• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 11, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 7, 2025
in Conflict & Security
0
Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya kuri Bibogo umwe mu ntwari zarwanye intambara zikomeye mu Mibunda

Bibogo Simiyoni n’umwe mu bagabo b’intwari babayeho mu Banyamulenge, kandi banarwanye n’intambara ziremereye i Mulenge bazirwanira mu bice bitandukanye byo muri iki gice giherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, hagati mu mwaka wa 1996 na 1997 ariko bivugwa ko yarwanye n’intambara za Mai-Mai-Mulele mu myaka yo hambere.

READ ALSO

FARDC, Ingabo z’u Burundi n’Imitwe Yitwaje Intwaro Bageze mu Bice bya Rurambo na Ndondo: Amakuru Mashya ku Miterere y’Ingabo Ziri Kuzamuka Ziva i Uvira

Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa

Ni amateka Minembwe Capital News ikesha Rwambuko Zaloti na we uri mu barwanye intambara nyinshi i Mulenge, akaba kandi yarazirwananye na Bibogo.

Yavuze ko Bibogo yarwanye intambara ya “songa mbere,” avuga ko icyo gihe kwari bwo Mai Mai yagabye ibitero by’umusubirizo mu gice cya mu Mibunda giherereye muri secteur ya Itombwe teritware ya Mwenga.

Zaloti asobanura ko ibitero Bibogo yarwanye anagira uruhare runini rwo kubisubiza inyuma anabyandikamo n’amateka akomeye, ngo ni byagabwe ahitwa mu Gashorero, Maranda, kwa Manege no kuri Nyawivubira.

Avuga ko ibyo yabikoraga arikumwe n’abandi bari abahanga mu kurasa, kuko urusasu rwabo rutagendaga gutyo, abo ni Munini, Rwakajonge na Rukangaga.

Ati: “Bibogo nta bwoba bwabaga mu nda ye, kandi yari umuhanga mu kurwana no kurasa. Ntiyahushaga. Yabaga kandi ari kumwe na Minini, Rwakajonge na Rukangaga.”

Yakomeje asobanura ko nta gitero cyagabwe muri turiya duce hagati muri iriya myaka yavuzwe haruguru, ngo bareke kugisubiza inyuma.

Ati: “Ntahantu twigeze twumva cyangwa twabonye Bibogo yahunze, cyangwa yatsinzwe intambara. Ntaho. Kandi nanjye nabaga ndi kumwe na we.”

Avuga ko yaje kugwa i Gipombo, mu gitero Mai Mai yari yagabye mu biraro by’i nka.

Ati: “Twararwanye i Gipombo Mai Mai irahunga, turayikurikira turikumwe na Bibogo, ariko yaje kuraswa n’umu-Mai-Mai wari wikinze ku giti cy’umugomero amurasisha imbunda ya M16 arapfa.”

Zaloti yavuze ko Bibogo yapfanye n’uwitwa Rukangaga n’umusirikare w’Umurundi warwanaga ku ruhande rwa AFDL.
Ariko uriya mu Mai Mai wabarashe na we yaje kuraswa na Munini arapfa.

Mu 1970 ni bwo Bibogo yinjiye i Kigiriye, mu rwego rwo kugira ngo arwanirire Abanyamulenge bagabwaho ibitero na Mai-Mai-Mulele.

Hari nyuma y’aho abiwabo bari bahunze bava i Ngandji, kandi bahavuye banyazwe ibyabo na Mai-Mai-Mulele. Bageze mu Mikarati akora amafunzo bahabwaga mu kigiriye ahabwa n’imbunda atangira kurwana.

Gusa muri icyo gihe Mai-Mai-Mulele yari tangiye gucogora, kuko byageze mu 1979 iraga yose haba amasezerano hagati yayo na Banyamulenge ko batazongera kurwana no kugaba ibitero. Ariko ibi ngo byatewe n’uko Abanyamulenge bari barahugurutse ku bwinshi mu kwirwanaho.

Nyuma yabwo, Bibogo yavuye mu kigiriye, abagisigayemo ni nabo baje kwinjira igisirikare cya Zaïre mu 1984, we asubira mubuzima busanzwe. Imbunda yasubiye kuyifata mu mwaka wa 1996, ubwo AFDL yatangizaga intambara yo gukuraho perezida Mobutu.

Bigeze mu mpera z’umwaka wa 1997, aratabaruka.

Si mu Mibunda gusa Bibogo yatabaye Abanyamulenge, kuko yabatabaye ahantu henshi hatandukanye babaga batewe, mu Lulenge, i Ndondo na za Gatongo n’ahandi.

Uyu ari mu bagabo Abanyamulenge batazigera bi bagirwa ahanini ku babaye mu Mibunda no mu Minembwe.

Bibogo ni mwene Munyankiko, bivugwa ko yasize abana 9, abahungu 6 n’abakobwa batatu. Gusa ababiri mu bahungu yasize na bo baje kwicwa n’intambara.

Tags: BibogoIntwariMibunda

Related Posts

Ibyo wamenya kuri P5 yongeye kuvugwa mu misozi y’i Mulenge, nyuma yo kuzamuka imisozi ibiri hamwe na FARDC nyinshi, FDLR n’ingabo z’u Burundi
Conflict & Security

FARDC, Ingabo z’u Burundi n’Imitwe Yitwaje Intwaro Bageze mu Bice bya Rurambo na Ndondo: Amakuru Mashya ku Miterere y’Ingabo Ziri Kuzamuka Ziva i Uvira

September 11, 2026
Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa
Conflict & Security

Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa

September 10, 2026
AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse
Conflict & Security

AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse

September 10, 2026
Fizi sous haute tension : violents combats à Mulima et Nguli, Kananda au cœur des changements militaires
Conflict & Security

Fizi sous haute tension : violents combats à Mulima et Nguli, Kananda au cœur des changements militaires

September 10, 2026
Kasheke: Inkongi y’Umuriro Ihinduye Umunsi w’Amashuri Umunsi w’Amarira
Conflict & Security

Kasheke : un incendie transforme une journée scolaire en journée de deuil

September 10, 2026
Kasheke: Inkongi y’Umuriro Ihinduye Umunsi w’Amashuri Umunsi w’Amarira
Conflict & Security

Kasheke: Inkongi y’Umuriro Ihinduye Umunsi w’Amashuri Umunsi w’Amarira

September 10, 2026
Next Post
FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

FARDC yagize icyo ivuga kuri Wazalendo

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
  • FARDC, Ingabo z’u Burundi n’Imitwe Yitwaje Intwaro Bageze mu Bice bya Rurambo na Ndondo: Amakuru Mashya ku Miterere y’Ingabo Ziri Kuzamuka Ziva i Uvira
  • Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?