Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 12, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Ni abakandida ku mwanya wa Perezida muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika , Harris Kamala w’umudemokorate na Donald Trump w’umurepubukikani bahuriye mu kiganiro mpaka aho buri wese yagerageje kugaragariza Abanyamerika icyo azabakorera baramutse bamutoye.

Muri iki kiganiro mpaka cyabereye mu mujyi wa Philadelphia muri Leta ya Pennsylvania cyayobowe n’abanyamakuru ba televisiyo ABC.

Iki kiganiro cyabereye neza mu nzu yitiriwe inteko nshinga mategeko, ikaba yarayobowe n’abanyamakuru.

Impaka z’aba bakandida ku mwanya wa Perezida, ikiganiro cyabo cyibanze ku ngingo z’ubukungu, uburenganzira bwo gukuramo inda ibijanye n’abimukira bambuka umupaka na Megizike binjira muri Amerika.

Iki kiganiro kikaba cyarabaye ku nshuro ya mbere . Visi Perezida Harris Kamala yari amaze igihe muri iyi leta ya Pennsylvania yitegura iki kiganiro mpaka. Ku ruhande rwa Donald Trump ni ku nshuro ya Gatatu yitabiriye ibi biganiro mpaka bihuza abakandida.

Ku ikubutiro abakandida bombi babujijwe imigambi yabo ku bijanye n’ubukungu mu gihugu. Visi Perezida Harris yahise ashinja uwo bahanganye Donald kuba yarasize yubitse ubukungu bw’igihugu ubwo manda ye yari irangiye. Yagize ati: “Reka tuvuge ku byo Donald yadusigiye. Yadusigiye ubushomeri bukabije, Donald yadusigiye icyorezo cyatikije imbaga mu buryo butarabaho mu myaka ishize. Donald yasize agabye igitero gikomeye kibasiye inzego z’igihugu na Demokarasi yacu kuva igihugu kivuye mu ntambara yo gusubiranamo y’abanyamerika. Icyo twakoze tugeze ku butegetsi n’ugukubura uwo muhanda yadusigiye.”

Mu ku musuzibiza, Donald yashinje ubutegetsi Kamala abereye visi Perezida gusubiza inyuma ubukungu bw’igihugu.

Yagize ati: “Buri muntu arabizi ko mu by’ingenzi nzakora ni ukugabanya imisoro, nkubaka ubukungu budadiye butajegajega nk’uko nabikoze bwa mbere. Twari dufite ubukungu bukomeye bwakubiswe hasi n’icyorezo. Icyorezo kitigeze kibaho kuva mu 1917 cyaguyemo abantu 100. Igihugu cyari kitarahura n’ibibazo nk’ibyo . Ariko twabyitwayemo neza tubasigira ubukungu buhagaze neza.”

Iki kiganiro cyakozwe mu gihe hasigaye amezi atageze muri abiri ngo amatora abe.

Indi ngingo yatinzweho cyane ni ikibazo cy’abimukira, aho Donald wabayeho Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yavuze ko abimukira binjira muri iki gihugu banyuze Inzira zitemewe n’amategeko bakomeje kwisuka muri Amerika banyuze ku mupaka wa Megizike. Kuri iyi ngingo Donald yashinje visi Perezida Harris ko afite uruhare rukomeye mukudashakira umuti icyo kibazo cy’abimukira benshi yavuze ko baza mu gihugu gukora ibyaha no guteza akaduruvayo.

Trump yagize ati: “Icyo bakoze muri iki gihugu ni amahano, ubwo bemeraga miliyoni yabo bantu kwinjira mu gihugu. Ndebera ibirimo kuba mu mijyi hano muri Amerika. Hari imijyi idashaka kubivugaho. Urugero mu mujyi wa Springfield abo bimukira bararya imbwa n’injangwe z’abantu bahasanze. Ibi ni bintu birimo kuba mu gihugu cyacu kandi birabaje.”

Kamara Harris mu kugusubiza iki kibazo, yavuze ko hari umushinga wari wateguwe ugamije gutanga umuti ku bibazo by’abimukira, kandi ushyigikiwe n’amashyaka yombi mu gihugu.

Agaragaza ko uwo mushinga waje kuburizwamo kubera Trump yasabye Abarepubulikani mu nteko ishinga amategeko kutawushigikira.

Yagize ati: “Uwo mushinga wari kuduha uburyo n’ubushobozi bwo guhangana n’abanyabyaha bambukiranya imipaka, bagurishya imbunda mu buryo bwa magendu. Uzi icyabaye Trump yafashe telephone ahamagara bamwe mu badepite abategeka kwica uwo mushinga w’itegeko. Icyo ibyo bivuze nuko yahisemo kwirengagiza ikibazo aho kugikemura.”

Izindi ngingo zaganiriweho muri iki kiganiro harimo politiki mpuzamahanga zibanze cyane ku ntambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Harris yavuze ko Amerika izakomeza ubufatanye bwa hafi n’abanywanyi bayo bo ku mugabane w’uburayi anasaba ko habaho agahenge abafashwe bunyago bakarekurwa, mu gihe Trump we ashyigikira ko intambara ihita ihagarara burundu.

                MCN.
Tags: Donald TrumpKamala Harris
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Mu nkengero za Sake havuzwe intambara ikaze, hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

Mu nkengero za Sake havuzwe intambara ikaze, hagati ya m23 n'ihuriro ry'ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?