• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku ngabo za Malawi ziri kuvanwa muri RDC.

minebwenews by minebwenews
February 6, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku ngabo za Malawi ziri kuvanwa muri RDC.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku ngabo za Malawi ziri kuvanwa muri RDC.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi, yategetse umugaba w’ingabo z’iki gihugu guhita yitegura kuvana vuba ingabo za Malawi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni bikubiye mu itangazo ryasomwe kuri televisiyo y’igihugu, aho ryashyizwe hanze n’umukuru w’igihugu cya Malawi ku mugoroba w’ahar’ejo tariki ya 05/02/2025.

Ingabo za Malawi ziri muri RDC mu butumwa bwa SAMIDRC bw’umuryango w’iterambere ry’ibihugu rya Afrika y’Amajy’epfo kuva mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iryo tangazo rivuga ko iki cyemezo cya perezida Lazarus Chakwera kigendanye no kubahiriza itangazo ry’agahenge ku mpande zirimo kurwana, gusa iryo tangazo ryatanzwe n’uruhande rw’umutwe wa M23.

Muri iryo tangazo harimo ko ibyo gucura ingabo za Malawi bizaha inzira ibiganiro biteganijwe byo kugera ku mahoro arambye.

Lazarus Chakwera ategetse ibyo gucura ingabo z’iki gihugu cye, mu gihe byari biheruka gutangazwa ko abasirikare be bari gupfira mu ntambara bahanganyemo n’umutwe wa M23, aho ndetse itangazo riheruka gushyirwa hanze n’ubuyobozi bwa SAMIDRC bwemeje ko zapfushije batatu, ariko amakuru yo ku ruhande yemeza ababariwa mu mirongo.

Afrika y’Epfo, Tanzania na Malawi ni byo bihugu byo muri SADC byohereje ingabo muri RDC gufasha igisirikare cy’iki gihugu kurwanya umutwe wa M23.

Umubare nyawo w’ingabo Malawi yohereje mu butumwa bwa SAMIDRC ntabwo uzwi neza, ariko havugwa batayo imwe.

Bitewe n’imiterere y’igisirikare cya buri gihugu, batayo imwe ishobora kubamo abasirikare bari hagati ya 300 kugera ku 1000.

Hagataho, imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, irakomeje aho no ku munsi w’ejo hashize habaye imirwano ikaze, ikaba yarimo ibera i Nyabibwe muri teritware ya Kalehe muri Kivu y’Amajy’epfo.

Umuvugizi wa Leta ya Kinshasa yabwiye itangaza makuru ko umutwe wa M23, kwari wo warenze ku gahenge wari watangaje, kandi ko kari kamaze umunsi umwe gusa.

Ntacyo umutwe wa M23 urabivugaho, ariko amasoko yacu atandukanye yemeza ko uruhande rwa Leta kwa rirwo rwateye mu birindiro bya M23 bya Nyabibwe, ariko abarwanyi b’uyu mutwe bakaza gusubiza inyuma icyo gitero.

Aka gace ka Nyabibwe kari mu ntera y’ibirometero biri hagati ya 54 na 70 uvuye mu mujyi wa Bukavu.

Ikindi kandi nuko aka gace ka Nyabibwe gaherereye hafi y’ikiyaga cya Kivu, kakaba kari mu ntera y’ibirometero 20 uvuye muri centre ya Kavumu irimo ikibuga cy’indege cya Bukavu. Mu gihe kuva kuri iki kibuga cy’indege cya Kavumu kugera mu mujyi wa Bukavu, bitwara ibirometero 40.

Tags: IngaboM23MalawiRdcSADCSamidrc
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Ndayishimiye yagaragaje ahandi intambara izerekeza nyuma y’u Burasirazuba bwa RDC.

Mu Burundi bamaganye perezida Evariste Ndayishimiye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?