• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyimbitse ku gitero Iran yaraye igabye kuri Israel.

minebwenews by minebwenews
October 2, 2024
in World News
0
Ibyimbitse ku gitero Iran yaraye igabye kuri Israel.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse ku gitero Iran yaraye igabye kuri Israel.

You might also like

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Igitero Iran yaraye igabye kuri Israel ku mugoroba wo ku itariki ya 01/10/2024, yakoresheje ibisasu byo mu bwoko bwa Misille Ballistic birenga 180, kandi ikigaba mu gihe ibi Bihugu byombi byari bigize iminsi birebana ayingwe, nyuma y’uko Israel yari yishe irashe abakuru b’umutwe wa Hezbollah uterwa inkunga n’iki gihugu cya Iran.

Ni igitero cyasize minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu avuze ko Iran igiye kubona akaga, bigatekerezwa ko iyi ntambara yo mu burasirazuba bwo hagati y’aba igiye gukomera kurushaho.

Iran yagabye iki gitero ihita inatangaza ko yagikoze mu rwego rwo guhorera abarwanyi bakomeye b’umutwe wa Hezbollah baguye mu bitero igisirikare cya Israel cyagabye ku butaka bwayo, byanaguyemo n’umuyobozi mukuru w’uyu mutwe wa Hezbollah, Hassan Nasrallah harimo n’abandi bishwe mbere barimo na Ismail Haniyeh wari umuyobozi mukuru mu bya politiki mu mutwe wa Hamas nawo usanzwe ukorana byahafi n’uyu wa Hezbollah.

Iki gitero Iran yagabye kuri Israel ni cyo cya mbere gikomeye Iran yagabye kuri Israel kuva ibi Bihugu byombi byagirana amakimbirane ashingiye ku kuba Iran ishigikiye umutwe wa Hezbollah na Hamas, imaze igihe ihanganye na Israel.

Gusa amakuru yagiye atangwa n’uruhande rwa Leta ya Israel, avuga ko ibisasu Iran yagabye ku gihugu cyabo, ibyinshi byashwanyagurijwe mu kirere, ndetse binagabanyirizwa ubukana n’igisirikare cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’ibindi Bihugu bishyigikiye Israel.

Nk’uko byavuzwe, ibi bisasu byari bigambiriye kurasa ku biro bikuru by’ikigo cy’ubutasi cya Israel (Mossad) no ku mashami abiri yacyo.

Igisirikare cya Iran cyatangaje kandi ko iki gitero cyari kigambiriye guha isomo rikomeye Leta ya Israel kandi ko mu gihe Israel yogira icyo ikoze ngo yihore izabona ibyago bikomeye kuruta ibi bya none.

Mu nama y’umutekano yayobowe na Netanyahu yabwiye abayitabiriye ko “Iran itazi ubudahangagwa Israel ihorana bwo kwirinda ndetse n’imbara bashyira mu guhangana n’abanzi babo.”

Netanyahu yanavuze ko iki gitero cya Iran ari intsinzi ikomeye kuri Israel kandi ko Iran igiye guhura na kaga gakomeye kandi ko bizayimerera nka Gaza na Liban. Yagize ati: “Uzatugabaho igitero wese, natwe tuzakimugabaho.”

              MCN.
Tags: IbyimbitseIgiteroIranIsrael
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n'u Burusiya Umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika ushinzwe ububanyi n'amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye cyifuza guhura n'u Burusiya, ibihugu...

Read moreDetails

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho Abakunze gukorera ingendo mu gihugu cya Kenya, basabwe kwirinda kunywa inzoga zaho kuko ngo harizashizwemo uburozi. Bikubiye mu...

Read moreDetails

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails
Next Post
Hongeye kubura imirwano ikaze mu bice byo muri Sake.

Hongeye kubura imirwano ikaze mu bice byo muri Sake.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?