• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku ngabo za Malawi ziri kuvanwa muri RDC.

minebwenews by minebwenews
February 6, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku ngabo za Malawi ziri kuvanwa muri RDC.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku ngabo za Malawi ziri kuvanwa muri RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi, yategetse umugaba w’ingabo z’iki gihugu guhita yitegura kuvana vuba ingabo za Malawi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni bikubiye mu itangazo ryasomwe kuri televisiyo y’igihugu, aho ryashyizwe hanze n’umukuru w’igihugu cya Malawi ku mugoroba w’ahar’ejo tariki ya 05/02/2025.

Ingabo za Malawi ziri muri RDC mu butumwa bwa SAMIDRC bw’umuryango w’iterambere ry’ibihugu rya Afrika y’Amajy’epfo kuva mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iryo tangazo rivuga ko iki cyemezo cya perezida Lazarus Chakwera kigendanye no kubahiriza itangazo ry’agahenge ku mpande zirimo kurwana, gusa iryo tangazo ryatanzwe n’uruhande rw’umutwe wa M23.

Muri iryo tangazo harimo ko ibyo gucura ingabo za Malawi bizaha inzira ibiganiro biteganijwe byo kugera ku mahoro arambye.

Lazarus Chakwera ategetse ibyo gucura ingabo z’iki gihugu cye, mu gihe byari biheruka gutangazwa ko abasirikare be bari gupfira mu ntambara bahanganyemo n’umutwe wa M23, aho ndetse itangazo riheruka gushyirwa hanze n’ubuyobozi bwa SAMIDRC bwemeje ko zapfushije batatu, ariko amakuru yo ku ruhande yemeza ababariwa mu mirongo.

Afrika y’Epfo, Tanzania na Malawi ni byo bihugu byo muri SADC byohereje ingabo muri RDC gufasha igisirikare cy’iki gihugu kurwanya umutwe wa M23.

Umubare nyawo w’ingabo Malawi yohereje mu butumwa bwa SAMIDRC ntabwo uzwi neza, ariko havugwa batayo imwe.

Bitewe n’imiterere y’igisirikare cya buri gihugu, batayo imwe ishobora kubamo abasirikare bari hagati ya 300 kugera ku 1000.

Hagataho, imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, irakomeje aho no ku munsi w’ejo hashize habaye imirwano ikaze, ikaba yarimo ibera i Nyabibwe muri teritware ya Kalehe muri Kivu y’Amajy’epfo.

Umuvugizi wa Leta ya Kinshasa yabwiye itangaza makuru ko umutwe wa M23, kwari wo warenze ku gahenge wari watangaje, kandi ko kari kamaze umunsi umwe gusa.

Ntacyo umutwe wa M23 urabivugaho, ariko amasoko yacu atandukanye yemeza ko uruhande rwa Leta kwa rirwo rwateye mu birindiro bya M23 bya Nyabibwe, ariko abarwanyi b’uyu mutwe bakaza gusubiza inyuma icyo gitero.

Aka gace ka Nyabibwe kari mu ntera y’ibirometero biri hagati ya 54 na 70 uvuye mu mujyi wa Bukavu.

Ikindi kandi nuko aka gace ka Nyabibwe gaherereye hafi y’ikiyaga cya Kivu, kakaba kari mu ntera y’ibirometero 20 uvuye muri centre ya Kavumu irimo ikibuga cy’indege cya Bukavu. Mu gihe kuva kuri iki kibuga cy’indege cya Kavumu kugera mu mujyi wa Bukavu, bitwara ibirometero 40.

Tags: IngaboM23MalawiRdcSADCSamidrc
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Ndayishimiye yagaragaje ahandi intambara izerekeza nyuma y’u Burasirazuba bwa RDC.

Mu Burundi bamaganye perezida Evariste Ndayishimiye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?