• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo kwamagana MONUSCO muri RDC byongeye gufata indi ntera i Goma.

minebwenews by minebwenews
December 24, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo kwamagana MONUSCO muri RDC byongeye gufata indi ntera i Goma.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo kwamagana MONUSCO muri RDC byongeye gufata indi ntera i Goma.

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

I Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru hatangijwe ubukangurambaga bwo gusaba ko ingabo z’u muryango w’Abibumbye zizwi nka MONUSCO ziva muri iki gihugu. Ni mu gihe zari ziheruka kongererwa manda y’amezi 12 yo kuba mu Ntara ya Kivu Yaruguru muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Amashirahamwe atandukanye akorera muri Kivu y’Amajyaruguru ni yo avugwa ku isonga yatangiye gusaba ko MONUSCO ibavira mu gihugu cyabo; ayishinja kudakora akazi yagombaga gukora ku butaka bw’iki gihugu.

Manda ya MONUSCO yari kurangira ku itariki ya 30/12/2024, yongerwa undi mwaka umwe. Iki cyemezo kikaba cyarafashwe n’akanama ka LONI gashinzwe umutekano ku Isi ku wa Gatanu tariki ya 20/12/2024.

Mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka, perezida Félix Tshisekedi yari yatangaje ko iz’i ngabo za MONUSCO zigomba kuva muri iki gihugu vuba na bwangu; icyo gihe minisitiri witumanaho akaba ari n’umuvugizi wa leta ya Kinshasa, Patrick Muyaya yasobanuye ko ingabo z’u muryango w’Abibumbye zitashoboye kubungabunga amahoro mu bice byo mu Burasirazuba bwa RDC, nk’uko byari mu masezerano yasinywe mbere y’uko izo ngabo ziza muri RDC.

Ubu rero kandi mu mujyi wa Goma, imiryango itegamiye kuri Leta yatangije gukangurira abantu kwamagana iz’i ngabo za MONUSCO zigataha, bara bakangurira kwanga iriya manda bongerewe, bavuga ko imyaka 25 irengaho izi ngabo ziri muri RDC nta nakimwe zahinduye, bityo zigomba kubavira mu gihugu.

Ubu bukangurambaga kandi bugamije guhamagarira Leta ya Kinshasa kwisubiraho, igakuraho umukono yaba yarasinye kugira ngo manda y’izo ngabo yongerwe. Bamwe mu bagize ayo mashirahamwe yo mu ntara ya Kivu Yaruguru bavuga ko ku itariki ya 30/12/2024, umusirikare wa nyuma wa MONUSCO azaba yakuye ibirenge bye ku butaka bw’iki gihugu.

Abandi bo muri ayo mashirahamwe bavuga ko batunguwe no kubona leta ya Kinshasa na yo yemera ko manda y’izi ngabo yongerwa, kandi ari yo yategetse ko zitaha.

Kimweho umuvugizi w’ingabo z’u muryango w’Abibumbye muri Kivu Yaruguru, Omar Abou yabwiye itangaza makuru ko ntacyo yasubiza abasaba ko bava muri RDC manda yabo itararangira.

Yongeraho kandi ko igihe leta ya Kinshasa izategekera ko ingabo za MONUSCO zibavira mu gihugu, zizahita zibyubahiriza ako kanya. Ndetse ashimangira ko ikibarangaje imbere ari ukurindira abasivile umutwe bo muri Kivu Yaruguru mu Burasirazuba bwa RDC no gufasha FARDC guhasha imitwe yitwaje intwaro.

Mu mwaka ushize no mu mwaka w’ 2022, mu Ntara ya Kivu Yaruguru habaye imyigaragambyo yo kurwego rwo hejuru yasabaga ko MONUSCO yava muri RDC ngo kuko zitashoboye gukora inshingano zayo, ni nacyo gihe ubuzima bw’abasivile barenga amagana babubuze. Ariko kandi mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo nta musirikare wa MONUSCO ukihabarizwa mu gihe ho nta myigaragambyo ikaze yo kuyamagana yahabereye.

Tags: GomaMonusco
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Mu marembo y’umujyi wa Goma haravugwa imirwano ikanganye.

Mu marembo y'umujyi wa Goma haravugwa imirwano ikanganye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?