Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku ngabo za Malawi ziri kuvanwa muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 6, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku ngabo za Malawi ziri kuvanwa muri RDC.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku ngabo za Malawi ziri kuvanwa muri RDC.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi, yategetse umugaba w’ingabo z’iki gihugu guhita yitegura kuvana vuba ingabo za Malawi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni bikubiye mu itangazo ryasomwe kuri televisiyo y’igihugu, aho ryashyizwe hanze n’umukuru w’igihugu cya Malawi ku mugoroba w’ahar’ejo tariki ya 05/02/2025.

Ingabo za Malawi ziri muri RDC mu butumwa bwa SAMIDRC bw’umuryango w’iterambere ry’ibihugu rya Afrika y’Amajy’epfo kuva mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iryo tangazo rivuga ko iki cyemezo cya perezida Lazarus Chakwera kigendanye no kubahiriza itangazo ry’agahenge ku mpande zirimo kurwana, gusa iryo tangazo ryatanzwe n’uruhande rw’umutwe wa M23.

Muri iryo tangazo harimo ko ibyo gucura ingabo za Malawi bizaha inzira ibiganiro biteganijwe byo kugera ku mahoro arambye.

Lazarus Chakwera ategetse ibyo gucura ingabo z’iki gihugu cye, mu gihe byari biheruka gutangazwa ko abasirikare be bari gupfira mu ntambara bahanganyemo n’umutwe wa M23, aho ndetse itangazo riheruka gushyirwa hanze n’ubuyobozi bwa SAMIDRC bwemeje ko zapfushije batatu, ariko amakuru yo ku ruhande yemeza ababariwa mu mirongo.

Afrika y’Epfo, Tanzania na Malawi ni byo bihugu byo muri SADC byohereje ingabo muri RDC gufasha igisirikare cy’iki gihugu kurwanya umutwe wa M23.

Umubare nyawo w’ingabo Malawi yohereje mu butumwa bwa SAMIDRC ntabwo uzwi neza, ariko havugwa batayo imwe.

Bitewe n’imiterere y’igisirikare cya buri gihugu, batayo imwe ishobora kubamo abasirikare bari hagati ya 300 kugera ku 1000.

Hagataho, imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, irakomeje aho no ku munsi w’ejo hashize habaye imirwano ikaze, ikaba yarimo ibera i Nyabibwe muri teritware ya Kalehe muri Kivu y’Amajy’epfo.

Umuvugizi wa Leta ya Kinshasa yabwiye itangaza makuru ko umutwe wa M23, kwari wo warenze ku gahenge wari watangaje, kandi ko kari kamaze umunsi umwe gusa.

Ntacyo umutwe wa M23 urabivugaho, ariko amasoko yacu atandukanye yemeza ko uruhande rwa Leta kwa rirwo rwateye mu birindiro bya M23 bya Nyabibwe, ariko abarwanyi b’uyu mutwe bakaza gusubiza inyuma icyo gitero.

Aka gace ka Nyabibwe kari mu ntera y’ibirometero biri hagati ya 54 na 70 uvuye mu mujyi wa Bukavu.

Ikindi kandi nuko aka gace ka Nyabibwe gaherereye hafi y’ikiyaga cya Kivu, kakaba kari mu ntera y’ibirometero 20 uvuye muri centre ya Kavumu irimo ikibuga cy’indege cya Bukavu. Mu gihe kuva kuri iki kibuga cy’indege cya Kavumu kugera mu mujyi wa Bukavu, bitwara ibirometero 40.

Tags: IngaboM23MalawiRdcSADCSamidrc
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Ndayishimiye yagaragaje ahandi intambara izerekeza nyuma y’u Burasirazuba bwa RDC.

Mu Burundi bamaganye perezida Evariste Ndayishimiye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?