• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibyo wa menya ku bitero Iran yaraye igabye kuri Israel.

minebwenews by minebwenews
October 2, 2024
in World News
0
Ibyo wa menya ku bitero Iran yaraye igabye kuri Israel.
94
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku bitero Iran yaraye igabye kuri Israel.

You might also like

Qatar Yiyemeje Gukomeza Gushyigikira Amasezerano ya Washington Hagati ya RDC n’u Rwanda

Netanyahu Yasabye Perezida Herzog Imbabazi Zigamije Guhagarika Urubanza

Perezida Kagame yakiriye ku meza abayobozi b’Abanyamerika mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Washington

Ahagana isaha z’umugoroba wo ku wa kabiri tariki ya 01/10/2024, Iran yarashe ibisasu byo mu bwoko bwa Misille Ballistic, ahanini ibi bisasu byagwaga mu mujyi wa Tel Aviv ho muri Israel.

Ni bitero Leta ya Iran yemeje ko ari yo yabikoze, kandi ivuga ko yabikoze mu rwego rwo guhorera umuyobozi w’umutwe wa Hezbollah wo muri Liban wishwe mu gitero Ingabo za Israel zagabye mu mujyi w’i Beirut muri Liban ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Nyuma yuko Iran igabye ibi bitero kuri Israel ikoresheje ibisasu birasa mu ntera y’ibirometro bya kure, Israel yatangaje ko ingaruka zabyo zizaba mbi kurushaho, usibye ko perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yavuze ko ibitero bya Iran nta muntu byigeze bihitana kandi ko Amerika ikomeje kubikurikiranira hafi uko ibintu bigenda muri ako karere k’u Burasirazuba bwo hagati.

Minisiteri y’ingabo ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatangaje ko ibitero bya Iran byikubye inshuro zibiri ibyo icyo gihugu cyagabye kuri Israel mu kwezi kwa Kane uyu mwaka.

Ariko kandi ubutumwa igisirikare cya Israel cyatanze bugira buti: “Mu mwanya muto ushize Iran yarashe Misille ku butaka bwa Israel. Iturika muri kumva ni iry’ibisasu biri kuburizwamo biri mu kirere cyangwa ibiri kugera ku butaka.”

Cyongeyeho kandi kiti: “Israel iri teguye bihagije haba mu bwirinzi no kugaba igitero igihe cyose bikenewe.”

Iki gisirikare cya Israel cyanatangaje ko kiri gukora ibishoboka byose ngo gihangane n’ibyo bisasu ariko kinasaba abaturage ba Israel gukurikiza amabwiriza yo kwirinda.

Abaturage baturiye umujyi w’i Tel Aviv no mu bindi bice byo muri Israel hagati basabwe kwihisha ahabugenewe munsi y’ubutaka cyangwa bakaguma mu bindi byumba byizewe ko batagerwaho na byo.

N’ubwo umubare utaramenyekana neza w’abahitanwe n’icyo gitero, ariko Al Jazeera yatangaje ko abaturage babiri i Tel Aviv bakomerekejwe n’ibyo bisasu mu buryo budakabije.

Ku rundi ruhande hari irindi rasana ryabereye mu karere ka Jaffa i Tel Aviv mbere y’uko Iran irasa kuri Israel na ryo ryahitanye abantu bane nk’uko polisi ya Israel yabitangaje. Gusa hari ibindi bitangaza makuru byo muri icyo gihugu byavuze ko ari abantu umunani.

Ahandi kandi Iran yatangaje ko Israel iza guhura na kaga gakomeye mu gihe yoramuka igerageje kurasa kuri Iran mu buryo bwo kwihorera. Ibi Iran yabivuze nyuma y’uko umuvugizi w’igisirikare cya Israel, Daniel Hagari yari yatangaje ko igisirikare cye cyiteguye kwihorera ku bitero Iran yagabye kuri Israel, ariko avuga ko bizakorwa mu gihe gikwiye.

Ariko kandi umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yasabye ko intambara iri gufata indi ntera mu Burasirazuba bwo hagati yahita ihagarara vuba na bwangu.

              MCN.
Tags: IranIsraelTel Aviv
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Qatar Yiyemeje Gukomeza Gushyigikira Amasezerano ya Washington Hagati ya RDC n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 7, 2025
0
Perezida Trump Yashimye ‘Ubwenge n’Urukundo’ rwa Kagame na Tshisekedi mu Masezerano y’Amahoro Yahinduye Amateka

Qatar Yiyemeje Gukomeza Gushyigikira Amasezerano ya Washington Hagati ya RDC n’u Rwanda Leta ya Qatar yongeye kwemeza ko izakomeza kugira uruhare rugaragara mu gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano...

Read moreDetails

Netanyahu Yasabye Perezida Herzog Imbabazi Zigamije Guhagarika Urubanza

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Auto Draft

Netanyahu Yasabye Perezida Herzog Imbabazi Zigamije Guhagarika Urubanza Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yafashe icyemezo gikomeye cyo gusaba Perezida Isaac Herzog kumuha imbabazi zigamije guhagarika urubanza rwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakiriye ku meza abayobozi b’Abanyamerika mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Washington

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Perezida Kagame yakiriye ku meza abayobozi b’Abanyamerika mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Washington

Perezida Kagame yakiriye ku meza abayobozi b’Abanyamerika mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Washington Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye ku meza abayobozi bakomeye bo mu Nteko Ishinga...

Read moreDetails

Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe – Perezida Museveni

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe – Perezida Museveni

Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe - Perezida Museveni Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko Guverinoma ye iri mu cyiciro cya nyuma...

Read moreDetails

Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya

by Bahanda Bruce
December 1, 2025
0
Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya

Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya Amakuru aturuka mu Murwa Mukuru wa Sudan y’Epfo, Juba, aravuga ko inkongi y’umuriro yibasiye isoko rinini rya...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye iby’indi nama iza huza u Rwanda na RDC.

Hamenyekanye iby'indi nama iza huza u Rwanda na RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?