Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.
Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025, bashyize umukono ku masezerano yo guhagarika imirwano ibera mu Burasizuba bwa RDC.
Aya masezerano yashyizweho umukono n’abahagarariye impande zombi, nyuma y’ibiganiro byari bimaze iminsi bibera i Doha muri Qatar.
Ku rundi ruhande Leta Zunze ubumwe z’Amerika zagiye zishyigikira byimazeyo ibi biganiro, kuko akenshi yagiye itangaza ko ibi biganiro biganisha ku gutorera umuti ibibazo by’intambara imaze imyaka irenga 20 mu Burasirazuba bwa Congo.
Perezida Donald Trump ubwe yanatangaje ko yizeye ko amahoro agiye kuboneka muri RDC, ndetse agaragaza ko ayo mahoro azafasha ishoramari ryo mu bihugu byo mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi.
Imirwano imaze hafi imyaka itatu ihanganishije AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa imaze guhitana abasivili babarirwa mu bihumbi amagana, abandi benshi berekeje mu buhungiro.
Mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka wa 2025, Qatar yahuje perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, aho bombi bahise batangaza guhagarika imirwano bidatinze.
Ibi biganiro by’abakuru b’ibihugu u Rwanda na Congo, byakurikiwe n’ibyahuje AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.
Ibi byabaye mu gihe guverinoma ya Congo yari yaranze mbere gahunda iyo ari yo yose, yayihuza n’umutwe wa M23 uyirwanya, kabone nubwo kuri ubu bari kuganira.