenge mu mihana ya Mikenke ziturutse mu bice byo mu Cyohagati.

Ariko kandi hari n’izituruka kuri Point-Zero na za Rwitsankuku, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Tags: BilalombiliM23Twirwaneho
Share41Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana ingabo mu duce igenzura. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryabeshyuje Leta y'i Kinshasa yatangaje ko iri huriro rigomba...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025, byashyize umukono ku mahame...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.

Perezida w'u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?