• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 7, 2025
in Conflict & Security
0
Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

You might also like

Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge

Bibogo Simiyoni n’umwe mu bagabo b’intwari babayeho mu Banyamulenge, kandi banarwanye n’intambara ziremereye i Mulenge bazirwanira mu bice bitandukanye byo muri iki gice giherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, hagati mu mwaka wa 1996 na 1997 ariko bivugwa ko yarwanye n’intambara za Mai-Mai-Mulele mu myaka yo hambere.

Ni amateka Minembwe Capital News ikesha Rwambuko Zaloti na we uri mu barwanye intambara nyinshi i Mulenge, akaba kandi yarazirwananye na Bibogo.

Yavuze ko Bibogo yarwanye intambara ya “songa mbere,” avuga ko icyo gihe kwari bwo Mai Mai yagabye ibitero by’umusubirizo mu gice cya mu Mibunda giherereye muri secteur ya Itombwe teritware ya Mwenga.

Zaloti asobanura ko ibitero Bibogo yarwanye anagira uruhare runini rwo kubisubiza inyuma anabyandikamo n’amateka akomeye, ngo ni byagabwe ahitwa mu Gashorero, Maranda, kwa Manege no kuri Nyawivubira.

Avuga ko ibyo yabikoraga arikumwe n’abandi bari abahanga mu kurasa, kuko urusasu rwabo rutagendaga gutyo, abo ni Munini, Rwakajonge na Rukangaga.

Ati: “Bibogo nta bwoba bwabaga mu nda ye, kandi yari umuhanga mu kurwana no kurasa. Ntiyahushaga. Yabaga kandi ari kumwe na Minini, Rwakajonge na Rukangaga.”

Yakomeje asobanura ko nta gitero cyagabwe muri turiya duce hagati muri iriya myaka yavuzwe haruguru, ngo bareke kugisubiza inyuma.

Ati: “Ntahantu twigeze twumva cyangwa twabonye Bibogo yahunze, cyangwa yatsinzwe intambara. Ntaho. Kandi nanjye nabaga ndi kumwe na we.”

Avuga ko yaje kugwa i Gipombo, mu gitero Mai Mai yari yagabye mu biraro by’i nka.

Ati: “Twararwanye i Gipombo Mai Mai irahunga, turayikurikira turikumwe na Bibogo, ariko yaje kuraswa n’umu-Mai-Mai wari wikinze ku giti cy’umugomero amurasisha imbunda ya M16 arapfa.”

Zaloti yavuze ko Bibogo yapfanye n’uwitwa Rukangaga n’umusirikare w’Umurundi warwanaga ku ruhande rwa AFDL.
Ariko uriya mu Mai Mai wabarashe na we yaje kuraswa na Munini arapfa.

Mu 1970 ni bwo Bibogo yinjiye i Kigiriye, mu rwego rwo kugira ngo arwanirire Abanyamulenge bagabwaho ibitero na Mai-Mai-Mulele.

Hari nyuma y’aho abiwabo bari bahunze bava i Ngandji, kandi bahavuye banyazwe ibyabo na Mai-Mai-Mulele. Bageze mu Mikarati akora amafunzo bahabwaga mu kigiriye ahabwa n’imbunda atangira kurwana.

Gusa muri icyo gihe Mai-Mai-Mulele yari tangiye gucogora, kuko byageze mu 1979 iraga yose haba amasezerano hagati yayo na Banyamulenge ko batazongera kurwana no kugaba ibitero. Ariko ibi ngo byatewe n’uko Abanyamulenge bari barahugurutse ku bwinshi mu kwirwanaho.

Nyuma yabwo, Bibogo yavuye mu kigiriye, abagisigayemo ni nabo baje kwinjira igisirikare cya Zaïre mu 1984, we asubira mubuzima busanzwe. Imbunda yasubiye kuyifata mu mwaka wa 1996, ubwo AFDL yatangizaga intambara yo gukuraho perezida Mobutu.

Bigeze mu mpera z’umwaka wa 1997, aratabaruka.

Si mu Mibunda gusa Bibogo yatabaye Abanyamulenge, kuko yabatabaye ahantu henshi hatandukanye babaga batewe, mu Lulenge, i Ndondo na za Gatongo n’ahandi.

Uyu ari mu bagabo Abanyamulenge batazigera bi bagirwa ahanini ku babaye mu Mibunda no mu Minembwe.

Bibogo ni mwene Munyankiko, bivugwa ko yasize abana 9, abahungu 6 n’abakobwa batatu. Gusa ababiri mu bahungu yasize na bo baje kwicwa n’intambara.

Tags: BibogoIntwariMibunda
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

by Bahanda Bruce
September 7, 2025
0
Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y'urupfu n'umupfumu Brigadier General Olivier Gasita woherejwe na perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo...

Read moreDetails

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

by Bahanda Bruce
September 7, 2025
0
FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, cyatangaje ko nubwo gikorana na Wazalendo, kidafite ububasha bwo kuyigenzura kandi ko yahawe intwaro na...

Read moreDetails

Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge

Byishimo Patrick explained how FARDC, FDLR, and Burundian soldiers are committing genocide against the Banyamulenge. Byishimo Patrick, who is in the hills of Mulenge, explained that the Congolese...

Read moreDetails

Uri Ruguru yasobanuye uburyo FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi ziri gukorera Abanyamulenge jenoside

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Uri Ruguru yasobanuye uburyo FARDC, FDLR n'Ingabo z'u Burundi ziri gukorera Abanyamulenge jenoside Byishimo Patrick uherereye mu misozi y'i Mulenge yasobanuye ko Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo

Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo Uwiyita General Hamuri Yakutumba akaba anakuriye Wazalendo muri Uvira muri Kivu y'Amajyepfo, yavuze ko muri iki gice batagishakamo Brigadier...

Read moreDetails
Next Post
FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?