Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyimbitse ku biganiro byahuje Twirwaneho na Maï Maï Bishambuke, mu misozi miremire y’Imulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 16, 2024
in Regional Politics
0
Ibyimbitse ku biganiro byahuje Twirwaneho na Maï Maï Bishambuke, mu misozi miremire y’Imulenge.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hitezwe amahoro mu misozi y’Imulenge, nyuma y’ibiganiro byahuje Twirwaneho na Bishambuke.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ibi bikubiye mu butumwa bwahawe ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, buvuga ko mu mpera z’iki Cyumweru dusoje habaye ibiganiro bidasanzwe byahuje Twirwaneho na Maï Maï, byari bigamije kuzana amahoro hagati y’Abanyamulenge na Bapfulero.

Umutwe w’inyeshamba wa Maï Maï Bishambuke ugizwe ahanini n’insoresore zo mu bwoko bwa’Abapfulero n’Abanyindu, mu gihe Twirwaneho yo igizwe n’abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Ubu butumwa buvuga ko ahagana tariki ya 13/07/2024, ibiganiro byanyuma byarimo bihuza Twirwaneho na Maï Maï Bishambuke, byabereye ku gasozi kari hagati ya Buyaga na Kivumu, aha ni mu bice byo muri Musika.

Mu gihe ibya mbere byo byabaye tariki ya 10/07/2024, bibera mu bice biherereye hagati ya Biziba na Kabanju, ho mu majyepfo ashira uburenganzuba bwa Komine ya Minembwe.

Nk’uko byavuzwe n’uko ibyo biganiro byose byari bifite intego imwe yo kurebera hamwe uko intambara yari hagati y’Abapfulero n’Abanyamulenge ihagarara burundu, ndetse no kongera kubana nk’uko byahoze kuva kera.

Mu ntangiriro z’ukwezi turimo, nibwo Abapfulero batangiye gusaba ubuyobozi bwa Twirwaneho buri mu Minembwe gukorana nabo imishyikirano, ibi babikoraga bakoresheje inzandiko, bakavuga ko bashaka kugira amahoro n’ubu bwoko bw’Abanyamulenge, ubwo bakunze kugabaho ibitero no kunyaga Inka zabo, udasize kubica no kubasenyera imihana yabo.

Kimweho ibi Abapfulero babikoze nyuma y’uko bari bamaze gukorogana n’Ababembe, ndetse bakaba bamaze kurwana intambara zo gusubiranamo inshuro zirenga zitatu hagati yabo mu gihe bahoze barwanira hamwe bakarwanya Abanyamulenge.

Kandi gusubiranamo kwa Maï Maï y’Ababembe n’Abapfulero byabanjirije ko basubiranamo na Red Tabara umutwe witwara gisirikare urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, ariko ukaba wari warahawe icyumbi mu bice bituwe n’Abapfulero na Banyindu mu Lulenge ho muri teritwari ya Fizi.

Uyu mutwe wa Red Tabara ukaba warahoze ufashya iriya mitwe y’itwaje imbunda y’Abapfulero n’Ababembe gusenyera Abanyamulenge no kubica no kunyaga Inka zabo. Ibyo byabaye mu mu Minembwe no mu Rurambo ndetse n’i Ndondo ya Bijombo.

Aha rero niho abasesenguzi bavuga ko “ahari Bishambuke yaba imaze kurambirwa n’intambara zurudaca, kandi gusubiranamo kwabo n’Ababembe abo bari basanzwe arinshuti yakataraboneka byabaciye intege, ariko bakaba bashaka ko bafatanya n’Abanyamulenge ku rwanya Ababembe.”

Kimweho kandi aba basesenguzi bakaba bavuga ko “Ingabo za leta ya Kinshasa ko zigiye gukoresha Maï Maï ya Yakutumba ku rwanya Twirwaneho na Bishambuke, mu gihe boramuka bemeranyije kubana amahoro.”

Tubibutsa ko intambara hagati y’Abanyamulenge na Bapfulero yatangiye mu mwaka w’ 2008, ariko bigeze mu 2017 bifata indi ntera kugeza ubu.

            MCN.
Tags: BishambukeIbyimbitseikiganiroMu Misozi miremire y'ImulengeTwirwaneho
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Umuriro wadutse mu gihugu cya Afrika y’Epfo, wishe abantu batari bake.

Umuriro wadutse mu gihugu cya Afrika y'Epfo, wishe abantu batari bake.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?