Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 12, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni abakandida ku mwanya wa Perezida muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika , Harris Kamala w’umudemokorate na Donald Trump w’umurepubukikani bahuriye mu kiganiro mpaka aho buri wese yagerageje kugaragariza Abanyamerika icyo azabakorera baramutse bamutoye.

Muri iki kiganiro mpaka cyabereye mu mujyi wa Philadelphia muri Leta ya Pennsylvania cyayobowe n’abanyamakuru ba televisiyo ABC.

Iki kiganiro cyabereye neza mu nzu yitiriwe inteko nshinga mategeko, ikaba yarayobowe n’abanyamakuru.

Impaka z’aba bakandida ku mwanya wa Perezida, ikiganiro cyabo cyibanze ku ngingo z’ubukungu, uburenganzira bwo gukuramo inda ibijanye n’abimukira bambuka umupaka na Megizike binjira muri Amerika.

Iki kiganiro kikaba cyarabaye ku nshuro ya mbere . Visi Perezida Harris Kamala yari amaze igihe muri iyi leta ya Pennsylvania yitegura iki kiganiro mpaka. Ku ruhande rwa Donald Trump ni ku nshuro ya Gatatu yitabiriye ibi biganiro mpaka bihuza abakandida.

Ku ikubutiro abakandida bombi babujijwe imigambi yabo ku bijanye n’ubukungu mu gihugu. Visi Perezida Harris yahise ashinja uwo bahanganye Donald kuba yarasize yubitse ubukungu bw’igihugu ubwo manda ye yari irangiye. Yagize ati: “Reka tuvuge ku byo Donald yadusigiye. Yadusigiye ubushomeri bukabije, Donald yadusigiye icyorezo cyatikije imbaga mu buryo butarabaho mu myaka ishize. Donald yasize agabye igitero gikomeye kibasiye inzego z’igihugu na Demokarasi yacu kuva igihugu kivuye mu ntambara yo gusubiranamo y’abanyamerika. Icyo twakoze tugeze ku butegetsi n’ugukubura uwo muhanda yadusigiye.”

Mu ku musuzibiza, Donald yashinje ubutegetsi Kamala abereye visi Perezida gusubiza inyuma ubukungu bw’igihugu.

Yagize ati: “Buri muntu arabizi ko mu by’ingenzi nzakora ni ukugabanya imisoro, nkubaka ubukungu budadiye butajegajega nk’uko nabikoze bwa mbere. Twari dufite ubukungu bukomeye bwakubiswe hasi n’icyorezo. Icyorezo kitigeze kibaho kuva mu 1917 cyaguyemo abantu 100. Igihugu cyari kitarahura n’ibibazo nk’ibyo . Ariko twabyitwayemo neza tubasigira ubukungu buhagaze neza.”

Iki kiganiro cyakozwe mu gihe hasigaye amezi atageze muri abiri ngo amatora abe.

Indi ngingo yatinzweho cyane ni ikibazo cy’abimukira, aho Donald wabayeho Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yavuze ko abimukira binjira muri iki gihugu banyuze Inzira zitemewe n’amategeko bakomeje kwisuka muri Amerika banyuze ku mupaka wa Megizike. Kuri iyi ngingo Donald yashinje visi Perezida Harris ko afite uruhare rukomeye mukudashakira umuti icyo kibazo cy’abimukira benshi yavuze ko baza mu gihugu gukora ibyaha no guteza akaduruvayo.

Trump yagize ati: “Icyo bakoze muri iki gihugu ni amahano, ubwo bemeraga miliyoni yabo bantu kwinjira mu gihugu. Ndebera ibirimo kuba mu mijyi hano muri Amerika. Hari imijyi idashaka kubivugaho. Urugero mu mujyi wa Springfield abo bimukira bararya imbwa n’injangwe z’abantu bahasanze. Ibi ni bintu birimo kuba mu gihugu cyacu kandi birabaje.”

Kamara Harris mu kugusubiza iki kibazo, yavuze ko hari umushinga wari wateguwe ugamije gutanga umuti ku bibazo by’abimukira, kandi ushyigikiwe n’amashyaka yombi mu gihugu.

Agaragaza ko uwo mushinga waje kuburizwamo kubera Trump yasabye Abarepubulikani mu nteko ishinga amategeko kutawushigikira.

Yagize ati: “Uwo mushinga wari kuduha uburyo n’ubushobozi bwo guhangana n’abanyabyaha bambukiranya imipaka, bagurishya imbunda mu buryo bwa magendu. Uzi icyabaye Trump yafashe telephone ahamagara bamwe mu badepite abategeka kwica uwo mushinga w’itegeko. Icyo ibyo bivuze nuko yahisemo kwirengagiza ikibazo aho kugikemura.”

Izindi ngingo zaganiriweho muri iki kiganiro harimo politiki mpuzamahanga zibanze cyane ku ntambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Harris yavuze ko Amerika izakomeza ubufatanye bwa hafi n’abanywanyi bayo bo ku mugabane w’uburayi anasaba ko habaho agahenge abafashwe bunyago bakarekurwa, mu gihe Trump we ashyigikira ko intambara ihita ihagarara burundu.

                MCN.
Tags: Donald TrumpKamala Harris
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Mu nkengero za Sake havuzwe intambara ikaze, hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

Mu nkengero za Sake havuzwe intambara ikaze, hagati ya m23 n'ihuriro ry'ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?