• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, November 28, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Ibyo wa menya kuri Thomas Lubanga washinze umutwe ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
April 3, 2025
in sport & entertainment
0
Ibyo wa menya kuri Thomas Lubanga washinze umutwe ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa Kinshasa.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya kuri Thomas Lubanga washinze umutwe ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa Kinshasa.

You might also like

Abanye-Congo Biteguye Umukino wogupfa nogukira Congo RDC vs Nigeria

Igitaramo cy’amateka: Stade yo mu Bufaransa Fally Ipupa yayujuje yose mbere y’uko igitaramo nyirizina kiba

Kitoko yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi ari mu mahanga

Thomas Lubanga abenshi ba mu menye mu makuru ubwo yacirwaga urubanza mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha ruri i Lahey mu Buholande, mu 2012 rwamuhamije ibyaha yaregwaga ubundi kandi rumukatira gufungwa imyaka 14.

Thomas Lubanga ni umugabo w’imyaka 64 y’amavuko bivugwa ko ari muri Uganda, ubu yongeye kugaruka mu makuru, nyuma y’imyaka ine afunguwe yashinze umutwe witwaje intwaro witwa Convention Pour la Révolution Populair (CRP).

Uwungirije Thomas Lubanga muri uyu mutwe, aheruka kubwira itangazamakuru ryo muri Congo ko uyu mutwe washinzwe na Thomas Lubanga ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi no kugarura demokarasi muri iki gihugu.

Ubwo Lubanga yaburanishwaga na ICC, yagaragaje ko umwirondoro we yavukiye muri Ituri mu 1960, yinjira muri politiki mu ishyaka rya MPR ryari ku butegetsi bwa Zaïre akiri umunyeshuri muri kaminuza i Kisangani aho yize amasomo y’ibijanye n’imitekerereze n’imyitwarire (Psychology).

Uwo mwirondoro ukomeza ugaragaza ko yaje guhindura ishyaka aho yaje kuja muri UDPS ya Etienne Tshisekedi aho yari akuriye urubyiruko muri yo.

Uyu Thomas Lubanga ni uwo mu bwoko bw’Abahema yaje kwifatanya n’umutwe witwaje intwaro wa Rassemblement Congolais pour la Démocratie (RCD) ishami rya Kisangani iryari rizwi nka RCD-KML(movement de libération), wari mu ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba yafashwaga na Uganda n’u Rwanda hagati ya 1998 na 2006 mu gihe cy’intambara ya kabiri ya Congo.

Nyuma, Lubanga yagiye mu mutwe wa MLC wa Jean Pierre Bemba Gombo, wafashwaga na Uganda, mbere yo kugaruka muri RCD akanagirwa ushinzwe Ingabo, ariko mu 2001 yahise ashinga umutwe we yise Union des Patriotes du Congo.

Tariki ya 01/12/2014 Thomas Lubanga aha yari imbere y’abacamanza i Laheye, uyu mutwe wa Thomas Lubanga wari ufatanyije na Gen Jean Bosco Ntaganda, n’abandi nka Gen Jaques Ychaligonza, washinjwe ubwicanyi bukomeye mu makimbirane hagati y’Abahema n’aba Lendu mu ntara ya Ituri.

Ahagana mu mwaka wa 2005 ni bwo Lubanga yafashwe n’ingabo za Monusco zimwohereza i Kinshasa aho yabanje kurindirwa muri Hotel ikomeye, ariko nyuma y’amezi make ajanwa muri gereza ya Kinshasa.

Mu 2006, Thomas Lubanga yagaragaye arira ubwo yari agiye kurizwa indege y’ingabo z’u Bufaransa imujana i Lahaye mu Buholande ku rukiko mpuzamahanga mpanabyaha.

Thomas Lubanga yaraburanye ahakana ibyaha byose yaregwaga ariko urwo rukiko rumuhamya kwinjiza abana mu gisirikare no kuboherereza mu ntambara. Urubanza rwe rwamaze imyaka ine.

Mu 2012, Lubanga yakatiwe gufungwa imyaka 14, imyaka ya mbere y’igifungo yayimaze muri gereza ya La Haye, mu 2015 agarurwa muri RDC gufungirwa muri gereza ya Makala iherereye i Kinshasa.

Bivugwa ko ari muri gereza i Kinshasa, Lubanga yongeye kubaka umubano n’abantu bakoranye na we hambere mu gihe yiteguraga gusohoka muri gereza.

Nyuma yo gusohoka muri gereza Thomas Lubanga n’abamushigikiye bagiye mu rusengero gushima Imana ko yarekuwe.

Mu mwaka wa 2021, perezida Felix Tshisekedi yashyizeho itsinda ryiswe “Task Force y’amahoro, ubwiyunge no kubaka Ituri” yari igamije ahanini gufasha imitwe yitwaje intwaro muri Ituri kuzishyira hasi, Tshisekedi yagize Thomas Lubanga umukuru w’iryo tsinda.

Mu kwezi kwa kabiri ku mwaka wa 2022, mu buryo butavugwaho rumwe, Thomas Lubanga na bagenzi be batandatu bari muri iyo ‘Task Force’ bari muri Ituri, bashimuswe n’umutwe wa CODECO, uyu mutwe wabarekuye nyuma y’amezi abiri.

Mu matora yo mu 20023, Thomas Lubanga yatsindiye umwanya wo kuba umudepite w’intara ya Ituri, ariko komisiyo y’amatora iramusimbuza isobanura ko umuntu wahamijwe ibyaha atagomba gutorwa, ibyo we yamaganye.

Mu 2024 Thomas Lubanga yagiye muri Uganda avuga ko ahunze.

Mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, umuvugizi w’igisirikare cya RDC mu ntara ya Ituri yatangaje ko Thomas Lubanga n’abafatanyije na we bashinze umutwe w’inyeshyamba bari muri Uganda kandi ko bafatanyije n’uwa m23.

Nyamara ibi byaje kubeshuzwa na Charles Kakuni, wungirije Thomas Lubanga aho yatangaje ko umutwe bashinze wa Convention Pour la Liberation Populair, CRP, udukorana na m23.

Uyu mutwe wa Thomas Lubanga ufite ishami rya gisirikare ryitwa “Force Pour la Révolution Populair” bivugwa ko utaratangira ibikorwa bya gisirikare muri RDC.

Abasesenguzi bavuga ko uyu mutwe ufite imbaraga kandi ko Thomas Lubanga ari umuntu ufite amaboko ni mu gihe azwi cyane mu ntara ya Ituri.

Mu Burasizuba bwa Congo busanzwe bushegeshwe n’imitwe yitwaje intwaro LONI ivuga ko ibarirwa muri 200, ubu ukomeye muri yo ni uwa m23 ugenzura ibice bitandukanye mu ntara za Kivu y’Epfo n’iya Ruguru.

Lubanga akaba ari umugabo ufite abana barindwi n’umugore umwe.

Tags: CRPIturiThomas LubangaUmuhema
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abanye-Congo Biteguye Umukino wogupfa nogukira Congo RDC vs Nigeria

by Bahanda Bruce
November 16, 2025
0
Abanye-Congo Biteguye Umukino wogupfa nogukira Congo RDC vs Nigeria

Abanye-Congo Biteguye Umukino wogupfa nogukira Congo RDC vs Nigeria Umwuka w’amashyushyu uri hejuru mu bakunzi ba Les Léopards, aho Congo RDC yitegura guhura na Nigeria mu mukino wa...

Read moreDetails

Igitaramo cy’amateka: Stade yo mu Bufaransa Fally Ipupa yayujuje yose mbere y’uko igitaramo nyirizina kiba

by Bahanda Bruce
November 14, 2025
0
Igitaramo cy’amateka: Stade yo mu Bufaransa Fally Ipupa yayujuje yose mbere y’uko igitaramo nyirizina kiba

Igitaramo cy'amateka: Stade yo mu Bufaransa Fally Ipupa yayujuje yose mbere y’uko igitaramo nyirizina kiba Umuhanzi w’icyamamare wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), Fally Ipupa, yongeye...

Read moreDetails

Kitoko yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi ari mu mahanga

by Bahanda Bruce
November 10, 2025
0
Kitoko yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi ari mu mahanga

Kitoko yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi ari mu mahanga Umuhanzi w’icyamamare Kitoko Bibarwa, ufite inkomoko mu karere k'i Mulenge muri Kivu y’Epfo, yagarutse mu Rwanda ku wa...

Read moreDetails

Vestine na Dorcas bakomeje kwandika amateka mashya muri Gospel nyarwanda

by Bahanda Bruce
November 10, 2025
0
Vestine na Dorcas bakomeje kwandika amateka mashya muri Gospel nyarwanda

Vestine na Dorcas bakomeje kwandika amateka mashya muri Gospel nyarwanda Abaririmbyikazi Vestine na Dorcas bakomeje kugaragaza ubuhanga n’ubushake bwo guteza imbere umuziki wa gospel mu Rwanda. Nyuma yo...

Read moreDetails

Uko imikino ya Premier League yagenze muri iyi weekend

by Bahanda Bruce
November 10, 2025
0
Uko imikino ya Premier League yagenze muri iyi weekend

Uko imikino ya Premier League yagenze muri iyi weekend Weekend y’iki cyumweru yari yuzuyemo ibihe bishimishije muri shampiyona ya Premier League, aho amakipe menshi yakinnye imikino ishimishije, abakinnyi...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye ibyo Gen.Gasita arimo gusaba ubuyobozi bwa FARDC.

Hamenyekanye ibyo Gen.Gasita arimo gusaba ubuyobozi bwa FARDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?