• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyimbitse ku biganiro byahuje Twirwaneho na Maï Maï Bishambuke, mu misozi miremire y’Imulenge.

minebwenews by minebwenews
July 16, 2024
in Regional Politics
0
Ibyimbitse ku biganiro byahuje Twirwaneho na Maï Maï Bishambuke, mu misozi miremire y’Imulenge.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hitezwe amahoro mu misozi y’Imulenge, nyuma y’ibiganiro byahuje Twirwaneho na Bishambuke.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ibi bikubiye mu butumwa bwahawe ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, buvuga ko mu mpera z’iki Cyumweru dusoje habaye ibiganiro bidasanzwe byahuje Twirwaneho na Maï Maï, byari bigamije kuzana amahoro hagati y’Abanyamulenge na Bapfulero.

Umutwe w’inyeshamba wa Maï Maï Bishambuke ugizwe ahanini n’insoresore zo mu bwoko bwa’Abapfulero n’Abanyindu, mu gihe Twirwaneho yo igizwe n’abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Ubu butumwa buvuga ko ahagana tariki ya 13/07/2024, ibiganiro byanyuma byarimo bihuza Twirwaneho na Maï Maï Bishambuke, byabereye ku gasozi kari hagati ya Buyaga na Kivumu, aha ni mu bice byo muri Musika.

Mu gihe ibya mbere byo byabaye tariki ya 10/07/2024, bibera mu bice biherereye hagati ya Biziba na Kabanju, ho mu majyepfo ashira uburenganzuba bwa Komine ya Minembwe.

Nk’uko byavuzwe n’uko ibyo biganiro byose byari bifite intego imwe yo kurebera hamwe uko intambara yari hagati y’Abapfulero n’Abanyamulenge ihagarara burundu, ndetse no kongera kubana nk’uko byahoze kuva kera.

Mu ntangiriro z’ukwezi turimo, nibwo Abapfulero batangiye gusaba ubuyobozi bwa Twirwaneho buri mu Minembwe gukorana nabo imishyikirano, ibi babikoraga bakoresheje inzandiko, bakavuga ko bashaka kugira amahoro n’ubu bwoko bw’Abanyamulenge, ubwo bakunze kugabaho ibitero no kunyaga Inka zabo, udasize kubica no kubasenyera imihana yabo.

Kimweho ibi Abapfulero babikoze nyuma y’uko bari bamaze gukorogana n’Ababembe, ndetse bakaba bamaze kurwana intambara zo gusubiranamo inshuro zirenga zitatu hagati yabo mu gihe bahoze barwanira hamwe bakarwanya Abanyamulenge.

Kandi gusubiranamo kwa Maï Maï y’Ababembe n’Abapfulero byabanjirije ko basubiranamo na Red Tabara umutwe witwara gisirikare urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, ariko ukaba wari warahawe icyumbi mu bice bituwe n’Abapfulero na Banyindu mu Lulenge ho muri teritwari ya Fizi.

Uyu mutwe wa Red Tabara ukaba warahoze ufashya iriya mitwe y’itwaje imbunda y’Abapfulero n’Ababembe gusenyera Abanyamulenge no kubica no kunyaga Inka zabo. Ibyo byabaye mu mu Minembwe no mu Rurambo ndetse n’i Ndondo ya Bijombo.

Aha rero niho abasesenguzi bavuga ko “ahari Bishambuke yaba imaze kurambirwa n’intambara zurudaca, kandi gusubiranamo kwabo n’Ababembe abo bari basanzwe arinshuti yakataraboneka byabaciye intege, ariko bakaba bashaka ko bafatanya n’Abanyamulenge ku rwanya Ababembe.”

Kimweho kandi aba basesenguzi bakaba bavuga ko “Ingabo za leta ya Kinshasa ko zigiye gukoresha Maï Maï ya Yakutumba ku rwanya Twirwaneho na Bishambuke, mu gihe boramuka bemeranyije kubana amahoro.”

Tubibutsa ko intambara hagati y’Abanyamulenge na Bapfulero yatangiye mu mwaka w’ 2008, ariko bigeze mu 2017 bifata indi ntera kugeza ubu.

            MCN.
Tags: BishambukeIbyimbitseikiganiroMu Misozi miremire y'ImulengeTwirwaneho
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umuriro wadutse mu gihugu cya Afrika y’Epfo, wishe abantu batari bake.

Umuriro wadutse mu gihugu cya Afrika y'Epfo, wishe abantu batari bake.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?