Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Iby’imirwano itari yavuzwe yabereye mu Rurambo hagati ya Twirwaneho na Wazalendo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 20, 2025
in Conflict & Security
0
Iby’imirwano itari yavuzwe yabereye mu Rurambo hagati ya Twirwaneho na Wazalendo.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’imirwano itari yavuzwe yabereye mu Rurambo hagati ya Twirwaneho na Wazalendo.

You might also like

Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

Mu Rurambo ho mu misozi yo muri teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, habereye imirwano ikomeye hagati y’umutwe urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wa Twirwaneho n’ihuriro ry’imitwe y’itwaje intwaro rya Wazalendo rikorana byahafi n’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) na FDLR.

Iyi mirwano yabaye igihe c’isaha z’igitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 20/05/2025, aho yabereye mu gace ka Kageregere ko muri Rurambo kagenzurwa n’umutwe wa Twirwaneho kuva mu myaka itanu ishize.

Aya makuru agaragaza ko Twirwaneho ko ari yo yagabweho ibitero, kandi ko yabigabweho na Wazalendo bayobowe n’uwitwa Ilunga na Gashumba ku bufatanye n’abarwanyi bo muri FDLR barimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Ni amakuru ahamya ko FARDC n’ingabo z’u Burundi zitagaragaye muri ibi bitero, ariko bikaba bizwi ko impande zose zikorana byahafi.

Ndetse aya makuru akomeza avuga ko hari n’abaturage ba Banyamulenge bahungiye mu ikambi y’igisirikare cy’u Burundi iherereye mu bice bya Gahororo hafi na Kageregere.

Umwe mu batangabuhamya wahaye Minembwe Capital News aya makuru yagize ati: “Uyu munsi barwanye cyane, Twirwaneho na Wazalendo. Barwaniye kuri Kageregere.”

Yashimangiye ibi agira ati: “Hari abagore n’abana bahungiye mu ikambi y’igisirikare cy’u Burundi i Gahororo.”

Yanavuze ko byaje kurangira Twirwaneho yivunye umwanzi, ndetse ko yamwirukanye imugeza kure!

Ku cyumweru nabwo mu bice bitandukanye byo muri iki gice cya Rurambo byagabwemo ibitero, aho byakomeje n’ahar’ejo ku wa mbere mu bice nka Rwikubo, Kageregere n’ahandi mu bindi bice biri mu nkengero zaho.

Icyibazwa ni uburyo FARDC n’Ingabo z’u Burundi zitabirimo, bikaba birimo gusa Wazalendo na FDLR.

Ati: “FARDC n’Ingabo z’u Burundi ntibari muri iyi mirwano. Turibaza impamvu, kuko basanzwe ari agati gakubiranyije.”

Kurundi ruhande, indi mirwano ikomeye yabereye mu Rugezi muri teritware ya Fizi hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zirimo iza FARDC, iz’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.

Rugezi yabereyemo iyo mirwano iherereye mu ntera y’ibirometero bibarirwa muri 200 uvuye mu Rurambo.

Ni imirwano nayo yahereye kuva ejo ku wa mbere, ariko amakuru yizewe Minembwe Capital News yamenye ni uko Twirwaneho ku bufatanye na M23 birukanye iri huriro rirwanirira Leta y’i Kinshasa.

Ikindi twamenye, Twirwaneho na M23 byafashe agace ka Rugomero, ubwo ni imbere cyane uvuye mu Rugezi werekeza i Milimba ahazwi nko mundiri ikomeye ya FDLR na Wazalendo ndetse n’ingabo za Congo.

Uwaduhaye iyi nkuru yagize ati: “Umwanzi yahunze bamutambutsa mu Rugomero, Twirwaneho na M23 byahafashe. Ariko habaye imirwano ikomeye cyane.”

Ahanini iyi mirwano yabereye mu Rugezi, yabereye ku musozi wo kwa Didas, kwa Chef-Sabune no kuri Nyakirango. Ariko utwo duce twose twabeyemo imirwano kuri ubu turagenzurwa na Twirwaneho na M23 nyuma yo gutsinda urugamba.

Tags: ImirwanoKageregereRurambo
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

by Bruce Bahanda
May 24, 2025
0
Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

Iby'akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka. Igitero ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye mu Mikenke cyaguyemo umusirikare mukuru...

Read moreDetails

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza. Ibitero ihuriro ry'Ingabo za Congo ririmo FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo zagabye mu duce dutuwe n'Abanyamulenge two mu Mikenke ho muri secteur...

Read moreDetails

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
Iby’imirwano itari yavuzwe yabereye mu Rurambo hagati ya Twirwaneho na Wazalendo.

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace. Nyuma y'aho FARDC n'abambari bayo bazindutse bagaba ibitero mu mihana y'Abanyamulenge mu Mikenke, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23...

Read moreDetails

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye. Brigadier General Pierre Banywesize wigeze kuba umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo igihe cya Joseph Kabila ubwo yari...

Read moreDetails

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
1
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila. Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo kuva mu mwaka wa 2001 kugeza mu 2018, Sena...

Read moreDetails
Next Post
Ishyaka rya CNDD-FDD rirashinjwa gutuma u Burundi bugwiza injiji.

Ishyaka rya CNDD-FDD rirashinjwa gutuma u Burundi bugwiza injiji.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?