• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 17, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Mu Burundi bamaganye perezida Evariste Ndayishimiye.

minebwenews by minebwenews
February 6, 2025
in World News
0
Perezida Ndayishimiye yagaragaje ahandi intambara izerekeza nyuma y’u Burasirazuba bwa RDC.
131
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Burundi bamaganye perezida Evariste Ndayishimiye.

Amashirahamwe y’Abarundi atandukanye akorera imbere mu gihugu cy’u Burundi, yumvikanye ari kwamagana ubutegetsi bw’iki gihugu kubijanye n’intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho ingabo z’iki gihugu cyabo zoherejwe kurwanya umutwe wa M23.

READ ALSO

Canada n’u Burayi Mu Mushinga Mushya w’Imibanire, Trump Akangisha Ingamba Zikomeye ku Misoro

Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?

Ni amashirahamwe arimo CAPES+, FOLUCON.F na ACOPA Burundi, ishinzwe guharanira amahoro n’umutekano mu Burundi, n’ayandi yafashe iya mbere mu kwamagana intambara ingabo z’iki gihugu cyabo zoherejwemo muri RDC gufasha igisirikare cy’iki gihugu (FARDC) ku rwanya M23.

Nk’uko bamwe mubayoboye ayo mashirahamwe babyiganiye itangaza makuru, bumvikanye bavuga ko batewe impungenge n’iriya ntambara iri kugenda isatira u Burundi, ngo nk’uko umukuru w’igihugu cyabo aheruka kubitangaza; akaba yaravuze ko u Rwanda runyuze muri m23 na Red-Tabara, rushobora gutera igihugu cyiwe.

Aya mashirahamwe kandi yashinje u Rwanda kuba inyuma y’umutwe wa M23.

Uwitwa Isaac Bakanibona ubwo yavuganaga n’ijwi ry’Amerika, dukesha iyi nkuru yagize ati: “Tubabajwe n’abantu barimo gupfira mu ntambara iri kubera mu Burasirazuba bwa RDC, kandi dusaba perezida Evariste Ndayishimiye kutivanga muri iriya ntambara.” Undi wo muri aya mashirahamwe witwa Kwizera Privat, yagize ati: “Ishirahamwe ryacu rya FOLOCON.F, mbereye umuvugizi, rifite amakuru ko u Rwanda ruri inyuma y’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC.” Kwizera yahise asaba ibihugu bindi gukora iyo bwakabaga bikarangiza iriya ntambara.

Ishyaka rya MSP rikorera mu Burundi ryatangaje ko badakekeranya ko intambara irimo kubera muri Kivu y’Amajy’epfo izahava yerekeza mu Burundi. Umunyamabanga mukuru w’iryo shyaka, Juma Omar avuga ko biteguye gufasha umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye mu gukumira ibitero byakwibasira iki gihugu cyabo bivuye muri RDC.

Muri iki gihugu cy’u Burundi, abategetsi bacyo benshi bagiye bashinja u Rwanda kuba inyuma y’umutwe wa M23 uheruka kwirukana muri Goma, ihuriro ry’ingabo rigizwe n’ingabo z’u Burundi, iza RDC, Wazalendo na FDLR.

Iz’i ngabo z’u Burundi zari zaroherejwe muri RDC gufasha igisirikare cyayo kurwana no kurinda imijyi irimo Goma, Sake, Minova na Bukavu, ibyo bice bikaba biheruka gufatwa n’uyu mutwe usibye Bukavu, ariko nayo ikaba yegerejwe gufatwa.

Kimwecyo, u Rwanda ruhakana gutera inkunga iya ri yo yose umutwe wa M23, hubwo rugashinja Leta y’u Burundi n’iya Congo Kinshasa, gukorana byahafi n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Ndetse kandi imiryango mpuzamahanga ikomeye, yagiye isaba u Rwanda guhagarika gutera inkunga umutwe wa M23, ariko kandi ikanasaba Leta ya Kinshasa kureka ubufatanye ubwo ari bwo bwose igirana n’umutwe wa FDLR.

Hagataho, intambara iri kwerekeza mu nkengero z’ikibuga cy’indege cya Kavumu, giherereye mu birometero 40 uvuye mu mujyi wa Bukavu, ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo. Iyi ntara ya Kivu y’Amajy’epfo ikaba ari yo ihana imbibi n’igihugu cy’u Burundi unyuze Uvira no mu Gatumba.

Tags: AmashirahamweBurundiEvariste NdayishimiyeIntambaraRdc

Related Posts

Canada n’u Burayi Mu Mushinga Mushya w’Imibanire, Trump Akangisha Ingamba Zikomeye ku Misoro
World News

Canada n’u Burayi Mu Mushinga Mushya w’Imibanire, Trump Akangisha Ingamba Zikomeye ku Misoro

September 17, 2026
Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?
World News

Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?

September 16, 2026
Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira
World News

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

September 10, 2026
OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo
World News

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

September 10, 2026
Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko
World News

Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko

September 9, 2026
U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza
World News

U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza

September 9, 2026
Next Post
Umutekano w’ikibuga cy’indege cya Minembwe wakajijwe.

Umutekano w'ikibuga cy'indege cya Minembwe wakajijwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Martin Fayulu Yashyize Hanze Ibyamubayeho mu Myigaragambyo ya C64; Anagaragaza Ibyo Yasabye Abapolisi
  • RDC : L’Assemblée nationale rejette la participation de l’AFC/M23 au dialogue national et fixe une ligne rouge
  • Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yanze uruhare rwa AFC/M23 mu biganiro by’Abanyekongo, ishyiraho umurong
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?