• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 15, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku ruzinduko rudasanzwe Tshisekedi yagiriye i Bujumbura, n’uko intambara ihagaze muri Lubero.

minebwenews by minebwenews
December 23, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku ruzinduko rudasanzwe Tshisekedi yagiriye i Bujumbura, n’uko intambara ihagaze muri Lubero.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku ruzinduko rudasanzwe Tshisekedi yagiriye i Bujumbura, n’uko intambara ihagaze muri Lubero.

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko rudasanzwe i Bujumbura mu Burundi aho yabonanye mu muhezo n’umukuru w’iki gihugu cy’u Burundi, ariko rukitwa urudasanzwe kuko nta binyamakuru byigeze byemererwa kuja gufata amashusho cyangwa kugira icyo bibaza, nk’uko amakuru ava mu Burundi abivuga.

READ ALSO

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

Ahar’ejo tariki ya 22/12/2024 ni bwo Tshisekedi yageze i Burundi yakirirwa ku kibuga cy’indege cya Bujumbura.
Tshisekedi yageze i Burundi avuye i Brazzaville muri Congo.

Mu makuru yatangajwe n’ibiro by’umukuru w’iki gihugu cy’u Burundi, avuga ko perezida Félix Tshisekedi yagendereye u Burundi mu rwego rwo gukomeza umubano w’ibihugu byombi.

Ku rundi ruhande bivugwa ko uru ruzinduko rwari rugamije kurebera hamwe iby’intambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC. Aya makuru avuga ko umubonano wa Evariste Ndayishimiye na Félix Tshisekedi ku kibuga cy’indege cya Bujumbura wamaze isaha zibiri gusa.

U Burundi busanzwe bwarohereje Ingabo zayo gufasha igisirikare cya Leta ya Kinshasa mu ntambara gihanganyemo n’umutwe wa M23 mu ntara ya Kivu Yaruguru.

Bivugwa ko amabatayo arenga 10 y’abasirikare b’u Burundi ari yo yoherejwe gufasha igisirikare cya RDC, nacyo gisanzwe gifashwa na SADC n’abarwanyi ba FDLR ndetse na Wazalendo.

Uru rugendo Félix Tshisekedi arukoze mu gihe intambara yongeye gukomera muri teritware ya Lubero, ni mu gihe uyu mutwe urwana n’ingabo ze ukomeje kwigarurira ibice byinshi byo muri iyi teritwari ya Lubero. Ndetse kuri ubu ubwoba ni bwinshi ko umujyi wa Butembo na Centre ya Lubero bija mu maboko yuriya mutwe.

Nyuma y’aho M23 yari maze gufata uduce twa Kiserera na Takiha n’indi mijyi irimo Alimbongo.

Kimweho muri iyi minsi ingabo z’u Burundi ntizagaragaye mu ntambara ibera muri Lubero, bikavugwa ko zitagihembwa nk’uko byari bitegekanyijwe, akaba ari byo Tshisekedi yaje kuganira na Evariste Ndayishimiye.

Ikindi nuko abasirikare b’u Burundi bameze nk’abacanshuro(mercenaires) kuko ntibahabwa amafaranga bakorera, uretse duke twintica ntikize bahabwa; amafaranga barwanira aribwa n’abategetsi bo hejuru mu Burundi. Rugikubita abasirikare b’u Burundi barwana bitwa Wazalendo kuko bambaraga uniform y’igisikare cya FARDC. Gusa ubuho byarahimdutse barwana bambaye impuzakano y’igisikare cy’u Burundi (FDNB).

Nyamara kandi Tshisekedi muri iyi minsi asa nuri gutunganya igisirikare cye, aho kuri ubu ari gushyira abasirikare ba Banyamulenge imbere kugira ngo ari bo bahangana na M23.

Ibyo benshi babona ko abo bayobozi bakomeye bashyinzwe urugamba bazagenda bohereza ingabo z’u Burundi ku mirongo y’imbere y’urugamba ibizatuma Abarundi bapfa cyane, maze mu Burundi hakaba ikiborogo nk’icyabaye mw’ikubitiro ubwo abo muri iz’i ngabo z’u Burundi bagiye bafatwa matekwa abandi bagapfira mu ntambara, ahanini mu mpera z’u mwaka ushize.

Tags: LuberoNdayishimiyeTshisekedi

Related Posts

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC
Regional Politics

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

September 15, 2026
Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza
Regional Politics

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

September 14, 2026
Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR
Regional Politics

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

September 14, 2026
Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Next Post
Imirwano ikaze muri Lubero hagati ya M23 n’ingabo za RDC.

Imirwano ikaze muri Lubero hagati ya M23 n'ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Uvira: Urugendo rwa Depite Justin Bitakwira rwateje impaka
  • U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC
  • Kinshasa: Dore Uko Urugendo rw’Imyigaragambyo Rwagenze, Aho Rwarangiye Rutageze ku Ntego
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?