Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyo wa menya ku bitero Iran yaraye igabye kuri Israel.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 2, 2024
in World News
0
Ibyo wa menya ku bitero Iran yaraye igabye kuri Israel.
94
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku bitero Iran yaraye igabye kuri Israel.

You might also like

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Ahagana isaha z’umugoroba wo ku wa kabiri tariki ya 01/10/2024, Iran yarashe ibisasu byo mu bwoko bwa Misille Ballistic, ahanini ibi bisasu byagwaga mu mujyi wa Tel Aviv ho muri Israel.

Ni bitero Leta ya Iran yemeje ko ari yo yabikoze, kandi ivuga ko yabikoze mu rwego rwo guhorera umuyobozi w’umutwe wa Hezbollah wo muri Liban wishwe mu gitero Ingabo za Israel zagabye mu mujyi w’i Beirut muri Liban ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Nyuma yuko Iran igabye ibi bitero kuri Israel ikoresheje ibisasu birasa mu ntera y’ibirometro bya kure, Israel yatangaje ko ingaruka zabyo zizaba mbi kurushaho, usibye ko perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yavuze ko ibitero bya Iran nta muntu byigeze bihitana kandi ko Amerika ikomeje kubikurikiranira hafi uko ibintu bigenda muri ako karere k’u Burasirazuba bwo hagati.

Minisiteri y’ingabo ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatangaje ko ibitero bya Iran byikubye inshuro zibiri ibyo icyo gihugu cyagabye kuri Israel mu kwezi kwa Kane uyu mwaka.

Ariko kandi ubutumwa igisirikare cya Israel cyatanze bugira buti: “Mu mwanya muto ushize Iran yarashe Misille ku butaka bwa Israel. Iturika muri kumva ni iry’ibisasu biri kuburizwamo biri mu kirere cyangwa ibiri kugera ku butaka.”

Cyongeyeho kandi kiti: “Israel iri teguye bihagije haba mu bwirinzi no kugaba igitero igihe cyose bikenewe.”

Iki gisirikare cya Israel cyanatangaje ko kiri gukora ibishoboka byose ngo gihangane n’ibyo bisasu ariko kinasaba abaturage ba Israel gukurikiza amabwiriza yo kwirinda.

Abaturage baturiye umujyi w’i Tel Aviv no mu bindi bice byo muri Israel hagati basabwe kwihisha ahabugenewe munsi y’ubutaka cyangwa bakaguma mu bindi byumba byizewe ko batagerwaho na byo.

N’ubwo umubare utaramenyekana neza w’abahitanwe n’icyo gitero, ariko Al Jazeera yatangaje ko abaturage babiri i Tel Aviv bakomerekejwe n’ibyo bisasu mu buryo budakabije.

Ku rundi ruhande hari irindi rasana ryabereye mu karere ka Jaffa i Tel Aviv mbere y’uko Iran irasa kuri Israel na ryo ryahitanye abantu bane nk’uko polisi ya Israel yabitangaje. Gusa hari ibindi bitangaza makuru byo muri icyo gihugu byavuze ko ari abantu umunani.

Ahandi kandi Iran yatangaje ko Israel iza guhura na kaga gakomeye mu gihe yoramuka igerageje kurasa kuri Iran mu buryo bwo kwihorera. Ibi Iran yabivuze nyuma y’uko umuvugizi w’igisirikare cya Israel, Daniel Hagari yari yatangaje ko igisirikare cye cyiteguye kwihorera ku bitero Iran yagabye kuri Israel, ariko avuga ko bizakorwa mu gihe gikwiye.

Ariko kandi umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yasabye ko intambara iri gufata indi ntera mu Burasirazuba bwo hagati yahita ihagarara vuba na bwangu.

              MCN.
Tags: IranIsraelTel Aviv
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye iby’indi nama iza huza u Rwanda na RDC.

Hamenyekanye iby'indi nama iza huza u Rwanda na RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?