Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Ibyo wa menya kuri Thomas Lubanga washinze umutwe ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 3, 2025
in History
0
Ibyo wa menya kuri Thomas Lubanga washinze umutwe ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa Kinshasa.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya kuri Thomas Lubanga washinze umutwe ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa Kinshasa.

You might also like

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

Thomas Lubanga abenshi ba mu menye mu makuru ubwo yacirwaga urubanza mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha ruri i Lahey mu Buholande, mu 2012 rwamuhamije ibyaha yaregwaga ubundi kandi rumukatira gufungwa imyaka 14.

Thomas Lubanga ni umugabo w’imyaka 64 y’amavuko bivugwa ko ari muri Uganda, ubu yongeye kugaruka mu makuru, nyuma y’imyaka ine afunguwe yashinze umutwe witwaje intwaro witwa Convention Pour la Révolution Populair (CRP).

Uwungirije Thomas Lubanga muri uyu mutwe, aheruka kubwira itangazamakuru ryo muri Congo ko uyu mutwe washinzwe na Thomas Lubanga ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi no kugarura demokarasi muri iki gihugu.

Ubwo Lubanga yaburanishwaga na ICC, yagaragaje ko umwirondoro we yavukiye muri Ituri mu 1960, yinjira muri politiki mu ishyaka rya MPR ryari ku butegetsi bwa Zaïre akiri umunyeshuri muri kaminuza i Kisangani aho yize amasomo y’ibijanye n’imitekerereze n’imyitwarire (Psychology).

Uwo mwirondoro ukomeza ugaragaza ko yaje guhindura ishyaka aho yaje kuja muri UDPS ya Etienne Tshisekedi aho yari akuriye urubyiruko muri yo.

Uyu Thomas Lubanga ni uwo mu bwoko bw’Abahema yaje kwifatanya n’umutwe witwaje intwaro wa Rassemblement Congolais pour la Démocratie (RCD) ishami rya Kisangani iryari rizwi nka RCD-KML(movement de libération), wari mu ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba yafashwaga na Uganda n’u Rwanda hagati ya 1998 na 2006 mu gihe cy’intambara ya kabiri ya Congo.

Nyuma, Lubanga yagiye mu mutwe wa MLC wa Jean Pierre Bemba Gombo, wafashwaga na Uganda, mbere yo kugaruka muri RCD akanagirwa ushinzwe Ingabo, ariko mu 2001 yahise ashinga umutwe we yise Union des Patriotes du Congo.

Tariki ya 01/12/2014 Thomas Lubanga aha yari imbere y’abacamanza i Laheye, uyu mutwe wa Thomas Lubanga wari ufatanyije na Gen Jean Bosco Ntaganda, n’abandi nka Gen Jaques Ychaligonza, washinjwe ubwicanyi bukomeye mu makimbirane hagati y’Abahema n’aba Lendu mu ntara ya Ituri.

Ahagana mu mwaka wa 2005 ni bwo Lubanga yafashwe n’ingabo za Monusco zimwohereza i Kinshasa aho yabanje kurindirwa muri Hotel ikomeye, ariko nyuma y’amezi make ajanwa muri gereza ya Kinshasa.

Mu 2006, Thomas Lubanga yagaragaye arira ubwo yari agiye kurizwa indege y’ingabo z’u Bufaransa imujana i Lahaye mu Buholande ku rukiko mpuzamahanga mpanabyaha.

Thomas Lubanga yaraburanye ahakana ibyaha byose yaregwaga ariko urwo rukiko rumuhamya kwinjiza abana mu gisirikare no kuboherereza mu ntambara. Urubanza rwe rwamaze imyaka ine.

Mu 2012, Lubanga yakatiwe gufungwa imyaka 14, imyaka ya mbere y’igifungo yayimaze muri gereza ya La Haye, mu 2015 agarurwa muri RDC gufungirwa muri gereza ya Makala iherereye i Kinshasa.

Bivugwa ko ari muri gereza i Kinshasa, Lubanga yongeye kubaka umubano n’abantu bakoranye na we hambere mu gihe yiteguraga gusohoka muri gereza.

Nyuma yo gusohoka muri gereza Thomas Lubanga n’abamushigikiye bagiye mu rusengero gushima Imana ko yarekuwe.

Mu mwaka wa 2021, perezida Felix Tshisekedi yashyizeho itsinda ryiswe “Task Force y’amahoro, ubwiyunge no kubaka Ituri” yari igamije ahanini gufasha imitwe yitwaje intwaro muri Ituri kuzishyira hasi, Tshisekedi yagize Thomas Lubanga umukuru w’iryo tsinda.

Mu kwezi kwa kabiri ku mwaka wa 2022, mu buryo butavugwaho rumwe, Thomas Lubanga na bagenzi be batandatu bari muri iyo ‘Task Force’ bari muri Ituri, bashimuswe n’umutwe wa CODECO, uyu mutwe wabarekuye nyuma y’amezi abiri.

Mu matora yo mu 20023, Thomas Lubanga yatsindiye umwanya wo kuba umudepite w’intara ya Ituri, ariko komisiyo y’amatora iramusimbuza isobanura ko umuntu wahamijwe ibyaha atagomba gutorwa, ibyo we yamaganye.

Mu 2024 Thomas Lubanga yagiye muri Uganda avuga ko ahunze.

Mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, umuvugizi w’igisirikare cya RDC mu ntara ya Ituri yatangaje ko Thomas Lubanga n’abafatanyije na we bashinze umutwe w’inyeshyamba bari muri Uganda kandi ko bafatanyije n’uwa m23.

Nyamara ibi byaje kubeshuzwa na Charles Kakuni, wungirije Thomas Lubanga aho yatangaje ko umutwe bashinze wa Convention Pour la Liberation Populair, CRP, udukorana na m23.

Uyu mutwe wa Thomas Lubanga ufite ishami rya gisirikare ryitwa “Force Pour la Révolution Populair” bivugwa ko utaratangira ibikorwa bya gisirikare muri RDC.

Abasesenguzi bavuga ko uyu mutwe ufite imbaraga kandi ko Thomas Lubanga ari umuntu ufite amaboko ni mu gihe azwi cyane mu ntara ya Ituri.

Mu Burasizuba bwa Congo busanzwe bushegeshwe n’imitwe yitwaje intwaro LONI ivuga ko ibarirwa muri 200, ubu ukomeye muri yo ni uwa m23 ugenzura ibice bitandukanye mu ntara za Kivu y’Epfo n’iya Ruguru.

Lubanga akaba ari umugabo ufite abana barindwi n’umugore umwe.

Tags: CRPIturiThomas LubangaUmuhema
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Mu gikombe cy'isi cy'amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump. Muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika hasojwe imikino y'igikombe cy'isi cy'amakipe, aho cyegukanywe na Chelsea inyagiye PSG ibitego 3...

Read moreDetails

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 9, 2025
0
Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge. Umusesenguzi akaba n'Umujyanama w'umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho, Kabare Girinka William, yavuze ko nta muntu...

Read moreDetails

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

by Bruce Bahanda
July 8, 2025
0
Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye. Abashinwa bavumbuye uburyo bushya bwo kuvura indwara ya Diyabete yo mu bwoko bwa kabiri, bakaba bashobora gusubiza ku murongo uturemangingo twitwa beta...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

by Bruce Bahanda
July 2, 2025
0
Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y'amabuye y'agaciro cyanditswe na Mundekeza. Dr.Justin Mundekeza uri mu Banye-Congo babagenzuzi babahanga ku bijyanye na politiki y'iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

by Bruce Bahanda
June 25, 2025
0
Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n'intambara ya 3 y'isi mu gihe yoramuka ibaye. Nyuma y'aho Isi ikomeje kugarizwa n'ubushyamirane bwa politiki n'intambara hirya no hino z'urudaca, benshi batekereza...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye ibyo Gen.Gasita arimo gusaba ubuyobozi bwa FARDC.

Hamenyekanye ibyo Gen.Gasita arimo gusaba ubuyobozi bwa FARDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?