Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.
Nyuma y’uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yageze i Goma, hagati muri kiriya cyumweru yagereyemo, amaze kubonana n’inzego zitandukanye z’abaturage n’abayobozi bo muri Kivu y’Amajyaruguru.
Bamwe mu bagiranye ibiganiro na we, bavuga ko ibi biganiro abikora mu rwego rwo gushaka icyageza ku mahoro arambye abaturiye u Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Gusa, kugeza ubu Kabila ubwe, ntacyo aratangariza abanyamakuru ku bikorwa arimo, abo mu matsinda yahuye na we bagiye bagaragaza ko ibi biganiro biri ku rwego rwa politiki ihanitse.
Uyu Kabila ukoresha ibyo biganiro, ubutegetsi bw’i Kinshasa bumushinja kwifatanya n’umutwe wa M23 uwo yanabonanye n’abawukiriye.
Ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi bumushinja ibyo byaha, buheruka no kumwambura ubudahangarwa, umwe mu bategetsi baho, Bakumwana ari na we visi minisitiri w’ingengo y’imari, aheruka no gusaba ko yamburwa n’ubwenegihugu bwa Congo. Ni mu gihe yavuze ko uyu Kabila ashaka gucamo igihugu.
Uyu muyobozi yageze naho avuga ko Kabila atari umwana bwite wa Laurent Desire Kabila, bityo, ngo bagomba guhera aho bakamupisha ADN yiwe n’abandi bana ba Kabila Mzee.
Muri biriya biganiro twavuze akomeje gukora, hari ibyo yagiranye n’abahagarariye amadini n’amatorero, amashyirahamwe y’abagore, abakuriye amashuri makuru n’abarimu baza kaminuza, abayobozi ba gakondo n’abandi.
Abadashigikiye Joseph Kabila bamunenga kuba yarayoboye RDC imyaka 18, ariko ntiyagira n’icyo ayimarira. Hejuru y’ibyo, ngo ntiyabasha no kuyigaruramo amahoro cyane cyane mu Burasizuba bwayo.
Umwe mu bahuye na Joseph Kabila yabwiye itangazamakuru ati: “Yibanze cyane ku mahoro, kandi natwe twamusabye ko yoyadushakira.”
Yakomeje ati: “Perezida wa kera, twamubwiye ko twatangiye guhunga kera kandi ko n’ubu tugihunga.”
Benshi mubahuye na we ngo yabijeje ko afite umuhate wo gushakira iki gihugu umuti w’ibibazo bicyugarije mu Burasizuba bwacyo no mu gihugu cyose muri rusange.
Umusesenguzi umwe ukurikiranira hafi politiki yo muri iki gihugu cya RDC, yagaragaje ko Joseph Kabila ashaka kuba umuhuza no guhuriza hamwe Abanye-Congo mu biganiro bigamije kubona ibisubizo birambye ku mutekano muke uri mu Burasizuba bwa Congo.
Ku rundi ruhande, Kabila ashobora gutangira gukurikiranwa n’inkiko z’i Kinshasa za gisirikare, aho ubutegetsi bw’iki gihugu bumushinja gufasha umutwe wa M23. Cyobikoze, Kabila na we ashinja ubu butegetsi bw’i Kinshasa gutegekesha igihugu ruswa no kukiroha mu manga mbi igamije ku kurimbura.
Ku wa gatanu w’icyumweru gishize, Kabila yabonanye n’abayobozi ba AFC/M23, nyuma umuyobozi mukuru w’iri huriro rya AFC/M23, Corneille Nangaa, yahise atangaza ko ibiganiro byabo na Kabila byibanze ku buryo bwo gushyiraho no gukomeza amahoro arambye.
Mu gihe Kabila akomeje kwegeranya abo babyumva kimwe, ubutegetsi bw’i Kinshasa na bwo burakora ibishoboka byose mu kumuhimbira ibinyoma bigamije kumwandagaza no kumushyiraho ibyaha biremereye. Ibi bigaragaza ko ubwo butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi bumufitiye ubwoba bwinshi, ndetse ko bwemera neza ko ibyo arimo bishobora kuzana impinduka zikomeye muri iki gihugu.