• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 11, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyinshi wa menya ku bakunzi b’ikipe y’igihugu cya Israel bakubitiwe mu Buholandi.

minebwenews by minebwenews
November 9, 2024
in World News
0
Ibyinshi wa menya ku bakunzi b’ikipe y’igihugu cya Israel bakubitiwe mu Buholandi.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyinshi wa menya ku bakunzi b’ikipe y’igihugu cya Israel bakubitiwe mu Buholandi.

You might also like

EU yafatiye Israel ingamba zi kakaye nyuma y’i gitero yagabye i Doha

Burya Abanyaburayi ngo n’ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n’abo ni abacakara kimwe n’abandi- byose abishize ku karubanda

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

Abafana b’ikipe y’umupira w’amaguru bo muri Israel, batezwe ibico mu mujyi wa Amsterdam bakubitwa nabi, ahar’ejo tariki ya 09/11/2024. Ariko baje gutabarwa n’abapolisi bashyinzwe guhoshya imvururu.

Meya w’umujyi wa Amsterdam, Femke Halsema, yashatse gukumira ibibazo, abigaragambyaga bashyigikiye Palestine akabajyana kure ya Johan Cruyff Arena. Ariko amakuru ava mu Buholandi avuga ko itsinda rinini ryagaragaje kwerekeza kuri stade, ariko bahagarikwa n’abapolisi bashyinzwe kurwanya imvururu.

Minisitiri w’intebe w’u Buholandi, Dick Schoof yamaganye “ibitero byibasira Abayahudi” naho minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, avuga ko indege 2 z’ubutabazi zoherejwe i Amsterdam nyuma y’ibyo igisirikare cya Israel cyavuze ko ari “ibintu bikomeye kandi by’urugomo byibasiye Ab’Israel.”

Meya wa Amsterdam n’abandi bayobozi bavuze ko nubwo abapolisi bari benshi, abafana bavuye muri Israel bakomeretse mu bice byinshi by’umurwa mukuru w’u Buholandi. Ibi bikaba byabayeho mu gihe n’ikipe yabo yatsinzwe ibitego 5-0

Schoof yavuze ko yakurikiranye ibyabaye biteye ubwoba, yongeraho ko yavuganye na Netanyahu anashimangira ko abakoze icyaha bazakurikiranwa kandi bakaburanishwa.

Ni mu gihe kandi Polisi yatangaje ko abantu 57 batawe muri yombi. Inavuga ko ibibazo byatangiye mbere y’umukino hagati y’abafana b’ikipe y’umupira w’amaguru ya Israel(Maccabi) n’abigaragambyaga b’abanyapalesitine, kandi hari amakuru avuga ko abafana bacanye fireworks baca n’ibendera rya Palestine ku muhanda uri hafi aho.

Imvururu zikaba zaje kwiyongera nyuma y’umukino. Polisi yavuze ko hatazwi neza abagize uruhare muri izo mvururu, abwira itangazamakuru ryaho ko ababigizemo uruhare bari bambaye imyenda yijimye.

Amashusho menshi yakwirakwijwe ku mbugankoranyambaga, amwe yerekana umugabo akubitwa imigeri munda ari hasi, indi yerekana umuntu wiruka ahunga cyane.
Muri video zimwe, abantu bashoboraga kumva abasakuza bavuga ko bashyigikiye Palestine.

Perezida wa Israel, Isaac Herzog, yavuze ko imyigaragambyo yakorewe Ab’Israel yarimo urugomo rugamije kwica cyangwa kwirukana ubwoko cyangwa itsinda rifite imyizerere runaka. Umunyapolitiki urwanya cyane umuyisilamu, Geert Wilders, uyobora ishyaka rikomeye mu nteko ishinga amategeko na we yavuze kubyabereye i Amsterdam, agira ati: “Abayobozi bazabibazwa kubera ko batigeze barengera abaturage ba Israel.”

Intumwa idasanzwe ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ishinzwe kurwanya urwango ku Bayahudi, Deborah Lipstadt, yavuze ko yatewe ubwoba n’ibitero byabereye i Amsterdam, kandi ko yababajwe cyane n’igihe byamaze.

Yagaragaje ko ihohoterwa ryabaye hasigaye iminsi ibiri ngo hibukwe Abanazi batangiye gukorera Abayahudi “urugomo” mu Budage mukwezi kwa Cumi n’umwe mu mwaka w’ 1938.

Tags: AmsterdamBakubisweIsraelMaccabi
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

EU yafatiye Israel ingamba zi kakaye nyuma y’i gitero yagabye i Doha

by Bahanda Bruce
September 11, 2025
0
EU yafatiye Israel ingamba zi kakaye nyuma y’i gitero yagabye i Doha

EU yafatiye Israel ingamba zi kakaye nyuma y'i gitero yagabye i Doha Umuryango w'u bumwe bw'u burayi watangaje ko ugiye guhagarika inkunga wahaga igihugu cya Israel binyuze mu...

Read moreDetails

Burya Abanyaburayi ngo n’ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n’abo ni abacakara kimwe n’abandi- byose abishize ku karubanda

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
Burya Abanyaburayi ngo n’ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n’abo ni abacakara kimwe n’abandi- byose abishize ku karubanda

Burya Abanyaburayi ngo n'ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n'abo ni abacakara kimwe n'abandi- byose abishize ku karubanda Nubwo Abanyaburayi bagize uruhare rukomeye mu kugurisha Abanya-Frika nk'abacakara, babakoloniza; nyuma bakaza...

Read moreDetails

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas Ingabo za Israel zakoze igitero gikomeye cyumvikanyemo iturika ridasanzwe, aho zakigabye i Doha muri Qatar ahari intumwa z'umutwe...

Read moreDetails

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails
Next Post
Menya uko instinzi ya Donald  Trump yunguye abaherwe 10 ba mbere ku Isi.

Menya uko instinzi ya Donald Trump yunguye abaherwe 10 ba mbere ku Isi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?