• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 11, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.

minebwenews by minebwenews
September 12, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.

Ni abakandida ku mwanya wa Perezida muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika , Harris Kamala w’umudemokorate na Donald Trump w’umurepubukikani bahuriye mu kiganiro mpaka aho buri wese yagerageje kugaragariza Abanyamerika icyo azabakorera baramutse bamutoye.

READ ALSO

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

Muri iki kiganiro mpaka cyabereye mu mujyi wa Philadelphia muri Leta ya Pennsylvania cyayobowe n’abanyamakuru ba televisiyo ABC.

Iki kiganiro cyabereye neza mu nzu yitiriwe inteko nshinga mategeko, ikaba yarayobowe n’abanyamakuru.

Impaka z’aba bakandida ku mwanya wa Perezida, ikiganiro cyabo cyibanze ku ngingo z’ubukungu, uburenganzira bwo gukuramo inda ibijanye n’abimukira bambuka umupaka na Megizike binjira muri Amerika.

Iki kiganiro kikaba cyarabaye ku nshuro ya mbere . Visi Perezida Harris Kamala yari amaze igihe muri iyi leta ya Pennsylvania yitegura iki kiganiro mpaka. Ku ruhande rwa Donald Trump ni ku nshuro ya Gatatu yitabiriye ibi biganiro mpaka bihuza abakandida.

Ku ikubutiro abakandida bombi babujijwe imigambi yabo ku bijanye n’ubukungu mu gihugu. Visi Perezida Harris yahise ashinja uwo bahanganye Donald kuba yarasize yubitse ubukungu bw’igihugu ubwo manda ye yari irangiye. Yagize ati: “Reka tuvuge ku byo Donald yadusigiye. Yadusigiye ubushomeri bukabije, Donald yadusigiye icyorezo cyatikije imbaga mu buryo butarabaho mu myaka ishize. Donald yasize agabye igitero gikomeye kibasiye inzego z’igihugu na Demokarasi yacu kuva igihugu kivuye mu ntambara yo gusubiranamo y’abanyamerika. Icyo twakoze tugeze ku butegetsi n’ugukubura uwo muhanda yadusigiye.”

Mu ku musuzibiza, Donald yashinje ubutegetsi Kamala abereye visi Perezida gusubiza inyuma ubukungu bw’igihugu.

Yagize ati: “Buri muntu arabizi ko mu by’ingenzi nzakora ni ukugabanya imisoro, nkubaka ubukungu budadiye butajegajega nk’uko nabikoze bwa mbere. Twari dufite ubukungu bukomeye bwakubiswe hasi n’icyorezo. Icyorezo kitigeze kibaho kuva mu 1917 cyaguyemo abantu 100. Igihugu cyari kitarahura n’ibibazo nk’ibyo . Ariko twabyitwayemo neza tubasigira ubukungu buhagaze neza.”

Iki kiganiro cyakozwe mu gihe hasigaye amezi atageze muri abiri ngo amatora abe.

Indi ngingo yatinzweho cyane ni ikibazo cy’abimukira, aho Donald wabayeho Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yavuze ko abimukira binjira muri iki gihugu banyuze Inzira zitemewe n’amategeko bakomeje kwisuka muri Amerika banyuze ku mupaka wa Megizike. Kuri iyi ngingo Donald yashinje visi Perezida Harris ko afite uruhare rukomeye mukudashakira umuti icyo kibazo cy’abimukira benshi yavuze ko baza mu gihugu gukora ibyaha no guteza akaduruvayo.

Trump yagize ati: “Icyo bakoze muri iki gihugu ni amahano, ubwo bemeraga miliyoni yabo bantu kwinjira mu gihugu. Ndebera ibirimo kuba mu mijyi hano muri Amerika. Hari imijyi idashaka kubivugaho. Urugero mu mujyi wa Springfield abo bimukira bararya imbwa n’injangwe z’abantu bahasanze. Ibi ni bintu birimo kuba mu gihugu cyacu kandi birabaje.”

Kamara Harris mu kugusubiza iki kibazo, yavuze ko hari umushinga wari wateguwe ugamije gutanga umuti ku bibazo by’abimukira, kandi ushyigikiwe n’amashyaka yombi mu gihugu.

Agaragaza ko uwo mushinga waje kuburizwamo kubera Trump yasabye Abarepubulikani mu nteko ishinga amategeko kutawushigikira.

Yagize ati: “Uwo mushinga wari kuduha uburyo n’ubushobozi bwo guhangana n’abanyabyaha bambukiranya imipaka, bagurishya imbunda mu buryo bwa magendu. Uzi icyabaye Trump yafashe telephone ahamagara bamwe mu badepite abategeka kwica uwo mushinga w’itegeko. Icyo ibyo bivuze nuko yahisemo kwirengagiza ikibazo aho kugikemura.”

Izindi ngingo zaganiriweho muri iki kiganiro harimo politiki mpuzamahanga zibanze cyane ku ntambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Harris yavuze ko Amerika izakomeza ubufatanye bwa hafi n’abanywanyi bayo bo ku mugabane w’uburayi anasaba ko habaho agahenge abafashwe bunyago bakarekurwa, mu gihe Trump we ashyigikira ko intambara ihita ihagarara burundu.

                MCN.
Tags: Donald TrumpKamala Harris

Related Posts

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

September 10, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi

September 9, 2026
Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History
Regional Politics

Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History

September 9, 2026
Uganda: Ifatwa ry’abahoze bayobora CMI ryasubije ubutasi bwa gisirikare mu isura y’amateka akomeye y’igihugu
Regional Politics

Uganda: Ifatwa ry’abahoze bayobora CMI ryasubije ubutasi bwa gisirikare mu isura y’amateka akomeye y’igihugu

September 9, 2026
Gen. Muhoozi yavuze abo atinya, anagaruka ku cyo avuga ko atigeze ageraho muri RDC
Regional Politics

Gen. Muhoozi yavuze abo atinya, anagaruka ku cyo avuga ko atigeze ageraho muri RDC

September 9, 2026
Next Post
Mu nkengero za Sake havuzwe intambara ikaze, hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

Mu nkengero za Sake havuzwe intambara ikaze, hagati ya m23 n'ihuriro ry'ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
  • FARDC, Ingabo z’u Burundi n’Imitwe Yitwaje Intwaro Bageze mu Bice bya Rurambo na Ndondo: Amakuru Mashya ku Miterere y’Ingabo Ziri Kuzamuka Ziva i Uvira
  • Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?