• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyimbitse ku gitero Iran yaraye igabye kuri Israel.

minebwenews by minebwenews
October 2, 2024
in World News
0
Ibyimbitse ku gitero Iran yaraye igabye kuri Israel.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse ku gitero Iran yaraye igabye kuri Israel.

You might also like

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Igitero Iran yaraye igabye kuri Israel ku mugoroba wo ku itariki ya 01/10/2024, yakoresheje ibisasu byo mu bwoko bwa Misille Ballistic birenga 180, kandi ikigaba mu gihe ibi Bihugu byombi byari bigize iminsi birebana ayingwe, nyuma y’uko Israel yari yishe irashe abakuru b’umutwe wa Hezbollah uterwa inkunga n’iki gihugu cya Iran.

Ni igitero cyasize minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu avuze ko Iran igiye kubona akaga, bigatekerezwa ko iyi ntambara yo mu burasirazuba bwo hagati y’aba igiye gukomera kurushaho.

Iran yagabye iki gitero ihita inatangaza ko yagikoze mu rwego rwo guhorera abarwanyi bakomeye b’umutwe wa Hezbollah baguye mu bitero igisirikare cya Israel cyagabye ku butaka bwayo, byanaguyemo n’umuyobozi mukuru w’uyu mutwe wa Hezbollah, Hassan Nasrallah harimo n’abandi bishwe mbere barimo na Ismail Haniyeh wari umuyobozi mukuru mu bya politiki mu mutwe wa Hamas nawo usanzwe ukorana byahafi n’uyu wa Hezbollah.

Iki gitero Iran yagabye kuri Israel ni cyo cya mbere gikomeye Iran yagabye kuri Israel kuva ibi Bihugu byombi byagirana amakimbirane ashingiye ku kuba Iran ishigikiye umutwe wa Hezbollah na Hamas, imaze igihe ihanganye na Israel.

Gusa amakuru yagiye atangwa n’uruhande rwa Leta ya Israel, avuga ko ibisasu Iran yagabye ku gihugu cyabo, ibyinshi byashwanyagurijwe mu kirere, ndetse binagabanyirizwa ubukana n’igisirikare cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’ibindi Bihugu bishyigikiye Israel.

Nk’uko byavuzwe, ibi bisasu byari bigambiriye kurasa ku biro bikuru by’ikigo cy’ubutasi cya Israel (Mossad) no ku mashami abiri yacyo.

Igisirikare cya Iran cyatangaje kandi ko iki gitero cyari kigambiriye guha isomo rikomeye Leta ya Israel kandi ko mu gihe Israel yogira icyo ikoze ngo yihore izabona ibyago bikomeye kuruta ibi bya none.

Mu nama y’umutekano yayobowe na Netanyahu yabwiye abayitabiriye ko “Iran itazi ubudahangagwa Israel ihorana bwo kwirinda ndetse n’imbara bashyira mu guhangana n’abanzi babo.”

Netanyahu yanavuze ko iki gitero cya Iran ari intsinzi ikomeye kuri Israel kandi ko Iran igiye guhura na kaga gakomeye kandi ko bizayimerera nka Gaza na Liban. Yagize ati: “Uzatugabaho igitero wese, natwe tuzakimugabaho.”

              MCN.
Tags: IbyimbitseIgiteroIranIsrael
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails
Next Post
Hongeye kubura imirwano ikaze mu bice byo muri Sake.

Hongeye kubura imirwano ikaze mu bice byo muri Sake.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?