Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku ruzinduko rudasanzwe Tshisekedi yagiriye i Bujumbura, n’uko intambara ihagaze muri Lubero.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 23, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku ruzinduko rudasanzwe Tshisekedi yagiriye i Bujumbura, n’uko intambara ihagaze muri Lubero.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku ruzinduko rudasanzwe Tshisekedi yagiriye i Bujumbura, n’uko intambara ihagaze muri Lubero.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko rudasanzwe i Bujumbura mu Burundi aho yabonanye mu muhezo n’umukuru w’iki gihugu cy’u Burundi, ariko rukitwa urudasanzwe kuko nta binyamakuru byigeze byemererwa kuja gufata amashusho cyangwa kugira icyo bibaza, nk’uko amakuru ava mu Burundi abivuga.

Ahar’ejo tariki ya 22/12/2024 ni bwo Tshisekedi yageze i Burundi yakirirwa ku kibuga cy’indege cya Bujumbura.
Tshisekedi yageze i Burundi avuye i Brazzaville muri Congo.

Mu makuru yatangajwe n’ibiro by’umukuru w’iki gihugu cy’u Burundi, avuga ko perezida Félix Tshisekedi yagendereye u Burundi mu rwego rwo gukomeza umubano w’ibihugu byombi.

Ku rundi ruhande bivugwa ko uru ruzinduko rwari rugamije kurebera hamwe iby’intambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC. Aya makuru avuga ko umubonano wa Evariste Ndayishimiye na Félix Tshisekedi ku kibuga cy’indege cya Bujumbura wamaze isaha zibiri gusa.

U Burundi busanzwe bwarohereje Ingabo zayo gufasha igisirikare cya Leta ya Kinshasa mu ntambara gihanganyemo n’umutwe wa M23 mu ntara ya Kivu Yaruguru.

Bivugwa ko amabatayo arenga 10 y’abasirikare b’u Burundi ari yo yoherejwe gufasha igisirikare cya RDC, nacyo gisanzwe gifashwa na SADC n’abarwanyi ba FDLR ndetse na Wazalendo.

Uru rugendo Félix Tshisekedi arukoze mu gihe intambara yongeye gukomera muri teritware ya Lubero, ni mu gihe uyu mutwe urwana n’ingabo ze ukomeje kwigarurira ibice byinshi byo muri iyi teritwari ya Lubero. Ndetse kuri ubu ubwoba ni bwinshi ko umujyi wa Butembo na Centre ya Lubero bija mu maboko yuriya mutwe.

Nyuma y’aho M23 yari maze gufata uduce twa Kiserera na Takiha n’indi mijyi irimo Alimbongo.

Kimweho muri iyi minsi ingabo z’u Burundi ntizagaragaye mu ntambara ibera muri Lubero, bikavugwa ko zitagihembwa nk’uko byari bitegekanyijwe, akaba ari byo Tshisekedi yaje kuganira na Evariste Ndayishimiye.

Ikindi nuko abasirikare b’u Burundi bameze nk’abacanshuro(mercenaires) kuko ntibahabwa amafaranga bakorera, uretse duke twintica ntikize bahabwa; amafaranga barwanira aribwa n’abategetsi bo hejuru mu Burundi. Rugikubita abasirikare b’u Burundi barwana bitwa Wazalendo kuko bambaraga uniform y’igisikare cya FARDC. Gusa ubuho byarahimdutse barwana bambaye impuzakano y’igisikare cy’u Burundi (FDNB).

Nyamara kandi Tshisekedi muri iyi minsi asa nuri gutunganya igisirikare cye, aho kuri ubu ari gushyira abasirikare ba Banyamulenge imbere kugira ngo ari bo bahangana na M23.

Ibyo benshi babona ko abo bayobozi bakomeye bashyinzwe urugamba bazagenda bohereza ingabo z’u Burundi ku mirongo y’imbere y’urugamba ibizatuma Abarundi bapfa cyane, maze mu Burundi hakaba ikiborogo nk’icyabaye mw’ikubitiro ubwo abo muri iz’i ngabo z’u Burundi bagiye bafatwa matekwa abandi bagapfira mu ntambara, ahanini mu mpera z’u mwaka ushize.

Tags: LuberoNdayishimiyeTshisekedi
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Imirwano ikaze muri Lubero hagati ya M23 n’ingabo za RDC.

Imirwano ikaze muri Lubero hagati ya M23 n'ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?