Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyigiwe mu nama ya Maï Maï, mu Bibogobogo byatumye aka karere kabamo ubwoba bwinshi ku Banyamulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 12, 2024
in Regional Politics
0
Ibyigiwe mu nama ya Maï Maï, mu Bibogobogo byatumye aka karere kabamo ubwoba bwinshi ku Banyamulenge.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyigiwe mu nama ya Maï Maï, mu Bibogobogo byatumye aka karere kabamo ubwoba bwinshi ku Banyamulenge.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 11/07/2024, Maï Maï yo mu bice byo muri Bibogobogo yarateranye ivuga ko ikwiye kwirukana Abanyamulenge n’Inka zabo muri ibyo bice, biherereye muri teritware ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, nk’uko amasoko yacu abivuga.

Amakuru avuga ko ibyo biganiro bya Maï Maï ko byabereye ahitwa ku Murara, bihuza abaturiye ako gace n’abandi baje bava mu Bivumu no Mugatenga.

Muri ibyo biganiro bya Maï Maï, bemezanyije ko “Abanyamulenge baheruka kwimukira kuri Nyagisozi birukanwa ndetse kandi ngo n’inka zabo ziri mu nkengero za Bivumu, Nyagisozi no ku Murara, no mu bindi bice byegereye i Mihana y’Abapfulero zihavanwa ku nabi cyangwa ku neza, bitaba ibyo aba Maï Maï bakazinyaga.”

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru turimo nibwo Abanyamulenge bake bavuye mu Muhana wa Bibogobogo bimukira ahitwa kuri Nyagisozi, aho bahoze batuye mbere y’intambara zayogoje aka karere hagati mu 2019 na 2021.

Nyagisozi iri mu ntera y’ikirometro kimwe uvuye mu Muhana wa Bibogobogo.

Ibi rero byatumye Abanyamulenge bongera kugira umutekano muke, ndetse bakaba bari gushakisha icyakorwa kugira ngo baramire ibyabo n’ababo.

Ibi kandi bije mu gihe aka karere ka Bibogobogo kari gatekanye, ku mpande zose haba ku Banyamulenge no ku Bapfulero.

Gusa kugeza ubu Abanyamulenge baracyari kuri Nyagisozi kandi n’inka zabo ziracyari muri ibyo bice, nk’uko babibwiye Minembwe Capital News.

Ikindi n’uko ntacyo ubuyobozi bw’Ingabo za RDC ziri muri ako gace ziratangaza n’ubwo zamaze kuhezwaho iyo raporo ivuga ko Maï Maï ishaka kongera ku rwanya Abanyamulenge no kunyaga ibyabo.

                 MCN.
Tags: BibogobogoBivumu NyagisoziKwirukana Abanyamulenge n'Inka zaboMaï Maï
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Uwatutse perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni, yakatwiwe.

Uwatutse perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni, yakatwiwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?