Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo kwamagana MONUSCO muri RDC byongeye gufata indi ntera i Goma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 24, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo kwamagana MONUSCO muri RDC byongeye gufata indi ntera i Goma.
78
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo kwamagana MONUSCO muri RDC byongeye gufata indi ntera i Goma.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

I Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru hatangijwe ubukangurambaga bwo gusaba ko ingabo z’u muryango w’Abibumbye zizwi nka MONUSCO ziva muri iki gihugu. Ni mu gihe zari ziheruka kongererwa manda y’amezi 12 yo kuba mu Ntara ya Kivu Yaruguru muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Amashirahamwe atandukanye akorera muri Kivu y’Amajyaruguru ni yo avugwa ku isonga yatangiye gusaba ko MONUSCO ibavira mu gihugu cyabo; ayishinja kudakora akazi yagombaga gukora ku butaka bw’iki gihugu.

Manda ya MONUSCO yari kurangira ku itariki ya 30/12/2024, yongerwa undi mwaka umwe. Iki cyemezo kikaba cyarafashwe n’akanama ka LONI gashinzwe umutekano ku Isi ku wa Gatanu tariki ya 20/12/2024.

Mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka, perezida Félix Tshisekedi yari yatangaje ko iz’i ngabo za MONUSCO zigomba kuva muri iki gihugu vuba na bwangu; icyo gihe minisitiri witumanaho akaba ari n’umuvugizi wa leta ya Kinshasa, Patrick Muyaya yasobanuye ko ingabo z’u muryango w’Abibumbye zitashoboye kubungabunga amahoro mu bice byo mu Burasirazuba bwa RDC, nk’uko byari mu masezerano yasinywe mbere y’uko izo ngabo ziza muri RDC.

Ubu rero kandi mu mujyi wa Goma, imiryango itegamiye kuri Leta yatangije gukangurira abantu kwamagana iz’i ngabo za MONUSCO zigataha, bara bakangurira kwanga iriya manda bongerewe, bavuga ko imyaka 25 irengaho izi ngabo ziri muri RDC nta nakimwe zahinduye, bityo zigomba kubavira mu gihugu.

Ubu bukangurambaga kandi bugamije guhamagarira Leta ya Kinshasa kwisubiraho, igakuraho umukono yaba yarasinye kugira ngo manda y’izo ngabo yongerwe. Bamwe mu bagize ayo mashirahamwe yo mu ntara ya Kivu Yaruguru bavuga ko ku itariki ya 30/12/2024, umusirikare wa nyuma wa MONUSCO azaba yakuye ibirenge bye ku butaka bw’iki gihugu.

Abandi bo muri ayo mashirahamwe bavuga ko batunguwe no kubona leta ya Kinshasa na yo yemera ko manda y’izi ngabo yongerwa, kandi ari yo yategetse ko zitaha.

Kimweho umuvugizi w’ingabo z’u muryango w’Abibumbye muri Kivu Yaruguru, Omar Abou yabwiye itangaza makuru ko ntacyo yasubiza abasaba ko bava muri RDC manda yabo itararangira.

Yongeraho kandi ko igihe leta ya Kinshasa izategekera ko ingabo za MONUSCO zibavira mu gihugu, zizahita zibyubahiriza ako kanya. Ndetse ashimangira ko ikibarangaje imbere ari ukurindira abasivile umutwe bo muri Kivu Yaruguru mu Burasirazuba bwa RDC no gufasha FARDC guhasha imitwe yitwaje intwaro.

Mu mwaka ushize no mu mwaka w’ 2022, mu Ntara ya Kivu Yaruguru habaye imyigaragambyo yo kurwego rwo hejuru yasabaga ko MONUSCO yava muri RDC ngo kuko zitashoboye gukora inshingano zayo, ni nacyo gihe ubuzima bw’abasivile barenga amagana babubuze. Ariko kandi mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo nta musirikare wa MONUSCO ukihabarizwa mu gihe ho nta myigaragambyo ikaze yo kuyamagana yahabereye.

Tags: GomaMonusco
Share31Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Mu marembo y’umujyi wa Goma haravugwa imirwano ikanganye.

Mu marembo y'umujyi wa Goma haravugwa imirwano ikanganye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?