• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 7, 2025
in Conflict & Security
0
Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

You might also like

L’AFC/M23 annonce un programme d’échange de prisonniers avec le gouvernement de Kinshasa, basé sur les accords de la Suisse

AFC/M23 yatangaje gahunda yo guhererekanya imfungwa na Leta ya Kinshasa hashingiwe ku masezerano yo mu Busuwisi

James Swan Visits Goma, an Area Controlled by the AFC/M23 Alliance

Bibogo Simiyoni n’umwe mu bagabo b’intwari babayeho mu Banyamulenge, kandi banarwanye n’intambara ziremereye i Mulenge bazirwanira mu bice bitandukanye byo muri iki gice giherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, hagati mu mwaka wa 1996 na 1997 ariko bivugwa ko yarwanye n’intambara za Mai-Mai-Mulele mu myaka yo hambere.

Ni amateka Minembwe Capital News ikesha Rwambuko Zaloti na we uri mu barwanye intambara nyinshi i Mulenge, akaba kandi yarazirwananye na Bibogo.

Yavuze ko Bibogo yarwanye intambara ya “songa mbere,” avuga ko icyo gihe kwari bwo Mai Mai yagabye ibitero by’umusubirizo mu gice cya mu Mibunda giherereye muri secteur ya Itombwe teritware ya Mwenga.

Zaloti asobanura ko ibitero Bibogo yarwanye anagira uruhare runini rwo kubisubiza inyuma anabyandikamo n’amateka akomeye, ngo ni byagabwe ahitwa mu Gashorero, Maranda, kwa Manege no kuri Nyawivubira.

Avuga ko ibyo yabikoraga arikumwe n’abandi bari abahanga mu kurasa, kuko urusasu rwabo rutagendaga gutyo, abo ni Munini, Rwakajonge na Rukangaga.

Ati: “Bibogo nta bwoba bwabaga mu nda ye, kandi yari umuhanga mu kurwana no kurasa. Ntiyahushaga. Yabaga kandi ari kumwe na Minini, Rwakajonge na Rukangaga.”

Yakomeje asobanura ko nta gitero cyagabwe muri turiya duce hagati muri iriya myaka yavuzwe haruguru, ngo bareke kugisubiza inyuma.

Ati: “Ntahantu twigeze twumva cyangwa twabonye Bibogo yahunze, cyangwa yatsinzwe intambara. Ntaho. Kandi nanjye nabaga ndi kumwe na we.”

Avuga ko yaje kugwa i Gipombo, mu gitero Mai Mai yari yagabye mu biraro by’i nka.

Ati: “Twararwanye i Gipombo Mai Mai irahunga, turayikurikira turikumwe na Bibogo, ariko yaje kuraswa n’umu-Mai-Mai wari wikinze ku giti cy’umugomero amurasisha imbunda ya M16 arapfa.”

Zaloti yavuze ko Bibogo yapfanye n’uwitwa Rukangaga n’umusirikare w’Umurundi warwanaga ku ruhande rwa AFDL.
Ariko uriya mu Mai Mai wabarashe na we yaje kuraswa na Munini arapfa.

Mu 1970 ni bwo Bibogo yinjiye i Kigiriye, mu rwego rwo kugira ngo arwanirire Abanyamulenge bagabwaho ibitero na Mai-Mai-Mulele.

Hari nyuma y’aho abiwabo bari bahunze bava i Ngandji, kandi bahavuye banyazwe ibyabo na Mai-Mai-Mulele. Bageze mu Mikarati akora amafunzo bahabwaga mu kigiriye ahabwa n’imbunda atangira kurwana.

Gusa muri icyo gihe Mai-Mai-Mulele yari tangiye gucogora, kuko byageze mu 1979 iraga yose haba amasezerano hagati yayo na Banyamulenge ko batazongera kurwana no kugaba ibitero. Ariko ibi ngo byatewe n’uko Abanyamulenge bari barahugurutse ku bwinshi mu kwirwanaho.

Nyuma yabwo, Bibogo yavuye mu kigiriye, abagisigayemo ni nabo baje kwinjira igisirikare cya Zaïre mu 1984, we asubira mubuzima busanzwe. Imbunda yasubiye kuyifata mu mwaka wa 1996, ubwo AFDL yatangizaga intambara yo gukuraho perezida Mobutu.

Bigeze mu mpera z’umwaka wa 1997, aratabaruka.

Si mu Mibunda gusa Bibogo yatabaye Abanyamulenge, kuko yabatabaye ahantu henshi hatandukanye babaga batewe, mu Lulenge, i Ndondo na za Gatongo n’ahandi.

Uyu ari mu bagabo Abanyamulenge batazigera bi bagirwa ahanini ku babaye mu Mibunda no mu Minembwe.

Bibogo ni mwene Munyankiko, bivugwa ko yasize abana 9, abahungu 6 n’abakobwa batatu. Gusa ababiri mu bahungu yasize na bo baje kwicwa n’intambara.

Tags: BibogoIntwariMibunda
Share36Tweet22Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

L’AFC/M23 annonce un programme d’échange de prisonniers avec le gouvernement de Kinshasa, basé sur les accords de la Suisse

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
L’AFC/M23 annonce un programme d’échange de prisonniers avec le gouvernement de Kinshasa, basé sur les accords de la Suisse

L’AFC/M23 annonce un programme d’échange de prisonniers avec le gouvernement de Kinshasa, basé sur les accords de la Suisse Le porte-parole adjoint en charge des affaires politiques de...

Read moreDetails

AFC/M23 yatangaje gahunda yo guhererekanya imfungwa na Leta ya Kinshasa hashingiwe ku masezerano yo mu Busuwisi

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
AFC/M23 yatangaje gahunda yo guhererekanya imfungwa na Leta ya Kinshasa hashingiwe ku masezerano yo mu Busuwisi

AFC/M23 yatangaje gahunda yo guhererekanya imfungwa na Leta ya Kinshasa hashingiwe ku masezerano yo mu Busuwisi Umuvugizi wungirije mu rwego rwa politiki w’ihuriro AFC/M23, Dr Balinda, yatangaje ko...

Read moreDetails

James Swan Visits Goma, an Area Controlled by the AFC/M23 Alliance

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
James Swan yagiriye uruzinduko i Goma ahagenzurwa n’ihuriro AFC/M23

James Swan Visits Goma, an Area Controlled by the AFC/M23 Alliance James Swan, the Special Representative of the UN Secretary-General and Head of MONUSCO, arrived this Friday, April...

Read moreDetails

James Swan yagiriye uruzinduko i Goma ahagenzurwa n’ihuriro AFC/M23

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
James Swan yagiriye uruzinduko i Goma ahagenzurwa n’ihuriro AFC/M23

James Swan yagiriye uruzinduko i Goma ahagenzurwa n’ihuriro AFC/M23 James Swan, Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni akaba n’Umuyobozi wa MONUSCO, yageze kuri uyu wa Gatanu tariki ya...

Read moreDetails

Impunzi z’Abanyekongo zatangiye gutahuka iwabo

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Impunzi z’Abanyekongo zatangiye gutahuka iwabo

Impunzi z’Abanyekongo zatangiye gutahuka iwabo Nubwo umutekano utaragaruka uko bikwiye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impunzi z’Abanyekongo zari zarahungiye mu Burundi zatangiye gutahuka ku bushake,...

Read moreDetails
Next Post
FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?