Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 2, 2025
in Regional Politics
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

You might also like

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

U Rwanda rwaganiriye na Qatar ku mutekano wo mu Burasizuba bwa RDC.

Nyuma y’uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yageze i Goma, hagati muri kiriya cyumweru yagereyemo, amaze kubonana n’inzego zitandukanye z’abaturage n’abayobozi bo muri Kivu y’Amajyaruguru.

Bamwe mu bagiranye ibiganiro na we, bavuga ko ibi biganiro abikora mu rwego rwo gushaka icyageza ku mahoro arambye abaturiye u Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Gusa, kugeza ubu Kabila ubwe, ntacyo aratangariza abanyamakuru ku bikorwa arimo, abo mu matsinda yahuye na we bagiye bagaragaza ko ibi biganiro biri ku rwego rwa politiki ihanitse.

Uyu Kabila ukoresha ibyo biganiro, ubutegetsi bw’i Kinshasa bumushinja kwifatanya n’umutwe wa M23 uwo yanabonanye n’abawukiriye.

Ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi bumushinja ibyo byaha, buheruka no kumwambura ubudahangarwa, umwe mu bategetsi baho, Bakumwana ari na we visi minisitiri w’ingengo y’imari, aheruka no gusaba ko yamburwa n’ubwenegihugu bwa Congo. Ni mu gihe yavuze ko uyu Kabila ashaka gucamo igihugu.

Uyu muyobozi yageze naho avuga ko Kabila atari umwana bwite wa Laurent Desire Kabila, bityo, ngo bagomba guhera aho bakamupisha ADN yiwe n’abandi bana ba Kabila Mzee.

Muri biriya biganiro twavuze akomeje gukora, hari ibyo yagiranye n’abahagarariye amadini n’amatorero, amashyirahamwe y’abagore, abakuriye amashuri makuru n’abarimu baza kaminuza, abayobozi ba gakondo n’abandi.

Abadashigikiye Joseph Kabila bamunenga kuba yarayoboye RDC imyaka 18, ariko ntiyagira n’icyo ayimarira. Hejuru y’ibyo, ngo ntiyabasha no kuyigaruramo amahoro cyane cyane mu Burasizuba bwayo.

Umwe mu bahuye na Joseph Kabila yabwiye itangazamakuru ati: “Yibanze cyane ku mahoro, kandi natwe twamusabye ko yoyadushakira.”

Yakomeje ati: “Perezida wa kera, twamubwiye ko twatangiye guhunga kera kandi ko n’ubu tugihunga.”

Benshi mubahuye na we ngo yabijeje ko afite umuhate wo gushakira iki gihugu umuti w’ibibazo bicyugarije mu Burasizuba bwacyo no mu gihugu cyose muri rusange.

Umusesenguzi umwe ukurikiranira hafi politiki yo muri iki gihugu cya RDC, yagaragaje ko Joseph Kabila ashaka kuba umuhuza no guhuriza hamwe Abanye-Congo mu biganiro bigamije kubona ibisubizo birambye ku mutekano muke uri mu Burasizuba bwa Congo.

Ku rundi ruhande, Kabila ashobora gutangira gukurikiranwa n’inkiko z’i Kinshasa za gisirikare, aho ubutegetsi bw’iki gihugu bumushinja gufasha umutwe wa M23. Cyobikoze, Kabila na we ashinja ubu butegetsi bw’i Kinshasa gutegekesha igihugu ruswa no kukiroha mu manga mbi igamije ku kurimbura.

Ku wa gatanu w’icyumweru gishize, Kabila yabonanye n’abayobozi ba AFC/M23, nyuma umuyobozi mukuru w’iri huriro rya AFC/M23, Corneille Nangaa, yahise atangaza ko ibiganiro byabo na Kabila byibanze ku buryo bwo gushyiraho no gukomeza amahoro arambye.

Mu gihe Kabila akomeje kwegeranya abo babyumva kimwe, ubutegetsi bw’i Kinshasa na bwo burakora ibishoboka byose mu kumuhimbira ibinyoma bigamije kumwandagaza no kumushyiraho ibyaha biremereye. Ibi bigaragaza ko ubwo butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi bumufitiye ubwoba bwinshi, ndetse ko bwemera neza ko ibyo arimo bishobora kuzana impinduka zikomeye muri iki gihugu.

Tags: GomaIbikorwaIbyimbitseKabila
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

U Rwanda rwaganiriye na Qatar ku mutekano wo mu Burasizuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
U Rwanda rwaganiriye na Qatar ku mutekano wo mu Burasizuba bwa RDC.

U Rwanda rwaganiriye na Qatar ku mutekano wo mu Burasizuba bwa RDC. U Rwanda rwongeye guhurira na Qatar mu biganiro bigamije gushakira amahoro n'ituze u Burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Kabila yahuye n’abayobozi ba AFC/M23 hamenyekana n’ibyo baganiriye.

by Bruce Bahanda
May 31, 2025
0
Kabila yahuye n’abayobozi ba AFC/M23 hamenyekana n’ibyo baganiriye.

Kabila yahuye n'abayobozi ba AFC/M23 hamenyekana n'ibyo baganiriye. Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yahuye n'abayobozi bo mu ihuriro rya Alliance Fleuve...

Read moreDetails

Kabila yabonanye n’irindi tsinda i Goma anagira n’icyo asezeranya Abanye-Congo.

by Bruce Bahanda
May 30, 2025
0
Kabila yabonanye n’irindi tsinda i Goma anagira n’icyo asezeranya Abanye-Congo.

Kabila yabonanye n'irindi tsinda i Goma anagira n'icyo asezeranya Abanye-Congo. Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, akaba aherutse gutahuka avuye mu buhungiro,...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe igikorwa kibi gishobora gukorwa n’abagore ba basirikare, ndetse n’abasirikare ubwabo muri RDC.

Hatangajwe igikorwa kibi gishobora gukorwa n'abagore ba basirikare, ndetse n'abasirikare ubwabo muri RDC.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?