• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

minebwenews by minebwenews
June 2, 2025
in Regional Politics
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

You might also like

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

Nyuma y’uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yageze i Goma, hagati muri kiriya cyumweru yagereyemo, amaze kubonana n’inzego zitandukanye z’abaturage n’abayobozi bo muri Kivu y’Amajyaruguru.

Bamwe mu bagiranye ibiganiro na we, bavuga ko ibi biganiro abikora mu rwego rwo gushaka icyageza ku mahoro arambye abaturiye u Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Gusa, kugeza ubu Kabila ubwe, ntacyo aratangariza abanyamakuru ku bikorwa arimo, abo mu matsinda yahuye na we bagiye bagaragaza ko ibi biganiro biri ku rwego rwa politiki ihanitse.

Uyu Kabila ukoresha ibyo biganiro, ubutegetsi bw’i Kinshasa bumushinja kwifatanya n’umutwe wa M23 uwo yanabonanye n’abawukiriye.

Ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi bumushinja ibyo byaha, buheruka no kumwambura ubudahangarwa, umwe mu bategetsi baho, Bakumwana ari na we visi minisitiri w’ingengo y’imari, aheruka no gusaba ko yamburwa n’ubwenegihugu bwa Congo. Ni mu gihe yavuze ko uyu Kabila ashaka gucamo igihugu.

Uyu muyobozi yageze naho avuga ko Kabila atari umwana bwite wa Laurent Desire Kabila, bityo, ngo bagomba guhera aho bakamupisha ADN yiwe n’abandi bana ba Kabila Mzee.

Muri biriya biganiro twavuze akomeje gukora, hari ibyo yagiranye n’abahagarariye amadini n’amatorero, amashyirahamwe y’abagore, abakuriye amashuri makuru n’abarimu baza kaminuza, abayobozi ba gakondo n’abandi.

Abadashigikiye Joseph Kabila bamunenga kuba yarayoboye RDC imyaka 18, ariko ntiyagira n’icyo ayimarira. Hejuru y’ibyo, ngo ntiyabasha no kuyigaruramo amahoro cyane cyane mu Burasizuba bwayo.

Umwe mu bahuye na Joseph Kabila yabwiye itangazamakuru ati: “Yibanze cyane ku mahoro, kandi natwe twamusabye ko yoyadushakira.”

Yakomeje ati: “Perezida wa kera, twamubwiye ko twatangiye guhunga kera kandi ko n’ubu tugihunga.”

Benshi mubahuye na we ngo yabijeje ko afite umuhate wo gushakira iki gihugu umuti w’ibibazo bicyugarije mu Burasizuba bwacyo no mu gihugu cyose muri rusange.

Umusesenguzi umwe ukurikiranira hafi politiki yo muri iki gihugu cya RDC, yagaragaje ko Joseph Kabila ashaka kuba umuhuza no guhuriza hamwe Abanye-Congo mu biganiro bigamije kubona ibisubizo birambye ku mutekano muke uri mu Burasizuba bwa Congo.

Ku rundi ruhande, Kabila ashobora gutangira gukurikiranwa n’inkiko z’i Kinshasa za gisirikare, aho ubutegetsi bw’iki gihugu bumushinja gufasha umutwe wa M23. Cyobikoze, Kabila na we ashinja ubu butegetsi bw’i Kinshasa gutegekesha igihugu ruswa no kukiroha mu manga mbi igamije ku kurimbura.

Ku wa gatanu w’icyumweru gishize, Kabila yabonanye n’abayobozi ba AFC/M23, nyuma umuyobozi mukuru w’iri huriro rya AFC/M23, Corneille Nangaa, yahise atangaza ko ibiganiro byabo na Kabila byibanze ku buryo bwo gushyiraho no gukomeza amahoro arambye.

Mu gihe Kabila akomeje kwegeranya abo babyumva kimwe, ubutegetsi bw’i Kinshasa na bwo burakora ibishoboka byose mu kumuhimbira ibinyoma bigamije kumwandagaza no kumushyiraho ibyaha biremereye. Ibi bigaragaza ko ubwo butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi bumufitiye ubwoba bwinshi, ndetse ko bwemera neza ko ibyo arimo bishobora kuzana impinduka zikomeye muri iki gihugu.

Tags: GomaIbikorwaIbyimbitseKabila
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges As part of ongoing efforts to find a lasting solution to the long-standing...

Read moreDetails

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye Mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu...

Read moreDetails

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakoze ivugurura rikomeye mu buyobozi bw’ingabo, ririmo guhindura abayobozi bashinzwe...

Read moreDetails

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC Dans le cadre de discussions menées dans la plus grande discrétion, les États-Unis d’Amérique sont en pourparlers avec...

Read moreDetails

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe igikorwa kibi gishobora gukorwa n’abagore ba basirikare, ndetse n’abasirikare ubwabo muri RDC.

Hatangajwe igikorwa kibi gishobora gukorwa n'abagore ba basirikare, ndetse n'abasirikare ubwabo muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?