Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku rugamba rukomeye rwabereye i Ngungu muri Masisi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 15, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku rugamba rukomeye rwabereye i Ngungu muri Masisi.
164
SHARES
4.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku rugamba rukomeye rwabereye i Ngungu muri Masisi.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Kuri uyu wa gatatu, itariki ya 15/01/2025, muri centre ya Ngungu ho muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu Yaruguru, habyukiye intambara ikomeye hagati y’umutwe wa M23 n’ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, maze uriya mutwe wigaranzura ririya huriro, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Iyi mirwano, amasoko yacu avuga ko yari komeye kandi ko byarangiye ihuriro ry’abarwana ku ruhande rwa Leta bahunze muri kariya gace, ubundi M23 irakigarurira kose.

Kuva mu Cyumweru gishize aka gace kagiye kaberamo imirwano, ndetse kumenya uruhande rukagenzura byari ihurizo rikomeye.

Ariko nk’uko amasoko yacu atandukanye dukesha iyi nkuru abivuga, buri ruhande rwari rufite agace ruyoboye, kuko Ngungu ni Localité, kandi ikaba ari agace kagutse.

Gusa mu ntambara zabaye mu mwaka ushize, umutwe wa M23 wari warakigaruriye, ukaba wari ukamazemo amezi arenga icyenda.

Nyamara mu mirwano yabaye uyu munsi, umutwe wa M23 wakabohoje kose.
Umuvugizi w’ungirije wa M23, Oscar Barinda, yari aheruka no gutangaza ko bikuye muri ako gace kumpamvu zokwanga kurwanira mu baturage, ari nabwo FARDC n’abambari bayo bahise batangaza ko bafashe Ngungu.

Icyo gihe Leta ya Kinshasa ni bwo yahise itanga agashimwe kuri buri musirikare winjiye muri ako gace, kandi buri wese ahabwa idorali makumyabiri z’Amerika.

Minembwe.com yanahawe n’ubuhamya bw’umusirikare wa Leta aho yagize ati: “Leta yari yaduhaye agashimwe, kuko twinjiye muri Ngungu. Buri musirikare yariko ahabwa 20$, none M23 yongeye kutwirukana.”

Ubu buhamya bukomeza bugira buti: “Ngungu twayivuyemo nabi. M23 yahafashe hose.”

Iyi nkuru inavuga kandi ko urugamba rwabereye i Ngungu rwaguyemo abasirikare 215 bo ku ruhande rwa Leta, kandi ko 70% by’abapfuye ari abasirikare b’u Burundi, ndetse kandi muri aba bapfuye barimo n’abofisiye bakuru, nk’uko byakomeje bivugwa na Oscar Barinda.

Ariko kugeza ubu ntacyo uruhande rwa Leta ruratangaza kuri iyi nkuru.

Urubuga ruri muzikunda gutangaza intambara ibera muri Masisi, rwagize ruti: “Abana b’u Burundi baguye ku rugamba ari benshi i Ngungu muri teritware ya Masisi.”

Urwo rubuga rwanavuze ko iyo operasiyo Leta yari yayihaye izina rya “Caterpillar,” aho yari ifite intego yo kwirukana umutwe wa M23 muri ako gace.

Gusa birangiye ingabo za, FARDC, FDLR, Wazalendo, ingabo z’u Burundi n’abacanchuro ari bo birukanywe muri kariya gace.

Kurundi ruhande, amakuru avuga ko mu mirwano yabereye muri teritware ya Nyiragongo M23 yafashe akandi gace kitwa Nditi.

Tags: M23MasisiNgunguOperasiyo
Share66Tweet41Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ni bura abasirikare b’u Burundi 1000 kirenga, nibo bamaze kugwa muri Masisi.

Ni bura abasirikare b'u Burundi 1000 kirenga, nibo bamaze kugwa muri Masisi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?